Za maneko mu murwa mukuru wa Nairobi,aho zituye zirirwa zihiga abanyarwanda b’impunzi mu gihugu cya Kenya-Nairobi.Abanyarwanda mutuye muri ibi bice tugiye kuvuga haruguru murabe maso,iyi nkuru twayikuye ku kinyamakuru gikorana na leta ya Kigali gishinzwe iterabwoba mu banyarwanda b’impunzi kwisi hose Ikazeiwacu.fr
Abakorera mu murwa wa Nairobi,mube maso kuko umwakagara yamaze gushora imari muri uwo murwa kugirango abashe kwigarurira abanyaKenya,bityo abone uburyo ahiga abatavuga rumwe nawe,baba batuye muri icyo gihugu cya Kenya.Amazu yizo za magigiri ziba muduce twa,KOMAROCK, KASARANI, RONGAI, KIKUYU, WANGIGE, AND ZAMBEZI
Bahawe amabwiriza yo kuzajya bajya gufata amashillingi kuri Ambasade y’uRwanda ihagarariwe na bwana James Kimonyo mu murwa mukuru wa Nairobi,kugirango bajye bajya mutubari,bafungure za Salon,z’Abagore,n’Abagabo
Izindi za magigiri zituye ahitwa Nairobi downtown, Kasarani, Umoja One, Langata and Nairobi West, and Kiambu Road on Thindigua,nahandi hatandukanye.
Abakuru bibihugu bihuriye muri EAC,igihugu cya Kenya,nta nyungu gifite cyane muri uyu muryango kuko Kenya idafite inyungu nyinshi kuko isanzwe yifitiye icyambu cyayo nta cyo ishaka cyane muri ibyo bihugu usibye gusa kuba ifite ikibazo murukiko rw’I LA HAYE ICC.
Kuvaho ibihugu bihuriye mu muryango w’Africa y’Uburasira-Zuba,bemeje ko,bazajya batembera bakoresheje indangamuntu,byoroheye umwakagara kohereza za magigiri nyinshi mubihugu bihana imbibe n’urwagasabo.
Za magigiri nyinshi zituye ahitwa Komarock, Ngong Road, Kasarani , Thindigua along Kiambu Road.
Abadamu benshi bakomoka mu muryango w’Abega-kazi,benshi bakora ubucuruzi bava Uganda Kenya,bagakomeza muri Dodoma,Tanzania,bagakomereza muri Africa y’Epfo
Abandi bakobwa bab’Abega-kazi,baturuka muri Kenya bakinjira mu gihugu cya Tanzania bakajya kuneka icyo gihugu cya Tanzania,bamwe bitwaza ubucuruzi,kugirango babone uko binjira muri icyo gihugu.Ndetse bamwe baba banafite za passport z’Ingande.
Mu gihugu cya Kenya,harabarirwa za magigiri zigera 1300,Magana inani 800 bari mu murwa mukuru wa Nairobi,abagera kuri 500 bari muri za kaminuza zitandukanye,aha twavuga nka KU, JKUAT, Dyatar University, Nairobi University, Catholic University, MKU.KMU,na za College.