HomeNewsKoreya ya Ruguru: Guhangana na Koreya ya Ruguru ntibishobora kubyara intambara ya...

Koreya ya Ruguru: Guhangana na Koreya ya Ruguru ntibishobora kubyara intambara ya lll yisi yose?

Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump atangaza ko Amerika yiteguye gutorera umuti ikibazo cya Koreya ya ruguru harimwo n’ugukoresha inguvu za gisirikare mugihe Ubushinwa ntacyo bwakora.

Trump avuga ko Ubushinwa bushobora gutera igitsure Koreya ya ruguru yongerako kandi ko byaba byiza bufashije mur’icyo gikorwa ariko ngo mugihe butazafasha ntibyaba byiza kuri bose.

Trump yavuze ibyo mu gihe kur’uyu wa kane yiteguraga kwakira Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping muri leta ya Florida, muri Amerika mu nama y’imisi ibiri izahuza abo bategetsi.

 Ikibazo cya Koreya ya ruguru kiri mubyo bazaganiraho, ariko ntaho Ubushinwa bwerekanye ubushake mu gihe haje ikibazo cyo kubuza Koreya ya ruguru kugerageza ibirwanisho ruhonyanganda.

Abahanga b’abanyamerika bagabisha ko Koreya ya ruguru iri mu mugambi wo kugerageza gutera mukirere ikindi gisasu kigira gatandatu.

RELATED ARTICLES
- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments