HomeNewsImpano ikurimo niyo izagukiza akaga ibyago,n'amakuba bikugarije!

Impano ikurimo niyo izagukiza akaga ibyago,n’amakuba bikugarije!

Joel 2:28 The Day of the Lord28 “And afterward, I will pour out my Spirit on all people.Your sons and daughters will prophesy,your old men will dream dreams,your young men will see visions.

Bakundwa Uwiteka yatanze isezerano ry’impano z’umwuka w’Uwiteka,abasore n’inkumi bazarota,kandi abakambwe bazerekwa.Ibi byose Uwiteka yabitanze kugirango bitubere intwaro zokurwanisha wa mubi.Ariko iyo mutitaye ku byo ijambo ry’Uwiteka yavugiye mukanwa kabahanuzi nabagaragu b’Uwiteka nta bwo muzabasha kurwana intambara z’umwuka.

niba ushaka ubuzima bwiza buzira amakemwa,shaka mu maso h’Uwiteka kandi ukore ibyo ijambo ry’Uwiteka rigutegeka kuko abisi bazi gushaka ibyo bifuza kandi bakabigeraho.Ariko abana bumucyo bananiwe kumenya uko bagenza kugirango babane n’Uwiteka Imana kandi bagire ubima buzira umuze.

ibintu (3) byonyine usabwa gukora kugirango umenye icyerekezo cy’ubuzima bwawe,kandi ubashe guhangana nabanzi bumusaraba baguhumanije cyane,barimo inshuti zawe,cyangwa abaturanyi biwanyu mwari muturanye kubera ishyari igaragara mu mirimo y’umwanzi usanga witegereje uhereye mu buto bwawe haraho ibintu bitagenze neza.

Yego byose wenda reka tuvuge ko,bidashobora kugenda neza,ariko kandi nta bigomba kubaho ibihe byose.Kuko nta muntu wavukanye ikariso ngo abandi bavuke bambaye ubusa!Tekereza abo mwabyirukanye,abo mwiganye,abo bose bafite aho bageze kandi nta bwo babigezeho kuko babaye abakiranutsi none weho ukaba warabaye umunyabyaha ku buryo Uwiteka atakubabarira.

nikangahe wihannye?Nikangahe wasenze ariko ukaba utarasubizwa?Ubwo se nta bwo ubona yuko harimo rwangendanyi?Nta mpamvu yo kuva mu byizerwa ahubwo uyu munsi wa none Uwiteka arakwereka uburyo ushobora kwikura mur’ibyo bibazo kugirango ubone ubugingo bwinshi kandi buhoraho Yohana 10:18

wabwiwe byinshi,wakoze byinshi,ariko uyu munsi ndakubwiz’ukuri yuko nukora ibyo usabwa gukora,byose biratungana.Byose bijya gucika,twabuze abahanuzi mu itorero ryitirirwa Imana kandi ari za project bikoreye niyompamvu Uwiteka nawe atayabamo.

jyewe nazengurutse hafi amadini yose kubera inyota narimfite,ariko sinigeze mbona Umwami wabakiranutsi Yesu Kristo.Uhereye muri kiliziya gatolika kugeza mu barokore narashakishije ahubwo uko nahinduranyaga amadini,ninako ibibazo byanjye byarushagaho kwiyongera.

mwebwe mugira imana uyu munsi mwandikira umuntu w’Imana akabasha kubafasha,ariko njyeweho nashakishije ahavugwaga umukozi w’Imana nkagenda ndetse nkagenda mushyiriye n’impano kuko buri gihe nabonaga yuko abakozi b’Imana arabantu bo kubahwa isnhuro ebyiri nk’uko umugaragu w’Uwiteka witwaga Saul waje kwitwa intumwa PAUL yabitegetse abwirijwe n’umwuka w’Imana.1Timoth 5:17 The elders who rule well are to be considered worthy of double honor, especially those who work hard at preaching and teaching.

 

ariko ndababwiz’ukuri nta cyo bigeze bamarira,ahubwo twasengana gato,ubwo ngatangira kubahanurira,kubera iki?Kuko nta mpano bari bafite,uretse nibyo birashoboka yuko batari barahamagawe! Ahubwo barabaye bakazitereremo niba wowe usoma izi nyigisho wisanga mu bantu mvuze haruguru rwose wijya impaka numutima wawe reka gukora umurimo utahamagariwe kuko uyu murimo nta bwo ukorwa namashuli iyo biza kubaamashuli nta bwo tuba twaragiriwe ikizere ngo twitwe abakozi bishobora byose.

nyuma yo kubona ko mbuze Imana kandi narazengurutse ahantu hose nshakisha aho nabona Imana ubwo nshatse kuvuga nyine abantu b’Imana ndababwiz’ukuri narahebye ngeza aho naho mfata bibiliya ijambo ry’Imana kugirango nyitwike kuko narimaze kubona yuko ritavuga ukuri.

ariko ubwo mbere yo kuri twika mbanza gukora amasengesho y’iminsi (7) kugirango ibyo ngiye gukora ntazigera nicuza to be sure for what you do!Ubwo narasenze ngeze kumunsi wa (5) nibwo nka saa sita satani yangendereye ambwira yuko Imana itankunda maze ampishurira  icyanditswe mu ba Roman 9:13 Just as it is written: “Jacob I loved, but Esau I hated.”ubwo satani yatangiye kumbwiriza anyereka uburyo Uwiteka yanyanze kandi atigeze anyitaho kuva mu buto bwanjye.

Ndetse ananyereka uburyo umuryango wanjye washize kandi Uwiteka yarafite imbaraga nubushobozi bwo kuwurinda.Shaa !! Ndakubwiz’ukuri nahise mbyimba ngana n’umugati wa super market.Kandi ibyo byose byambayeho mvuye muri gereza yo kumulindi kuri (15) nibagirwa ko twasenze amazi agaturuka mugikuta tunywa amazi ndetse na wa musilamu wagiye impaka nanjye Imana ikamwica.

Ubusanzwe gusengana nabasiville biragora cyane,kuko no mu bwenge bwabo usanga arabasivile ni babantu bashaka gukorerwa byose kandi uramutse wishinze umwuka ubabamo wishyari nurwango ntushobora kuzagera mu ijuru mbese usanga arabantu bamenyereye Imana ndetse ntibanatinya no kuyibeshyera ngo yavuze kandi itavuze!Civilian mwihangane uko niko nababonye

Ubwo mukanya satani amaze kuva mu cyumba cyanjye ndibuka icyo gihe hari muri 1998 mukwezi kwa cumi(Ukwakira) nihariya kimisagara niho narintuye icyo gihe.Ubwo Nyirubwite nawe uyahise yiyizira kuko narinsigaje iminsi (2) ngo ntwike bibiliya.Ubwo nagiye kubona mbona mu nzu huzuye umwotsi mwinshi cyane maze nsigara amaso yanjye yahumye nibwo nagiye kubona mbona mwenyewe arahageze ndavuga INTARE yo mu muryango wa YUDA.

Arambwira mukinyarwanda ngo,Majeshi bite byawe,ndaceceka kuko iyo ubonye Umwami wa bami,ndakubwiz’ukuri ubwenge bwawe nta bwo bwongera gukora nuko ndamwihorera kuko sinarinzi uwari we maze arambwira ngo”nuba muri jye,nanjye nzaba muri wowe kandi icyo uzasaba cyose mu izina rya data azakiguha.Ubwo ako kanya yahise yigendera wa mwotsi ndawubura sinongera kuwubona maze menya ko nagenderewe n’Umwami.

Numvaga muri jye,harimo ibyishimo byinsi ariko simenye impamvu nishimye,ubwo ku wa gatandatu naje kujya muri Kolari icyo nasengeraga muri VIVANTE yasengeraga kwa Rubangura Building.Nagiye muri practice nkabona abantu bose bari kumpunga noneho umukobwa witwa FURAHA ubu yabaye umudamu niwe waje kumbwira yuko ngo gushashagirana mu maso arambaza ngo nisize ayahe mavuta?Urumva yuko iyo wabonye Umwami.ntabwo uba ugikeneye amavuta yo kwisiga mu maso kuko uba usa ukundi kuntu.

Uhereye icyo gihe nta bwo nongeye kumvikana nabantu bazaga kubwiriza ijambo ry’Imana,Aha bisobanuke yuko tutahanganaga ahubwo nta bwo nemeraga ijambo babwirije kuko umwuka wera yari muri jye akambwira byose ndetse nabashaga kumenya uwo muntu uko ateye nuko ameze ariko kubera ko nyine nari nkiri umusore ugasanga bimwe na bimwe ntabasha kubona uwabinsobanurira.Aha niho abarimo cyangwa abakozi b’Imana bakenerwa gufasha abakiri bato mu mwuka ba Samuel baba bakivuka batazi kumva ijwi ry’Imana.Ubwo amayerekwa,inzozi byose bikancanga simbashe kubitandukanya.Aho niho naherewe impano yo guhanura ariko burya abantu baragoye cyane ubwo uzi guhanura utagira amashuli?Uzi guhanura utagira umuryango ugaragara ukomokamo?Yewe inkuru mbarirano iratuba!Civilians Imana yonyine niyo ibazi kandi ijye ibafasha ibagirire neza.Uriya se arahanura ubundi se akomoka hehe?Afite amashuli anagahe?ahaa ngo yarumusirikare da! Yifitiye ibibazo buriya yanavuyemo atagira akaranka reka nimumwihorere.

Ubuzima bwarakomeje nkomeza kwiringira no kwizera uwo mwuka undimo kandi nakomezwaga nuko nabonye Umwami,ibindi byose nkabitera umugongo,byaje kugeraho Uwiteka akingura inzira mbona abantu bangira kunyubaha ariko jye sinamenya uko byagenze ubwo mbese narimaze kugera igihe cyo kuba umusore ugaragara mbese uwandebaga yatangiraga kumbonamo inyungu ko nshobora gushakana nawe cyangwa nkaban namubera umukwe ubwo nyine nay a mashuli narindimo kuyakabakaba Civilians ahaa nahanyagasani pe!

Rwabaye urugendo runini cyane kugirango ngere ahangana ngeze,ubwo babarozi njya mbabwira niko bakomezaga kohereza imyuka mibi kugirango ntazigera ngera aho ngeze ubungubu

Birashoboka ko nawe waba umeze nk’uko narimeze,ariko niba urumucivile mu mutwe no mu bitekerezo bizakugora kugirango ubashe kunesha uru rugamba ruturi imbere.Yego nta bwo abasirikare gusa aribo bashobora gukora ibikomeye ahubwo ndavuga abasirikare bo muri Kristo Yesu usibye ko no kuba civilian nabyo ubwabyo bigoranye gusa ushobora kuba umusirikare mu Mwami wacu nk’uko ijambo ribitubwira gusa uramutse warabaye umusirikare byarushaho kuba byiza kuko icyo gihe uba umusirikare inshuro (2) mu mwuka no mu mubiri.

Muri iyi minsi mukwiye kwita cyane ku byo muhishurirwa kuko Uwiteka Imana atajya ashimishwa nuko umuntu aba mubibazo kuko Uwiteka nta nyungu abibonamo usibye ko harabavuga ngo buriya har’icyo Uwiteka arimo kukwigisha,Yego Uwiteka ashobora kukwigishiriza mu butayu ariko se igihe utarabugeramo ubwo koko wavuga arimo kukwigisha mu gihe uzengurutswe nimbaraga zabadayimoni?

Ibyo byose biterwa no kudahishukirwa,wasanga Pastor ngo agufashe ugasanga nawe ahubwo akeneye gufashwa ugasanga ndetse har’ibyo nawe atazi.Uramutse ugiye mu munama yabaPastor wakumirwa usanga ibintu byarabayobeye ndetse batazi igihugu kirwana nikindi ariko ugasanga bahagaze imbere yitorero biyemera ndetse babona umunyempano aho kumwiyegereza ngo bafatanye umurimo nk’uko mu b’Effeso 4:11 habivuga,ahubwo ugasanga batangiye kumugambanira abahanuzi basenya itorero gusenya itorero nuko bahishura ibihishwe maze bikamenyekana bigatuma banga abahanuzi kubera bahishura ibikorwa byabo bakorera mu mwijima maze umucyo waza ukabishyira ahagaragara ibyo nibyo bita gusenya itorero.

Reka ndangize mbwabwira ko ijambo ry’Uwiteka rivuga muri Mathayo 6:33 Seek the Kingdom of God above all else, and live righteously, and he will give you everything you need.Mushake ubwami bw’Imana ibindi byose muzabyongererwa mu byukuri ndashima Uwiteka Imana ko nabonye Imana amaso ku maso kandi ndashima gitare ko inyota narimfite yo kubona Umwami ko yashize naramubonye ishuro zigeze ku munani

Njya nibaza uburyo abakozi b’Imana bakorera Umwami uburyo bamukorera bataramubona simbashe kuba nakumva uburyo biyumva.Ese koko birashoboka yuko nwakorera umuntu utazi?Bidashoboka yuko aboneka biramvikana ariko se niba aboneka kuki wowe atarakubonekera ko arisezerano yadusezeranije nk’uko ku ntangiriro ziyo nyandiko havuga muri Joel.

None se wazahembwa iki?Nande?Niba nyirubwite atarigeze aguhamagara ngo aguhe umurimo?Ariko se ibi mu jya mu byibaza?Kubacivile biragoye kugirango bashobora kubyibaza cyakora siboze kuko muri bo harimo abahamgawe usibye ko ari bacye cyane ugereranije nuko bangana mu murimo wa data.Reka ndekeraho warumusongero nabasongezaga kugirango bikubere indererwamo yo kwireberamo maze ushobora kumenya icyerekezo cyawe.Ariko se uwo muriro muhamagara witwa FIRE biwawundi dusanzwe tuzi cyangwa nuwundi.Uhereye igihe mwawuhamagariye kugeza magingo ay anta bwo uwo muriro uraza? Bye

RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments