Perezida Donald Trump wa leta zunze ubumwe z’Amerika ngo yaba yihaye amanota yo hejuru ku bijyanye n’igihe cy’amezi atatu amaze ku butegetsi, nyamara imibare iherutse gutohozwa, yerekana ko abanyamerika badashima ibyo amaze kugeraho.
Trump, mu cyumweru gishize yagize ati: Nta leta n’imwe y’Amerika yari bwakore ibingana n’ibyo maze gukora mu minsi 100 maze kubutegetsi; muri ibyo harimwo ibya gisirikare, imbibe, ubucuruzi, gukomeza inzego zijyanye n’umutekano.
Biravugwa ko,Trump yiyongereye amajwi ye inyuma y’aho akoreye ibitero bya misile muri Siriya mu byumweru 2 gishize bishize; ibitero byari bifite intumbero yo guhashya leta ya Syria inyuma y’aho mur’icyo gihugu hakoreshejwe ibirwanisho by’ubumara mu gitero cyakozwe ku basivile.
Nyamara mu mibare yisesengura, abanyamerika babona iki gihe amaze ku butegetsi, ikinyamakuru Politico/ Morning Consult ku musi wa kane cyatangaje ko,abanyamerika bangana n’ibice 39% baha Prezida Trump amanota meza, mu gihe abanyamerika bangana n’ibice 37%, bamuha amanota amanota mabi.
Iyo mibare yerekana ko ibice bibiri bya gatu by’abaDemokrate, bamuha amanota mabi, mu gihe 42% y’ abantu batoye Trump bamuha amanota meza, abandi bangana n’ibice 23% b’abaRepublika bamuha amanota yo hagati.
Muri rusange, abanyamerika bavuga ko atavuga ukuri kandi atar’umutegetsi w’umubwenge, kandi atitaho cyane abanyamerika babayabaye.Ariko icyo umuntu yakwibaza,ninde mu wo mu bategetsi wibitayeho akanakora ibiruta ibyo amaze kugeraho?





