HomeNewsUhuru yishyizeho amakara yaka umuriro!

Uhuru yishyizeho amakara yaka umuriro!

Inkuru yatangajwe n’itagaza makuru rya KTN,ryatangaje ko,SAMUEI WILLIAM RUTO, icyegera cy’umukuru w’igihugu UHURU Muigai KENYATTA,amakuru yavuze yuko ngo ashinjwa ibyaha byo kurya ruswa.Iyi nkuru ikaba yazanye impungege zikomeye cyane ku buryo budasanzwe aho byatangajwe yuko PETER KENETH ngo ari we waziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu muri 2022.

Amakuru yarasanzwe avugwa yuko WILLIAM Ruto ngo yaba akorana na RAILA Odinga mu buryo butaziguye bw’ibanga.Imvo zitumye izi nkuru zizamuka zigashyirwa ahagaragara,nuko kucyumweru taliki ya 23 Ukuboza 2016 Ruto yasuye intara ya BUSIA,maze abwira abaturage asa naho anegura RAILA avuga ko,RAILA yagiye gushaka inkunga mu mahanga mu gihugu cy’UBWONGEREZA aho agiye kuzana amashillingi yo guha abaturage kugirango bazatore ishyaka ritavuga rumwe na leta ihuriro rya ODM.

Abakurikiranira hafi iyo mvugo,bayifashe nk’aho yarimo kwamamaza RAILA Odinga  nubundi bakoranye muri 2007/8 mu ntambara yahitanye ubwoko bw’Abakikuyu benshi cyane,urubanza rwa ICC rwaregaga KEYATTA na RUTO rukaba rwararangiye,ariko Uhuru akaba agifite ikibazo cy’uko urubanza rwe rutarangiye!

ICC ivuga ko,yimanye ibimenyetso kuko ari we mukuru w’igihugu,mukwezi gushize,urukiko rwa ICC rukaba rwatanze itangazo rivuga ko,bazarega leta ya Kenya,kubera ko banze gufatanya nuruikiko rwa ICC bimana ibimenyetso.Iri tangazo rikaba ryateye impungenge umukuru w’igihugu cya Kenya,Uhuru Kenyatta ku buryo yahise asaba intekonshingamategeko kwemeza umushinga w’itegeko kuva mu bihugu bihuriye mu muryango wa ROMA STATUTES.

Abahanga bakurikiranira hafi politike yicyo gihugu,bavuga ko,RUTO naramuka yifatikanije na RAILA na none nk’uko byagenze muri 2007/8,bashobora kuzatsinda amatora ya 2017,kuko Uhuru yamaze gusa naho yamusimbuje “PETER Keneth”.Ariko andi makuru akavuga ko,uzasimbura Uhuru muri 2022 nubwo nyine ikizere cyo kuzatsinda amatora gisa naho kirimo kuyoyoka bitewe nuko kuva yajya kubutegetsi ubukungu bw’igihugu bumaze kugwa 27%,bivugwa ko yazasimburwa na “GEDION MOI” ubarizwa mu ishyaka rya KNU.

Twibutse ko,mukwezi kwa Nzeri 3,2016 aribwo Umukuru w’igihugu Uhuru yahuje amashyaka ya politike asa nayamaze gucika intege,akayashyira muri “JUBULEE COALITION” ikaba yarahindutse ishyaka mu gihe yari umutwe w’Ihuriro ry’imitwe ya politike,ubu ikaba yitwa “JUBULEE PARTY” (JP) gusa kuba hasigaye umwaka ngo amatora abe,abahanga muri politike bakaba bavuga ko,kuba Uhuru agaragaje gutandukana nicyegera cyebWilliam Ruto,byaba bikiri kare atarakwiye kubishyira ahagaragara kuko bishobora kongera gushyira mukangaratete kintambara igihugu cya Kenya.

Umwaka utaha wa 2017,birashoboka ko haba intambara mur’icyo gihugu cya Kenya,kandi biragaragara,ko akarere k’Africa y’uburasira zuba “EAST AFRICAN COMMUNITY EAC”,kuko umwaka utararangira haragaragara ko hashobora kuba intambara idasanzwe muri Repubuliks iharanira Demokarasi ya Congo,Burundi,ho hashize umwaka baratangiye intambara,bishobora gufata u Rwanda, bikazarangirira muri Uganda.

 

RELATED ARTICLES
- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments