Home Great Lakes Obama yongeye kwihaniza abayobozi bo mukarere kibiyaga bigari!

Obama yongeye kwihaniza abayobozi bo mukarere kibiyaga bigari!

0

Amakuru agera ku inyangeNews aturuka muri Administration ya Obama,aravuga yuko,umukuru w’igihugu cy’America yongeye kwihanangiriza abayobozi bakuru bibihugu byo mukarere aho yavuze yuko yatanze itangazo kenshi aburira abayobozi bo mukarere yuko badakwiye guhindura itegeko nshinga bityo akaba abasaba kwimakaza umuco mwiza wa demokarasi wo kubahiriza amategeko agenga ibihugu byabo bayoboye kugirango abaturage babashe kubona ejo hazaza heza.

Nk’uko byagaragaye ko abayobozi bo mu karere kibiyaga bigari ko banze kubahiriza itegekonshinga nk’uko biteganywa n’itegeko ahubwo barimo gukora ibishoboka byose ngo bahindire itegekonshinga maze barusheho kugundira ubutegetsi kugeza bavuyemo umwuka .

Ibi bikaba muri bimwe bituma abaturage bo kumugabane w’Africa badashobora gutera imbere nk’ibindi bihugu.Kuba rero umukuru w’igihugu cy’America akomeje kwibutsa abayobozi bo mukarere kandi akavuga ko atazongera kubibutsa,bisobanuye byinshi.

Urwanda n’Uburundi nibyo bihugu bimaze kugaragaraho ikinyabupfura gike no kutumvira no kubahiriza amategeko agenga igihugu,Nkurunziza yakoresheje amatora atorerwa manda ya lll atabyemerewe namategeko ariko kugeza magingo aya,aricuza icyatumye yiyamamariza uwo mwanya dore agiye gukurwaho n’intambara izasiga igihugu cyongeye gusenyuka.

Umwakagara nawe yamaze gufata ibyemezo byo guhidnura itegekonshinga abinyujije mu mategeko y’ubutabera bukorera mukwaha kwe,none  hagiye guhindurwa itegeko nshinga aho agiye kwimikwa nk’Umwami w’Abega babakagara kuko atazongera guhura nikibazo cy’amategeko azamusaba  kuva kubutegetsi akazasimburwa n’umuhungu we LT.IVAN Cyomoro Kagame.

Joseph Kabila nawe ari munzira ahoy amaze gufata ibyemezo byo kuzaguma kubutegetsi ndetse akaba arimo gukora ibishoboka byose ngo ahindure itegeko nshinga cyangwa yigizeyo amatora gusa urebye neza igihe cya murenganye ikizere cy’uko bizamutunganira kikaba ari gike cyane.

Kaguta Museveno we,amaereye nabi abatavuga rumwe nawe,kuko Uganda na DRC  bazajya mu matora umwaka utaha wa 2016 ikigaragara ni uko aba bategetsi bose turondoye hano bose bashobora gukurwaho n’intambara aho kugirango bakoreshe inzira ya demokarasi.

Reka tubitege amaso kuko bitari kure ahubwo byegereje vuba cyane aho akarere kose kagiye kongera kwaka umuriro umwana w’umujaluwo ntabwo akinishwa wabona abagize nk’uko yagize Gaddaffi maze nabo bakisanga mu butayu.

NO COMMENTS

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar