Amakuru aturuka mu gihugu cy’Uburundi mu murwa mukuru wa Bujumbura,aravuga yuko,umudamu w’umukuru w’igihugu aherutse gutangaza mu isengero asengeramo ko,kudeta yaburijwemo mu Burundi ntayindi izongera kuba ngo iriya yari iya nyuma.
Aho yabivuze ukuri koko iyo kudeta yari inyuma,ariko se iya mbere yari iyihe?Hanyuma se,ko intwaramuheto zikomeje guhunga igihugu cy’uburundi nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru cya bbc gahuza miryango cyatangaje ko uwarushinzwe amakuru mu ngoro y’igihugu yamaze guhunga igihugu.
Amakuru akomeza avugako,ngo abarundi bari bamaze kwemera ibyo madamu Nkurunziza yatangaje,ariko bakaba baciwe umugongo no kumvako,abasirikare bakuru bigihugu bakomeje guhunga kuko bimaze kujya ahagaragara yuko nkurunziza azakurwa kubutegetsi nimbunda bagatembagaza ubutegetsi bwe.
Ku munsi wejo ikinyamakuru cyo mu rwagasabo cyitwa imirasire cyatangaje ko,hashyizweho abagenzuzi barimo bagenzure amacimbirane avugwa hagati y’uRwanda n’Uburundi,ariko se ko bashyizeho abagenzuzi mu gihugu cya DR.Congo,niki bytanze?
Aha rero niho hagaragara ubuhanuzi bw’Uwiteka Imana yabakiranutsi,dore ko ubuhanuzi buvuga yuko,Nkurunziza azava mu biro akiruka akazicirwa hanze y’ingoro y’igihugu.Kuba abayobozi bakuru b’igihugu bari bafatanije na Nkurunziza barimo kujyenda umwe umwe nibigaragaza yuko imbere atari heza.
Bikaba bikomeje guteza umwuka mubi hagati mu gihugu cy’Uburundi uturuka ku kudakurikiza amategeko yibwiriza shingiro rigene imitegekere y’abayobozi bayobora igihugu.Ibi bikaba bimaze kuba umuco wabanyafurika badashaka gukurikiza amategeko aho bashaka kuzagwa kubutegetsi nk’uko Col.Muamari Gadaffi yabuguyeho nyuma y’imyaka (42);
Ibyo mu gihe birimo kuvugwa,mu rwagasabo biravugwa yuko,abategetsi baho nabo ko baba bategereje kureba urubanza ruzaba mu kwezi gutaha ku wa 08 ukwakira 2015 bikaba bivugwa yuko nibaramuka babonye abacamanza babogamiye kuruhande rw’umwakagara ngo bazatangira gukuramo akabo karenge.
Ikigaragara nuko umwaka utaha wa 2016 hagiye kwaka umuriro mukarere kibiyaga bigari,aho hateganijwe amatora mu gihugu cya Congo kandi Josepf Kabila akaba akomeje kugaragaza inyota y’ubutegetsi kimwe na M7,hamwe n’umwakagara Nkurunziza akaba ari we wababimburiye kw’ikubitiro.
Nyamara ibirimo kumubaho,barabireba ndetse bamwe banabifitemo uruhare ariko ntabwo bashaka kwemera yuko INKONI ikubise mukeba urayivuna iyo uyirengeje urugo iragaruka ikagukubita.
Uyu mwaka wabaye uwa NKURUNZIZA,naho utaha uzaba uwa Kaguta,ka Kagame,ka Kabila,birabe ibyuya ntibibe amaraso!ngaho rero urabe wumva birenge niwowe ubwirwa naho ubundi nuwendeye nyina mu nyenga yaramenyekanye.





