Home News Igikomangoma Rwigemera Ntiyemera Umwami Yuhi VI

Igikomangoma Rwigemera Ntiyemera Umwami Yuhi VI

0

Rwigemera nigisambo gikomeye cyane kuko yagurishije ubwami ndetse yasubiye mu Rwanda ajya kwakira amafaranga yimitungo y’ubwami yose yaba iya Ndahindurwa,ndetse niya Kigeli V Ndahindurwa kandi yagurishije izina rye yiyitirira ko ari we se ubyara MBUMBUZA Marie Claire ko ngo ar’umukobwa we,kandi ntaho bahuriye ari Umuhutu kazi.Hagati aho abagize umuryango w’umwami Kigeli mu Rwanda kuri uyu wa gatatu bateye utwatsi iyimikwa ry’umwami uherutse kwimikwa n’uruhande rutashakaga ko umugogo w’umwami watabarizwa mu RwandaMu Kiganiro bahaye abanyamakuru bavuze ko umwami wemewe yimikwa n’abanyarwanda.

Igikomangoma Rwigemera ari mu bantu basangiye intonorano bahawe n’Umwakagara babinyujije muri ya Myisi bakaba barafatanije guca igihanga Umwami w’uRwanda bita ar’Umwami wabahindiro atar’Umwami w’abanyarwanda.Muri icyo kiganiro kandi batangaje ku mugaragaro ko umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa uzatabazwa ku itariki ya 15 z’uku kwezi i Mwima ya Nyanza ari na ho yimiye ingoma.Muri icyo kiganiro n’abanyamakuru pasiteri Ezra Mpyisi yamaganiye kure iyimikwa ry’umwami Yuhi VI Emmanuel Bushayija ryabereye mu mahanga. Yaryise iyimikwa ry’amafuti ryaje ritunguranye.Amakuru Esperance Mukashema yahaye ikinyamakuru inyangeNews,yabwiye ikinyamakuru ko ngo Rwigemera ngo arye 2 kilo cy’inyama hamwe nikilo cy’ifu y’ubugari.

https://inyangenewss.com/wp-content/uploads/2017/01/Rwge.mp3?_=1

Yasobanuye ko Umwami Yuhi VI Emmanuel Bushayija yimitswe n’abantu babiri atasobanuye.Ku ngingo yo kuba nyuma yo gutabariza umwami Kigeli V hari undi uzimikwa ku ruhande rw’abagize umuryango bari mu Rwanda, Mpyisi yatanze igisubizo kiri mu gihirahiro.

Hamwe yavuze ko biri mu maboko y’abanyarwanda kuba bagena undi mwami. Ubundi akabwira abanyamakuru ko bajya gushaka abiru bakabaha igisubizo. Yasobanuye ko umwami iyo akiriho ari we ugena uzamusimbura yaba atakiriho abagize Umuryango bagaterana bakagena uzasimbura umwami.Itegeko nshinga ry’u Rwanda ryo ntiriteganya ubwami rigendera kuri repubulika.

Pasiteri Mpyisi yavuze ko abagize umuryango w’umwami Kigeli V bazagira umwanya wo guhura n’ubutegetsi bakaganira ku ngingo yo gusubizaho ubwami cyangwa kubukuraho burundu.Kigeli wa Gatanu ndahindura yatangiye ishyanga afite imyaka 80 y’amavuko. Yategetse u Rwanda imyaka ibiri gusa.

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar