HomeJusticeIbigo bya za magigiri byo mur'America,FBI na CIA mu mazi abira!

Ibigo bya za magigiri byo mur’America,FBI na CIA mu mazi abira!

Ibigo bijejwe iperereza n’itohoza muri Amerika byatangiye igikorwa cyo gusuzuma ibyegeranyo biharurwa mu bihumbi byashyizwe ahabona, byerekana uburyo ikigo cy’iperereza CIA cyagiye kigigira abanyagihugu, niko ubutegetsi bwa Amerika bwamenyesheje. Bwabwiye ibigo by’itangazamakuru bya Amerika ko FBI na CIA barimo barakorana, inyuma yaho ikigo gishyira ahabona amabanga Wikileaks gisohoreye ibyo byegeranyo.

Muri ibyo byegeranyo bivugwa ko CIA yatunganije uburyo bwo kwumviriza ibyo abantu baganira cyangwa bakora kuri telefone ngendanwa ndetse no ku mbonerakure (TV) zo mu bwoko bwa “smart”. Ku munsi wa kabiri, CIA, FBI na White House baranze kugira icyo bavuga, niba ibyo byegeranyo byashyizwe ahabona na Wikileaks ari ukuri cyangwa atari iby’ukuri.

Umuvugizi wa CIA yabwiye BBC ku munsi wa gatatu ati: “Abanyamerika bagwa mu kantu bumvise ko Wikileaks ishobora gusohora ibintu byerekana ko ibigo by’iperereza by’igihugu bitagishoboye gukingira umutekano w’Amerika ku bayitera nk’imitwe y’iterabwoba cyangwa kubo batumvikana.”Ibyo byegeranyo byasohowe bishyira mu kangaratete abakozi b’Amerika hamwe n’ibisata bitandukanye ariko kandi bigafasha abaturwanya mu kubaha amakuru yatuma badukorera nabi.”Ku munsi wa gatatu, abategetsi b’Amerika-batashatse ko amazina yabo ajya ahabona-babwiye ibigo by’itangazamakuru by’Amerika ko itohoza ririko rirakorwa rifite intego yo kumenya ukuntu Wikileaks yaronse ibyo byegeranyo.

Iryo tohoza ryifuza kandi kumenya niba ayo mabanga yavuye mu bakozi ba CIA cyangwa byavuye hanze, niko abo bategetsi bakomeje bavuga. Ibigo bikora ibikoresho bivugwa ko byafashije mu kugigira byagize uruhare byagize icyo bivuga kuri ubwo bugizi bwa nabi ku munsi wa gatatu.

Ikigo gikora telefone zo mu bwoko bwa iPhone, Apple, kivuga ko kimaze kumenya ingene gikingira abakiriya baco kwabugwa. “Ubuhinga twisunga dukora iPhone nshyashya bufasha gukingira cyane abakiriya bacu, kandi turakomeje kubikora mur’ubwo buryo,” niko icyo kigo cyavuze.

Ikigo gishizwe ibigo bitagaza amakuru ya mashusho TV “Samsung” – izo mu bwoko F8000 zivugwa ko zaba zirebwa n’icyo kibazo byavuze yuko “gukingira abakiriya” hamwe n’ugukora ibicuruzwa bitamenywa n’abagura biri mu bya mbere twitwararika muri Samsung”.

Muri ibyo byegeranyo byashyizwe ku mugaragaro, bivugwa ko CIA igigira abakoresha za mudasobwa  ibinyujije  muri za “ordinateurs” zikorwa n’ikigo cya Microsoft.

Ikigo “World Wide Web Foundation”-giharanira gukingira amabanga aca ku rubuga ngurukana bumenyi- cyavuze ko ubutegetsi bw’Amerika bukwiye gutanga inyishyu irambuye kuri ubwo bugizi bwa nabi

 

Save

Save

Save

RELATED ARTICLES
- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments