Ubuhanuzi bumaze gukora umulimo wabwo kandi umunsi ku munsi niko bugenda busohoza umulimo w’Uwiteka Imana Nyiringabo.Ubuhanuzi bwavuze ko,Uhuru Kenyatta Muigai azaba umukuru w’igihugu cya Kenya,taliki ya 17 Nzeri, 2012.Ubuhanuzi buvuga ko,atazongera kuyobora igihugu cya Kenya,ahubwo ko,urubanza rwe rwa ICC ruzabyutsa umutwe agasubira I LA HAYE mu gihugu cy’UBUHOLANDE (Nethelands)
Ubuhanuzi bwavuze ko,Donald J.Trump ko azatsinda amatora y’umukuru w’igihugu y’America,ubwo buhanuzi buzaba bwasohotse mu gice cya (24) cy’ubuhanuzi taliki ya 25th Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa maze nerekwa ibitabonwa na maso ya bana bab’abantu,nerekwa umukandinda perezida wo mu gihugu cy’America uharanira umwanya w’umukuru w’igihugu anyuze mu ishyaka ry’aba demokarate aribo Obama akomokamo bamaze imyaka umunani bayoboye icyo gihugu.
Ikindi nabonaga anashyigikiwe nabaturage benshi cyane ndetse na madini yabafarisayo nayo amushyigikiye kubera yuko azahagarika abayisilamu gukomeza kujya mu gihugu cya USA aho bamaze kugihindura indiri yabo kandi bakaba bashinjwa guteza umutekano mucye bityo umutekano w’Abanyamerica ukaba warabaye mucye cyane ku isi ugereranije nindi myaka yashize kubera ibyihebe.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,dore Ubwongereza bushyigikiye Ronald Trump ko yatsinda amatora kuko politike ye ijyana nibyifuzo by’Abongereza kandi nabanyamerica benshi baramushyigikiye nubwo yirukanywe mu ishyaka kugirango bamuteshe umwanya ndetse nabaturage batamugirira ikizere none dore arashyigikiwe kuburyo ashobora gutsinda amatora yo mu ishyaka bityo akaba ariwe wahabwa amahirwe yo kwiyamamaza kumwanya w’umukuru w’igihugu nyamara nibiramuka bibaye gutyo aba demokarate bazaba bakozwe nisoni ko uwo barwanije abarushije imbaraga.
Ikindi cyatumye abantu barushaho kumukunda nuko yashyize ibitekerezo bye ahagaragara hanyuma aho kugirango bakuhe umwanya nk’umunyapolitike ufite icyerekezo cyo kuyobora igihugu no kuba yabafasha kuzamura ishyaka ryabo rikaba rya kongera gutsinda amatora ahubwo dore bamuhaye akato kandi ariwe ufite amahirwe byatumye abaturage barushaho kumukunda urabona yuko imibare ya bana bab’abantu buri gihe igend amacuri.
Abanyamerica barashaka umuntu wabaha amahoro bakagirana umubano mwiza hagati yabo nibindi bihugu,niyompamvu badashaka umuntu ubabwira imvugo ya politike ahubwo bakeneye umuntu ufite imyumvire nk’iy’abaturage bafite bityo bagahita bamutora maze akabahesha amahoro erega mwana w’umuntu ushaka amahoro arayabona kandi ushaka intambara nayo arayibona kuko icyo umuntu abibye ninacyo asarura uko niko Uhoraho agize.
Ubuhanuzi kandi buvuga ko,Umwami w’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa azatanga kubera kutumvira Imana y’Umuhanuzi,ibyo biri mu gice cya (4) cy’ubuhanuzi ndetse n’igice cya (40-42) naho havuga ibyo gutanga k’Umwami Ndahindurwa,no kwima ingoma kundi mwami mushya ari we YUHI VI wasimbuye Ndahindurwa.Ubu buhanuzi bwose bumaze gusohoza umulimo wabwo.
Gusa mbonye impala n’impala-kazi zongera gushayaya,no gukimbagira,cyakora nta kamucerenge mbonyemo!Ageze hafi y’intebe yabukunzi bamwicaza hasi babanza kumukubita ibyuhagiro,no kumuanagura icyuya cy’Amahanga!Ariko mbonye yakirirwe n’inkotanyi zicitse ku icumu,izindi zirarangaye nta bwo zamenye ko Uwiteka yacyuye umuhingo mu rwagasabo.
Mu mucyamu wo hakurya mbonye inyambo n’inyamibwa zitangiye kuboha imishayagiro,mbonye batera inzuzi mubutaka bwiza bufite ifumbire kugirango haboneke ibisabo byo gucunda amata aheze kuruhimbi.Yewe ibibaye bimbereye amayobera sinzi uko bigenze kuko nta mitavu mbonye mukiraro,ariko mbonye amashashi yonyine.
Ubuhanuzi buvuga ko,muri Uganda hazaba ububyutse bw’ubusambanyi,ndetse no muri gakondo ya bakiranutsi,naho hazaba ububyutse bw’ubusambanyi bwo mu bwoko bw’abatinganyi,mu bihugu byombi,muri gakondo banabashyiriyeho ibigo bishinzwe guhumuriza abatinganyi ndetse mu gihugu hose muri ministeri y’ubuzima yashyizeho abakangura mbaga bashinzwe kubungabunga umutekano wabatinganyi.
Save