Home Justice Bosco Ntaganda agiye kuburanywa mu mizi,aratunga agatoki umwakagara kuba ariwe wamuroshye!

Bosco Ntaganda agiye kuburanywa mu mizi,aratunga agatoki umwakagara kuba ariwe wamuroshye!

0

Bosco Ntaganda, yahoze uri umukuru w’inyeshyamba za M23 muri Kongo, ejo niho azatangira kuburana mu mizi mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC.

Umushinjacyaha, Fatou Bensouda, yavuze ko Bosco Ntaganda azwi nk’inkozi y’ibibi.

Araregwa ko yateguye kandi ashyira mu bikorwa intambara irimo ubugome.

Umushinjacyaha aravuga ko Ntaganda yashyize abana mu mutwe we wa gisirikare, ko kandi abakobwa bari muri icyo gisirikare bafashwe ku ngufu bakoreshwa nk’abacara.

Umunyacanada wunganira Ntaganda yabwiye abanyamakuru ko kuva yafatwa, Ntaganda yatakaje ibiro ngo kandi afite agahinda ko kutabona abana be barindwi.

Ntaganda yiteguye kwiregura mu ijambo azavugira mu rukiko ejo.

Abantu barenga 2000 bahohotewe bemerewe kujya muri urwo rubanza.

Ubushinja cyaha burateganya guhamagara bamwe mu bana bahoze mu gisirikare nk’abatanga buhamya.

Image copyrightAFP
Image captionFatou Bensouda avuga ko Bosco Ntaganda azwi nk’inkozi y’ibibi

Umushinjacyaha yashimye Republika iharanira demokarasi ya Congo ku bufatanye yahaye urukiko.

Yasabye abahohotewe kwihangana avuga ko igikomeye mu bucamanza ari ukugaragaza ukuri.

Yakomeje avuga ko bishobora kugaragara ko bigenda buhoro ngo ariko n’ukugera ku kuri.

Bosco Ntaganda arahakana ibyaha byose18 aregwa, uru rubanza rugashobora kuzamara imyaka

NO COMMENTS

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar