HomeNewsAmerika ntishyigikiye guca intwaro za nucleaire

Amerika ntishyigikiye guca intwaro za nucleaire

 

Nikki Haley ahagarariye Amerika mu muryango w’abibumbye

Ibihugu hafi 40 – birimo bifite intwaro za kirimbuzi zo mu bwoko bwa nucleaire, byanze kwitabira ibiganiro muri ONU bigamije guca ku isi bene izo ntwaro.

Mu gihe ibyo biganiro byari bitangijwe n’ibihugu birenze ijana biri mu bigize ONU, uhagarariye Leta zunze ubumwe za Amerika yavuze ko igihugu cye kitabishyigikiye.

Nikki Haley yavuze ko umutekano imbere mu gihugu usaba ko Amerika ikenera intwaro zo mu bwoko bwa nucleaire ngo kubera ko hari abantu babi batakwizerwa.

Ministri w’ububanyi n’amahanga wa Swede – iri mu bihugu bishaka ko izo ntwaro zicika ku isi – yavuze mu cyumweru gishize ko bikenewe cyane kubikora ngo kubera ko uku ibintu bimeze ubungubu hari abashaka gukoresha bene izo ntwaro.

Save

RELATED ARTICLES
- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments