Itangazo rya Amerika ku Matora y’Umukuru w’Igihugu cy’Urwanda Leta Zunze Ubumwe irakeza abanyarwanda kubona baritabiye amatora y’Umukuru w’Igihugu kw’itariki zine z’uku kwezi kw’umunani, m’umutekano ntangere. Nyamara Amerika ivuga ko itewe amakenga n’utunenge twaranze ayo matora.
Mw’itangazo ryashyikirijwe na Departema y’Amerika mu mpera z’icyi cyumweru, cyaraye kirangiye, Amerika ihamagarira ibimenyeshamakuru byo m’Urwanda gutinyuka bigashyikiriza amakuru ya bamwe mu bakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi cyo kimwe n’abanyagihugu baburagijwe mu gihe cy’imyiyamamazo.MBEGA IMVUGO ITEYE INKEKE?!
Amerika isaba abanyagihugu, umurwi ujejwe amatora, hamwe n’abategetsi ba leta y’Urwanda kubahuka bakavuga ibitagenda neza. Amerika irashima kubona abakandida bahawe umwanya kuri Televiziyo, bagashyikiriza ibyiyumviro byabo, nyamara ivuga ko byari kuba byiza kuruta hamwe abakandida bose bifuza guhiganwa bahawe ubwo buryo.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika iheraheza ivuga ko ishyigikiye abanyarwanda m’utwigoro twabo two kubaka demokrasi ikomeye hamwe n’inzego zidakumira, kugirango Urwanda rugume mu mahoro arambye, demokrasi hamwe na ejo hazaza keza kuri bose.Ndumva ngize ubwoba!!!ahaaaa nzaba nukubitega amaso da!