April 25, 2016 Njyanwa mu iyerekwa maze mbona mu gihugu cy’ISAMARIYA mu buryo bunguranye mbona amamodoka yose cyane cyane ayo mu bwoko bwa bus atwara ibintu n’abantu mbona ahinduriwe inzira cyangwa icyerekezo yanyuragamo kubera impamvu zitunguranye z’umutekano mucye wadutse mu buryo butunguranye cyangwa budasanzwe!
Mbona abikorera utwabo nabo basabwa kuva mu muhanda cyangwa munzira kubera impamvu z’umutekano zahise zihindukamo mucye!Mbona hasa nahabaye akavuyo gatunguranye ku buryo budasanzwe kandi hali kumanywa y’ihangu izuba ryaka ariko abantu bayoberwa ibibaye!Mbona abahagarariye ibihugu byabo [ambasador’s] basabwa guhita bacyura abantu babo bagahita bava mu gihugu cy’ISAMARIYA ako kanya ndetse basabwa kutarara mu murwa mukuru wa w’ISAMARIYA
Nuko mbona imihanda zifungwa hose mu murwa mukuru umwe kur’umwe kandi nta kavuye gahari,ariko kandi abantu bavaga mu murwa nibo bemererwa kugenda ariko abinjiraga mu murwa ntabwo bari babyemerewe
Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umukuru w’ISAMARIYA cye kirarangiye agiye kubanziriza umwakagara kuko niwe ugiye kumuhitana yamara kumuhitana nawe agakurikiraho bose bakigira iwabo wa twese bakisangira basogukururuza uko niko Uhoraho abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho,maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,igihe kiragiye kandi kirasohoye ngo ibyahanuwe bisohore nk’uko Uhoraho yabivugiye mukanwa kabahanuzi.
None burira intore z’Uhoraho,ko cya kimenyetso cya nyuma gisohoye!Nuko mbona ibyahanuwe ku muhanuzi mukuru n’Umulinzi mukuru byongera gusohora,maze mbona akaga ibyago namakuba byaterwa numwanzi byose biyoyoka kuko igihe cy’ibyahanuwe gisohoye!Nuko mbona abahanuzi bose uko ari [3] bahabwa kwambara imbaraga maze bahabwa amababa mbona baragurutse binjira muri cya gihugu cy’amasezerano basezeranijwe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga!
Ahuuuuuuuuuuu!!!!!!!!!!!! Uwiteka arakomeye cyane kandi uwo ahozaho ijisho aba alinze kurusha ulinzwe n’Intare inyamaswa yo mu ishyamba!!!Mbonye ndi munfuruka z’ubutayu bugufiya mu nzira yerekeza kumusozi wubatseho ishuli ryo kwigisha ubwoko bw’Abatutsi kubaha Uhoraho.
Ubwo twafashe inzira yo muri bwa butayu ku nkengero zabwo turahunga tuzamuka umuhana uturanye na bwa butayu bugufiya,mbona abakozi ba RED Cross ICRC baradukurikiye bashaka gufata babandi bari kumwe bahise birukanka ariko natwe ubona ko bashobora guhita baducakira.Ubwo hari umugabo wangendagaho ashaka ko twihisha hamwe ndamwirukana mu bwira ko buri muntu ahunga ukwe kandi akihisha ukwe wenyine
Mbona amvuyeho nanjye mpita mbona agahuru gafatanye nikidendezi iruhande rwako hanyura inzira ubwo nahise nkinjiramo narimfite duvet yanjye yo kwiyorosa mpita ninjira muri ako gahuru maze abaduhigaga Babura icyerekezo cyacu.
Uwanyerekaga maze aransubiza ati,iriya ndege yari baguye hejuru n’Urupfu bahora bagutega bashaka ku kwica,none igihe kirageze ngo urwo rupfu narwo rupfe!Dore urupfu rukomeye rumaze imyaka I myaniko ruguhiga amaherezo yarwo narwo rurapfuye kandi ruguye mu gihugu cy’Ubutayu bugufiya
Hanyuma kariya kadege gato,nurupfu rwa kabiri wagombaga gupfamo rutunguranye maze Uwiteka agukura mubiganza byarwo urwo rupfu rutoya dore narwo ruciriweho iteka kuko niko Uwiteka abitegetse.Kandi dore abaguhigaga bose baciriweho iteka n’Uwiteka Imana ikorera kuko barwanije ijambo ry’Uhoraho bibwira ko ari wowe barwanya baza kwsanga bahanganye n’Uhoraho bituma umujinya w’Uhoraho urushaho kwaka umuriro mukanwa no gucumbeka umwotsi mu mazuru y’Uhoraho none abaciriyeho iteka ryose urubanza rwabo rurarangiye kuko banangiye imitima yabo bituma barimbuka niko Uhoraho avuga.
Agiye guhemba no guhana kandi abanyembaraga azabahindura kuba abanyantegenke,maze abanyantegenke nabo abahindure kuba abanyembaraga nyinshi kuko bazaba bafite imbaraga zinagana n’Intare y’ingore cyangwa amaboko nk’Iyimbogo maze icyo gihe amahanga yose azavuga yuko ubwo bwoko bwahiriwe k’Uwiteaka Imana icyo gihe bazaza gutura amakoro k’Umwami wa gakondo yabakiranutsi,kandi bazemera gukorera Uwiteka Imana y’Israel uko niko Uhoraho abitegetse.
