April 29, 2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore mu minsi iri mbere umwakagara agiye guhura nakaga gakomeye cyane kuko ishyaka rye rya FPR/RPF(Abatutsi) bamazee kubona yuko ingoma yabo yarangiye bikaba bizatuma ubuzima bwabo buzarangirira muri gereza nk’uko byagendekeye MRND (Abahutu) none dore bahimbye amayeri yo kwitandukanya n’umwakagara kugirango bizabe urwitwazo bazakresha mu manza bazaregwamo murukiko mpuzamahanga uko niko Uwiteka avuga.
Dore uwo mutwe wa politike uzacikamo ibice [3]hazabaho igice cya Kagame(Umwakagara) hazabaho nibindi bice [2] bizaba byihaguye kuri FPR/RPF nyirizina bavuge yuko bitandukanije na RPF original ngo kuko itakoze ibyo yasezeranije abanyarwanda byose ngo ibishyire mubikorwa.
Nuko jambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abatutsi nabanyabwenge bagiye guhinduka umwakagara bamusige murubuga wenyine kuko bamaze kumenya neza yuko imbaraga yarafite yazihabwaga n’igihugu cy’America,none babonye izo mbaraga zirangiye bagiye kumuhinduka aho niho umwakagara azamenya abanyarwanda icyo bari cyo naho ubundi arakina mubikomeye uko niko Uhoraho abitegetse!
Mwana w’umuntu,dore abayobozi ba RPF isi izababana ntoya cyane bazabura aho bahungira kuko ibyo bakoreye abandi ari byo bazakorerwa kandi muri bon ta numwe wakoze neza ngo nibura azabishimirwe
Kubera iyo mpamvu ntakabuza bazagubwa gutumo kandi bazakorwa nisoni cyane kuko ubutumwa bwabo burasohoye vuba cyane binjiye mu gihugu cy’Ubutayu bugufiya uko niko Uwiteka avuga.
Mbona ko bafunzwe igihe kire kire maze mbona mu mitwe yabo bahanaguritse (MEMORY) mu bwoko bwabo naho babarekura nta cyo bashobora kwimarira mbona babashakiye Umubikira (none)wa kiliziya Gatolika wize ibijyanye nimitekerereze y’umuntu maze mbona atangiye kujya abigisha gahoro gahoro kugirango barebe ko bapfa kugarura akenge ariko byasaga naho bashobora kuba barabahaye uburozi butuma ubwoko bwabo bwibagirwa ikintu cyose bari bazi kuva bavutse!!!
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,iyi ngoma ya FPR yakoze ibikorwa byinshi byo gukiranirwa niyompamvu guhora k’Uhoraho kuzaba guteye ubwoba dore uko bakomeje kwica abantu urubozo wagirango nibo babaremye nta nubwo batekereza yuko mu ijuru har’Imana ikiranuka ireba akantu kose ngo nibura bapfe gutinya ahubwo uko iminsi ihita ninako gukiranirwa kwabo kugnda kwiyongera umunsi kumunsi uko niko Uwiteka avuga.
Nuko rero burira ubwoko bwanjye kugirango bumenye gahunda yuko ibintu bigiye kugenda kuko abenshi baravangiwe abandi bacitse ururondogoro.Nuko mbona za magigiri zose zikorera hanze y’uRwanda zihamagazwa igitaraganya vuba vuba ngo zisubire muri gakondo yabakiranutsi sinamenye icyo bagiye kuzibwira ariko ikigaragara ni uko amazi yamaze kurenga inkombe uko niko Uhoraho avuga.
Nuko bigeze kumasaha ya nimunsi mbona ya mivu nimiyaga n’amazi bimanuka mu gihugu cy’Ubutayu byerekeza aho mperereye biraza binyura imbere yanjye ntihagira ana kimwe kingeraho maze ijambo ry’Uhoraho riranibutsa rirambwira riti,mwana w’umuntu ibi ni byabindi nakbwiraga mugitondo none dore birasohoye kugirango ukomeze kwiringira Uhoraho Uwiteka Imana yawe kuko niwe maso yawe kandi niwe rumuri rwawe uko niko Uhoraho avuga.
Dore iki ni gihe cyawe cy’umugisha nubwo inkozi zibibi zikurwanya ngo udahabwa umugisha,ntiutinye kuko Uhoraho atazabura ku kugirira neza ntiwite kumbaraga z’abana b’Abantu kuko igihe Uhoraho agutunze akaguhesha umugisha akoresheje abahiga ubugingo bwawe uwo ninawe uzakomeza kukwitaho akakugirira neza kuko wakunze gukiranuka wanga ubugome niyompamvu Uhoraho atazabura ku kugirira neza kandi akagukorera ibikomeye niko Uhoraho avuga.
Havumwe kandi hazabna ishyano abirirngira abana b’Abantu,kuko batazabura kubahemukira ndetse bakabagirira nabi kuko ni bantu barahinduka nta Mana ibarimo kandi kugira neza ntikuba muri bo bahora bibuza kugira neza nyamara bo bakifuza kugirirwa neza kandi bo batagira ineza nyamara igihe kiraje kand kirasohoye ubwo Uwiteka agiye kwbuka abakiranutsi ubwoko bwe maze akabugirira neza maze isi yose nabayituye bakamenya yuko Uhoraho atigeze atererana ubwoko bwe uko niko Uwiteka avuga.
Nuko mbona bashaka kwifatira gakondo y’umuhanuzi bavuga ngo bayiguze miliyoni zigera kuri [15]z’amanyarwanda ngo kugirango inkozi zibibi zo mu bwoko bw’Abagore [Abarozi]zibone ikibuga cyo kuzajya bakora ibikorwa byo gukiranirwa.
Ubwo ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,manuka ujye kureba gakondo ya bakiranutsi na gakondo yawe,dore inkozi zikibi zigiye kuyigarurira kugirango inkozi zikibi zibone ikubuga cyo gukoreraho ibyo guiranirwa.Nuko ndamanuka ngera kuri gakondo nsanga izo nkozi zikibi koko zayigarurirye maze mbanza guhangana na wa mwuka w’ikinyoma kuko ariwo watezaga imvururu zo gukiranirwa maze gakondo ikabura umutekano kwirukana uwo mwuka ntabwo byari byoroshye ariko mbona abandi bantu bigiye guhosha imvururu ziterwa n’ikinyoma mbona duhanganye nuwo mwuka kugeza tuwumanuye tukawugeza muri cya kibaya kiri munsi ya gakondo yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.
Ndakebuka ngo ndebe ko nabona za nkozi zikibi maze ndazibura sinzi aho zari zagiye nyamara amakuru yangeragaho ngo ni uko bavugaga yuko iyo gakondo bayigaruriye ikaba iri mu maboko yabo ariko nsanga ko ariko byari bimeze ariko na none nyoberwa icyabakuye muri yo kandi bari bayiguze ngo ibabere umwandu biranyobera uko niko Uhoraho avuze.
Dore icyo kinyoma ngiye kugishyira ahabona kugirangp ibyari amabanga bihinduke bihinduke imisozi(Imisozi)icyo gihe bazamenya yuko umwuka w’Uhoraho uri muri wowe kuko ukwizera kwabo gufite aho kugarukira bigatuma bizera bimwe ibindi ntibabyizere ko byaturutse k’Uhoraho nyamara nimara gushyira ayo mahano ahagaragara bazamenya yuko umuhanuzi wanjye yarabalimo uko niko Uwiteka avuga.
Mwana w’umuntu,dore harimo kuba ubugambanyi hagati,y’ubwami bw’uRwand ana na repuublika y’umwakagara ndetse hemejwe yuko hatangwa intonorano maze umwakagara akazajya ahabwa amakuru y’ibiri kubera ibwamo na gahunda balimo gutegura kubijyanye nitahuka rya Nyir’uRwanda.
Nkomeze kwerekwa ibikomeye bigiye kubera muri gakondo yabakiranutsi,mbona insore nsore nyarwanda cyane cyane intore za FPR hamwe nurundi rubyiruko nyarwanda bashyirwa mu ishuri ryubakiwe abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi mbona bambaye Unform zabo umweru uvaze nubururu n’umutuku mbona bavuye kwiga kubaha Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore urubyiruko nyarwanda rushyizwe mu ishuli aho bagiye kwigishwa kubaha Uwiteka abakamenya yuko ashobora byose kuko babwiwe yuko adashobora byose ndetse banabishyira no munyandiko niyompamvu bagiye kwigishwa yuko Uhoraho ashoboye batazakura bakabwira abana babo yuko adashobora byose.
Ubwo nkiraho nerekwa Abarundi na Banyarwanda bose bo mu bwoko bw’Abatutsi bose bakaba bari abagore gusagusa mbona nabo bajyanywe kw’iryo shuli ariko mbona abatutsi kazi b’Abarundi biyemeye cyane bafite ubwirasi budasanzwe bavuga ngo nubwo bajyanywe kw’ishuli bo bafite ibifungurwa
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore bashyize ubuhumane mu nzira zawe,none bafata igitiyo maze ukureho iriya myanda (Amazirantoki) bashize mu nzira kugirango bakubuze gutambuka maze urebe yuko ntohereza umuvu wa mazi aturutse iburasirazuba agakuraho iriya myanda
Nuko ndahaguruka njya gushaka igitiyo ntunganya umuferegi waho ayo mazi ari bunyurane iyo myanda maze mbona ya mitego yose bari bateze ikuwe mu nzira mbona ikinogo bari bateguye cyo kizajya gitukamo iyo myanda yose uko ingana mbona nacyo kirasenyutse nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti uko niko bimeze Uwiteka yahagurukiye inkozi zibibi kandi alimo kuzicira urubanza cyane byihuse nuko rero ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko Uhoraho ariwe Mana yawe uko niko Uwiteka avuga.
Mu gihe nari ntarava mur’iryo yerekwa mbona Uhoraho yohereza umugisha wanjye nk’uko yabivuze azajya ampemba ibikwiriye buri uko ukwezi kurangie kugirango mbashe gukorera umulimo we,maze ndabwirwa ngo,dore ngiye gukoresha umuntu wanjye nagambiriye kumugira igikoresho mu bihe bisa nkibi maze namara kuguhesha umugisha nawe uzamusabire umugisha nanjye nzumva ndi mu juru maze mugirire neza kandi muhe umugisha uko niko uhoraho avuga kuko isaho yawe itazigera iburirwa habe a gato uko niko Uhoraho abitegetse.
Maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,hahirwa umuntu Uhoraho azakoresha ku kubera umugisha atabikoze kubera ku kugigira ahubwo abikorany umutima ukunze uwo azaba hagati mu iteraniro ry’Uhoraho kandi umugisha w’Uhoraho uzaba kuri we,ndetse abazamukomokaho bose nabo bazitwa umwandu w’Uhoraho uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho ubwo narimaze kwandika ubuhanuzi bw’uyu munsi,maze ijambo rirambwira rti,mwana w’ubwo muzagera muri gakondo yabakiranutsi,muzatoranye indirimbo z’abaririmbyi baririmbye indirimbo z’Uhoraho ziririmbanye Ubuntu bw’Uwiteka nimbaraga z’umwuka w’Imana zishobora gukomeza abantu mu gihe cya kaga na makuba maze muzongere ku ndiririmbo zo mu gitabo cyo gushimisha Uwiteka hamwe n’izagakiza kugirango abo baririmbiye Uhoraho bataririmbye kubera gushaka indamu ntibazibagirane mu isi ya bazima.
Dore naguhaye ubutware bwo kurema gusenya no kurimbura nuko rero ntizibagirwe gukora icyo gikorwa kuko ar’igikorwa cyo gukiranuka kandi abaririmbye zirya ndirimbo mujya mukoresha baziririmbye batagamije ubucuruzi nuko rero nihaboneka abandi bafite uwo mwuka wo gukiranuka no gushimisha Uhoraho uzabatoranye maze ubashyire mu gitabo cy’inzo ndiririmbo baba bakiriho cyangwa batabakibaho ntibizabuze uwo mugambi gushyira mubikorwa iryo rizaba itandukanirizo ryabakiranutsi nabakiranirwa baririmba indirimbo zisingiza umwanzi wabakiranutsi uko niko Uwiteka abitegetse.
