Sept 1, 2016 njyanwa mu iyerekwa mbona Umwakagara ashaka kwigarurira gakondo ya bakiranutsi.Ndetse yongeraho n’ISAMARIYA naho mbona ko ashaka kuhigarurira kugirango yitwe Umwami w’Isamariya n’Iyerusalem niko Uwiteka avuga.Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,hanura kandi uvume Umwakagara ndetse nabadayimoni be bose kugirango umuvumo uzamubere imifatangwe abure uko yigaruriye ISAMARIYA na gakondo ya bakiranutsi.
Ijambo ry’Uhoraho rimaze kumbwira icyo ngomba gukora,ndatangira ndahanura kandi ndavuma!Yewe Mwakagara ka Rwakagara ndakuvumye mu izina ry’Uwiteka Imana ikiranuka haba mu isi no mu Ijuru.
Dore ugiye gutabarana,none ntuzahirwe muri iyo ntambara ahubwo izaguhindukirire umuvumo kandi izakubere ikiraro cyo kuva ku butegetsi dore igihe cy’Uhoraho cyo kwimika Umwami w’uRwanda kugirango abakiranaautsi bahabwe gakondo wigaruriye ukigira ikigirwamana cy’ubwoko bw’Uwiteka imana ya Abraham na ISSAC,YAKOBO na Majeshi Leon uko niko Uwiteka avuze!
Ndangije icyo gikorwa cyo kugaruza gakondo ya bakiranutsi,ndamanuka nerekera muri cya Kibaya kiri munsi ya gakondo ya bakiranutsi.Mpageze nsanga inkozi z’ibibi zateranye maze zimbonye zirampagurukana zishaka kurimbura ubugingo bwanjye!Maze ijambo ry’Uhoraho riramanuka rirambwira riti,hanura uvuge ibikomeye kubugingo bwawe maze urebe yuko Uwiteka atumvira gusaba kwawe kandi bigahita bikoreka.Nuko mbwira inkozi z’ikibi nti,ubu bibaye saa cyanda z’amanywa ya nimunsi izuba ntabwo ririburenge Uwiteka atigaragaje uko ari we Uwiteka Imana nkorera uko niko mpanuye!
Yemwe mwa nkozi z’ibibi mwe,mwafashe amazi muyabuza kumanuka mu gikombe cyo gukiranuka,ariko Uwiteka aravuze ngo,mbabwire mureke ayo mazi amanuke mbone amazi yo kunywa kugirango nkorere Uhoraho Uwiteka Imana yanjye niko Uwiteka avuga.Nkimara guhanura maze mbona amazi zari zazitiye mbona zirayerekwa maze ndanywa nshira inyota maze nikomereza umurimo w’uhoraho nezerewe uko niko Uhoraho avuga.
Bimaze kugera amasaha ya nimunsi,ijambo ry’Uhoraho ringarukaho,maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,Inzika y’Inzigo ya KIBUKAYIRE Marie Claire yakomeye cyane.Dore abakagara bategeye mu mayira abiri,none urabe maso cyane kuko urugamba urimo kurwana rutoroshye!Rurakomeye cyane kuko ari urwanyuma.Buri gihe cyose intambara ya nyuma irakomera.
Dore Umwakagara ukomeje kumutobera cyane amazi ye,agahinduka ibirohwa,none wigengensere cyane niko Uwiteka avuga.Bahereye mu gitondo barinze bageza nimugoroba bagikomeje kureba imihanda yose yuko baguca iryera,ariko bahebye!!!Wowe wongere wisubirire murutare uahamare igihe kuko nubundi imirimo ya ngombwa wayirangije kuko bari burare amarondo bagutegereje bareba yuko wacaracara uko niko Uwiteka avuga.
Dore Umwakagara wamwangirije kuko uriye mugore niwe yarasigaranye wenyine,yari yizeye yuko azarangiza gahunda zose zari zisigaye,kandi yarasigaje gato ngo agere ku gikorwa nyirizina cyo guhitana Umwami w’uRwanda nuko nyine Uhoraho yakoze ibikomeye nubwo umwana w’umuntu bigoye kugirango abimenye cyangwa abisobanukirwe naho ubundi biba baramurangiranye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo avuga.
Kugeza magingo aya,ntabwo umwakagara arumva icyo uri cyo kuko yemera ubugome bwe cyane kuruta uko yemera Uwiteka Imana.Na kare yavuze yuko adashobora byose!Ariko Uwiteka yaramuguteje ngo umuhagame maze amenye yuko Uwiteka ashobora byose,kandi ulinzwe nawe,nta cyo ashobora kuba uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa mfite urucundura rwa mafi,ndimo kuyagurisha hirya no hino,maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho rirambwira riti,Uhoraho agiye kuguha umugisha muri iyi minsi kugirango ubone uko ukomeza umurimo we niko Uwiteka avuga.
Dore umwakagara amaze igihe kinini amuhiga kugirango amuce igihanga none uwo mugambi awugezeho nuko rero tangaza ubwo butumwa kugirango abamuzi bashobora kumubona vuba bishoboka bamuburire kugirango atabaze Uhoraho amugirire imbabazi naho ubundi akaba kabaye niko Uwiteka avuga.
