Home News Umunyamakuru w’InyangeNews (Mukobwa wa Ndoba) ukorera muri gakondo ashobora kuba yarashimuswe na...

Umunyamakuru w’InyangeNews (Mukobwa wa Ndoba) ukorera muri gakondo ashobora kuba yarashimuswe na leta y’umwakagara

0

Ikinyamakuru inyangeNewss.com kirashakisha (Itangazo) umunyamakuru wakoreraga itangaza makuru ry’ INYANGENWSS.COM mu Rwanda akaba yarashinzwe gushaka amakuru yo mukarere kibiyaga bigari.

Tumaze iminsi twaramubuze bitewe ni uko yari yadutangarije yuko ubutegetsi bw’umwakagara bushobora kuba burimo bumukurikirana za magigiri za DMI zimaze iminsi zimugendaho zishaka kumuca igihanga.

Hashize ukwezi tuvuganye atubwira ko umutekano we utameze neza,tukaba ntamakuru ye duheruka,tukaba dusaba ko,niba yaba akiriho akaba abasha kuba kurikirana urubuga rw’InyangeNewss.com,yatwandikira kugirango tumenye ko,yaba akiriho kuko dufite impungenge nyinshi kubera tutazi amakuru ye.

Twirinze kuvuga amazina ye kubera impamvu z’umutekano we,ndetse twirinze kuvuga byinshi (details) we ubwe niba yaba akiriho arabizi ko,ariwe tuvuga asabwe kwandika vuba na bwangu atumenyesha ko yaba akiriho kugirango dushire impungege kuko umukozi w’ikinyamakuru inyangeNewss.com ishami rya Nairobi-Kenya tutamushira amakenga ko yaba yaramugurishije kuko ari we muntu wa nyuma wagambaniye ikinyamakuru InyangeNews Media Agency.

Ikinyamakuru InyangeNews.com kiraburira na bamwe muri za magigiri z’umwakagara zajyaga ziduha amakuru kwirinda cyane mukajya muhingura za e-mail zanyu buri uko mwohereje amakuru kugirango umwakagara atazabagwa gitumo mukahasiga ubuzima kandi rwali rurese!

Iri tangazo rikaba ritanzwe nubuyobozi bw’itangaza makuru rya (INYANGENEWS MEDIA AGENCY)

 

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar