Home News Umuherwe Amos Kamugisha agiye gusubizwa mu butayu!

Umuherwe Amos Kamugisha agiye gusubizwa mu butayu!

0

PHOTO:DIANA KAMUGISHA

Feb 17, 2017 njyanwa mu iyerekwa nk’uko bisanzwe,mbona umwe mu bacuruzi bakomeye ku ngoma y”umwakagara witwa AMOS KAMUGISHA,mbona yongera gufatwa arafungwa kandi gufungwa kwe,kwari gukomeye ku buryo byari bigoranye kongera kumufunguza hakoreshejwe amasengesho nk’uko twabikoz ubushize ubwo umugore we DIANA KAMUGISHA wahanuriwe yuko umugabo azahura nibikomeye ubwo hari mu mwaka w’2002 maze yihutira kujya gutanga ibirego kubashumba avuga yuko ngo Umuhanuzi Majeshi Leon amuhanuriye yuko umugabo we azapfa!

Nyamara yavuze uko umwuka w’Imana atavuze!Ubwo biheze muri 2006,umugabo we AMOS KAMUGISHA wacuruzaga imiti ivura abantu ayikura muri Korea y’Amajyepfo,akaba yarahagarariye icyo gihugu nka CONSULAR  wicyo gihugu akaba ari nawe wazanye BAN KIMON mu Rwanda aje kumwamamaza kugirango azatorwe kumwanya w’umunyamabanga wa ONU muri 2005.

Ubwo AMOS KAMUGISHA amaze gufatwa agafungwa umudamu we DIANA yatangiye kunshakira hasi hejuru,yibuka ibyo nabwiye mbwirijwe n’umwuka w’Imana.Kuko twateraniraga muri CLA Christian Life Assembly NYARUTARAMA ariko mbere twateraniraga muri Eglise VIVANTE ninaho ubuhanuzi bwiffungwa ry’umugabo we bwamanukiye.

Twaje guhura maze ansaba kuzajya gusura umutware we,mbanza kubyanga kuko ibikomere by’urubwa yanteye byari bitarakira.Mwemerera ntamwemereye kunshuro ya kabiri na none aza kundeba ambaza niba naragiyeyo mubwira yuko ntarabona umwanya ariko nzagerageza nkazajya kumusura.

Ubwo nagezeho mbona ko bikomeye njya gusura umugabo we,maze umwuka w’Imana aravuga ati,wa mugabo we,mu byumweru [2] uraba ufunguwe nyamara umwuka wera avuga ayo magambo,bari bamaze kumusabira igifungo cy’imyaka [10];umugabo aranezerwa arangije arambwira ati,Majeshi undutiye abakire bose twabanaga kuko ushoboye kuza kunsura kandi abandi badashobora kunsura hejuru yibyo uransengeye none ndafunguwe.

Ubwo mu byumweru [2] byarangiye afunguwe murukiko rwa gisirikare icyo gihe rwakoreraga ku gisiment hafi ya Chez LANDO.Ubwo yasubijwe utwe twose harimo umutungo wa mafaranga angana na miliyoni [600] z’amanyarwanda icyo yanganaga na miliyoni y’idollar.Ubwo amaze gufungurwa nyine umwana w’umuntu nuko amera sinongeye kubabona we numugore we,ubwo naringiye gukora ubukwe twahuriye kunzu ya Tribert AYABATWA Rujugiro UTC maze mubwira yuko nkeneye yuko azajya kunsabira umugeni aranyemerera ampa intwererano y’ibihumbi [50,000] anyemerera nimodoka.

Umunsi wo kujya gusaba no gukwa uragera isaha  sita iragera twari twumvikanye yuko anzanira imodoka ariko isaha igeze mukadomo.Telephone arayifunga.Ubukwe bwarabaye burarangiye nyuma tuza guhura ambera umututsi nanjye mubera umukristu.

Umwuka w’Imana yongera kumbaza kuri uyu munsi ati,ko AMOS KAMUGISHA yakwihenuyeho kandi waramusengeye maze Uwiteka amukiza urupfu nigifungo,noneho ubu azasengerwa nande?Nanjye ndasubiza nti,hariho abahanuzi benshi muri gakondo ntazabura abanyamwuka bazamusengera akongera agafungurwa.Maze ndabwirwa ngo,ubanza bizaba bitoroshye kuko ijambo ry’ubuhanuzi ryamuvuzeho yuko mbere y’umwakagara akurwa kungoma,bazamanukana mu butayu bugufiya kandi ko Amos ari we uzabanziriza Umwakagara kujya mu butayu mbere yumo Umwakagara abwinjirimo uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.Uyu Amos Kamugisha akaba mukuru w’umusirikare wari Maj.Dr.BEN Karenzi muri RDF,nguwo  umwana w’umuntu mujya mwumva uwiringiye umuntu akwiye kuvumwa!

Diana Kamugisha yahanuye ko hagiye kumanuka umuriro hakagwa n’imvura y’umuhindo.

Rwandan Appointed Korean Consul

Kigali — Businessman Amos Kamugisha has been appointed as the South Korean Consul to Rwanda. The announcement was made December 9 by Soon Chun Lee, the South Korean Ambassador to Rwanda, at a function held at the Hotel des Milles Collines on 9th December.

 In his speech, Lee said South Korea appointed Kamugisha to coordinate its interests that include among others, boosting trade between the two countries. He noted that his government has also opened gates for Rwandans to enrol for Masters Degrees and Doctoral studies in Information and Communication Technology (ICT).

Nsubizwa mu iyerekwa mbona uburyo inkozi z’ibibi zari zohereje gukora ikizamini giherekejwe numudayimoni wo mu bwoko bw’inyoni y’imbata.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore uwo mudayimoni woherejwe n’umwuka w’Inzika y’Inzigo ariko noneho haguruka uwufate mu ntoki zawe maze uwuce igihanga ibyawo birahita birangira.

Nuko numvira ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo maze ndagenda ndawufata,ndawica maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,Intare y’umuryango wa YUDA iranesheje kuko akuyeho umwanzi wawe urwanya abanyamasezerano kugirango batinjira mu isezerano ry’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uhoraho Uwiteka akorera abamwiringira kandi niko avuga.

Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hariho abagore bazamuye urwango mu mitima yabo,bamwe muri bo,babazwa n’ijambo ry’ubuhanuzi rinyura muri wowe ariko cyane bakababazwa nibyago wahanuye kuri gakondo yabakiranutsi kubera bazi neza yuko bamaze gucirwaho iteka n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kubera gukiranirwa kwabo uko niko Uwiteka avuga.

Umwuka w’Imana zera akomeza kumpangaho,maze arambwira ati,mwana w’umuntu,dore abantu benshi cyane bahagukijwe no guhakana ubuhanuzi  ijambo Uwiteka anyuza muri wowe kuko bamaze kubona yuko igihe cyabo cyo gukurwa mu mubiri cyegereje.Nyamara naho barwanya ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ntabwo bizabuza umugambi w’Uwiteka gushyirwa mubikorwa kandi ntibizatuma batarimbuka niko Uwiteka avuga.Kuko banze kumvira ijambo ry’ubuhanuzi rimaze imyaka [8] ribahanurirwa kuzageza baciriweho iteka niko Uwiteka avuze!

Ndabwirwa ngo,itegereze mu mulima wa masaka ya gakondo ya bakiranutsi,nditegereza mbonamo amasaka atangiye gupfundura amahundo yayo,hari hasigaye amezi agera kuri [3] ngo abashinzwe kugesa amahundo bajye kuyagesa.Ariko mbona Malaika waje mu muyaga waruturutse IKUSI ya gakondo ya bakiranutsi mbona araje atemaguye ya masaka (amahundo) yose uko yakabaye kandi yari atarera ngo asarurwe.

Maze mubaza impamvu atemye ayo masaka kandi yarasigaje igihe gitoya ngo yere babone kuyasarura,maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rirambwira riti,mwana w’umuntu,ariya masaka yihanganiwe igihe kirekire yaranze kuzana umusaruro buri gihe agaragara nkaho agiye kwera ariko ntajya year ahubwo yararumbye.Niyompamvu Uwiteka yategetse yuko bayatema kuko ntabwo yarananiwe kwihangana amezi [3] kugirango azabe amaze kwera amahundo yayo uko niko Uwiteka akora.

Ubwo nkurwa ahongaho nerekwa za magigiri zari zateze imitego hirya no hino mu gihugu cy’ibabylon mu murwa mukuru w’ISHUSHAN,maze guhangana nizo za magigiri zashaka ubugingo bwanjye kugirango zince igihanga dore ko ari byo byokurya byazo,kandi akaba ari wo murimo bahemberwa.

Mbona ndikumwe n’ingabo z’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,maze dutoragura intwaro zose bari bateze mu mulima w’ibigori bari barahinze!Dufata za ntwaro zose turazitwara maze urugamba rwabo rurangiriraho batsindwa ruhenu ntibaba bagishoboye guhangana n’Umuhanuzi uko niko Uwiteka ajya atabara abamwiringira kandi niko akora,ninako avuga .

Maze ijambo ry’Uwiteka Nyiringabo rirambwira riti,mwana w’umuntu,shima Uwiteka Imana yawe kuko akuneshereje intambara ikomeye utari buzashobore kuzarwana wenyine.Nanjye numva ishimwe rizamutse mu mutima wanjye ndavuga nti”shimwa gitare cya mahanga wowe utajya utererana umugaragu wawe ahubwo umuhozaho amaso yawe iteka.Kandi wamwiringieje amahoro n’umutekano bituruka mu Ijuru ku Mana data wa twese kugirango abashe gusohoza umulimo wawe nk’uko wawumuraze kugrango uzamubere umwandu w’ibyiringiro by’ubugingo data ushimwe kandi uhabwe icyubahiro iteka niteka ryose amen.

Nkomeza kwerekwa imirimo ikorerwa mu isi y’umwuka,mbona ndi gukora no gutunganya TV (Installation) ndimo kumanika iminara yayo(Antenna) zayo maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rirambwira riti,rero inkozi z’ibibi zari zohereje imyuka mibi yo guhuma amaso yawe urebesha mu isi y’umwuka kugirango udakomeza guhishukirwa none kubera amasengesho Uwiteka yakubwiye gukora ukaba ugize umunsi wa kabiri uri imbere y’Uwiteka,byatumye imigambi yose y’umwanzi ineshwa kandi akaba atsinzwe burundu kuko ijambo y’ubuhanuzi rikunyuramo rikomeje kumubuza mahoro kuko ari nta cyo agishobora gukora kuva aho ijambo ry’ubuhanuzi ryashyirirwe ahagaragara uko niko uwiteka Nyiringabo avuga.

Save

Save

Save

Save

Save

Save

Save

Save

Save

Save

Save

Save

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar