Ni kenshi twababwiye yuko Uwiteka avugira mu nzozi,kuko abasha ku kubwira ibizakubaho cyangwa ibyakubayeho,kugirango ugire icyo wabikoraho ahanini Uhoraho aba avuga kubijyanye na masengesho kugirango wiyambure izo mbaraga z’umwijima bakuzingishije.Kutamenya iby’Imana ivuganira nawe cyangwa ikwigishiriza mu nzozi,byaba arakaga gakomeye cyane kuko gutabarwa kwawe gushobora kugukomerera cyane.Job 33:1-18,Habbakkuki 2:2
Niho usanga abantu benshi bananirwa gushaka mu maso h’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,bagahitamo kwigira mu bakoresha inzira ngufi(imyuka mibi) cyangwa se muri ya mvugo yateye ubu yitwa(devil worshiper)nubwo bigaragara nk’aho ari bishya kuri bamwe,ariko byahozeho,ahubwo ni uko byari bigikorera mu ibanga bitarashyirwa ahabona.
Bwira Imana!Ariko se mbere yuko uyibwira,wowe ibyo ikugerageza ku kubwira mu haba mu nzozi cyangwa mu ijambo ryayo,waba ubyumva ukanabyitaho?Niba se udashobora kuyumvira ibyo Uwiteka akubwira,kandi dusabwa kuyumvira no kuyubaha,bizagenda gute kugirango yo,ibashe kumva ibyifuzo byawe!?