Home News Ubushinwa bugiye kwikingira kubera Korea yepfo(ubuhanuzi Igice cya (51) cy’ubuhanuzi

Ubushinwa bugiye kwikingira kubera Korea yepfo(ubuhanuzi Igice cya (51) cy’ubuhanuzi

0

Ubushinwa bwavuze ko buzafata ingingo butasobanuye zizatuma bwikingira inyuma yaho Korea yepfo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangiriye gushinga uburyo bwo kwirinda ibitero vya “missiles”.

Ubutegetsi bwa Seoul buvuga ko ibyo bigwanisho bigiye gutuma yikingira ibitero bya Korea ya ruguru, yateye “missiles” mu kiyaga cy’Ubuyapani ku munsi wa mbere.Ubushinwa bwariyamirije iryo tera rya “missiles” ryakozwe na Korea ya ruguru ariko biribonekeza ko butewe kurusha amakenga n’ubwo buryo bwo kwikingira Amerika iriko irategura, burategenya gukoresha icuma kibona kure “radar”, gishobora gushyika hagati mu Bushinwa.

Amerika yatanguye gutwara muri Korea yepfo ibikoresho bya mbere vy’ubwo buryo bwo kwikingira ibitero bya “missile”.Uburyo “Terminal High-Altitude Area Defense” (Thaad) nubwo gufasha kwikingira ibitero bya Korea ya ruguru.Ingingo yo gutangira gushinga ubwo buryo bwo kwikingira yafashwe inyuma yaho Korea ya ruguru itereye “missiles” zine, ikirengagiza ibihano yafatiwe n’amahanga.

Uwo mugambi wa Amerika na Korea yepfo warashavuje akarere ko mu mazinga ya Korea harimwo n’igihugu cy’Ubushinwa.Ibinyamakuru byo muri Korea yepfo bivuga ko ibikorwa byo gushinga ibateri Thaad byatangiye ku munsi wa mbere, bimwe mu bikoresho bikaba byaje biva muri Amerika, byururukijwe ku birindiro by’abasirikare ba Amerika kiri hafi ya Seoul.

Itangazo ryavuye mu gisirikare cya Amerika ryabyemeje rivuga ko “ibikoresho bya mbere” by’ubwo buryo bwo kwikingira byarungitswe muri Korea yepfo.Ubwo buryo bwo kwikingira ngo bushobora gutangira gukora mu ntangiriro z’ukwezi kwa kane, nkuko ikinyamakuru cya Korea yepfo cyavuze.

Save

Save

Save

Save

Save

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar