Abasirikare b’inzobere bari gupima ibijyanye na gaze ihumanya kandi abakora ibikorwa by’ubutabazi basabwe kwambara imyenda ibarinda.

Ariko amatsinda akora ubutabazi yavumbuye uwarokotse mu bisigazwa by’inyubako mu masaha yak are kuri uyu wa Gatanu. Ikigo cy’itangazamakuru cya Leta, Xinhua, cyavuze ko uwo musore wakuwe mu bisigazwa nyuma y’amasaha 32 habaye iturika, yitwa Zhou Ti, akora mu rwego rwo kuzimya umuriro.
Biravugwa ko abazimya umuriro 21 bari mu bapfuye kandi abandi benshi baburiwe irengero. Amatsinda y’abazimya umuriro yari ahabereye iri turika, nyuma yo guhamagarwa.
Umuyobozi w’urwego ruzimya umuriro muri Tianjin, Zhou Tian, yabwiye abanyamakuru ko abakozi barenga 1000 n’ibikoresho bizimya umuriro bigera ku 140 bikiri kurwana n’umuriro kuri uyu wa gatanu.
Xinhua iravuga ko Kompanyi y’icyambu cya Tianjin yavuze ko abakozi bayo babarirwa mu macumi batazwi aho bari