Nyuma y’iminsi ibiri umuhezanguni wumva ko abazungu baruta andi moko yagongesheje imodoka ye abantu mu mujyi wa Charlottesville, Perezida Trump ku nshuro ya mbere yamaganye adaciye ku ruhande imitwe y’abahezanguni b’abazungu yagize uruhare muri izo mvururu.
Bwana Trump yavuze ko umutwe wanga abirabura wa Ku Klux Klan, imitwe y’abazungu bumva ko baruta andi moko n’indi mitwe irangwa n’urwango iteye isesemi kandi ko ntaho ihuriye n’ibintu byose abanyamerika baha agaciro.
Yavuze ko ivanguramoko ari ikintu kibi cyane kandi ko umuntu wese ukora ibyaha by’urugomo mu izina ry’ivangura azabiryozwa.
Donald Trump yari amaze iminsi ibiri anengwa cyane kubera ijambo yari yavuze mbere aho yanenze ivangura rikorwa n’impande nyinshi, ariko ntiyerure ngo yamagane abahezanguni b’abazungu bumva ko baruta andi moko.
Uyu munsi kandi urukiko rwo muri leta ya Virginia rwanze ko kwemerera kuburana ari hanze umugabo ushinjwa kuba yaragongesheje imodoka ye ku bushake imbaga y’abantu bari mu myigaragambyo irwanya abahezanguni maze umugore umwe akahasiga ubuzima.
