Muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo leta n’abatavuga rumwe nayo barateganya kuri uyu wa gatandatu gushyira umukono ku mwumvikano wo gushyira mu bikorwa amasezerano yo gusangira ubutegetsi yasinywe mu mpera z’ukwezi gushize.
Kuva ayo masezerano yashyirwaho umukono ku itariki ya 31 z’ukwezi kwa cumi na kabiri, impande zombi ntizabashije kumvikana k’ukuntu yashyirwa mu bikorwa.
Ayo masezerano – Kiliziya gatolika yabayemo umuhuza – ateganya ko Perezida Joseph Kabila azava ku butegetsi mu mpera z’uyu mwaka hamaze kuba amatora.
Ateganya kandi ko hajyaho leta y’inzibacyuho igizwe n’abaministri barenga mirongo itanu kandi igomba kuyoborwa na ministri w’intebe ukomoka ku ruhande rw’abatavuga rumwe na leta.
Imyigaragambyo isaba ko Perezida Joseph Kabila ataguma ku butegetsi igihe manda ye yarangiraga mu kwezi gushize yahitanye abantu babarirwa muri mirongo.
Save
