Amakuru aturuka muri Uganda yanditswe nikinyamakuru chimpreports.com aremeza yuko uwahoze ayoboye inzego z’iperereza LT.Gen.Karenzi Karake yatawe muri yombi,nyuma yuko akuwe kuri uwo mwanya akagirwa umujyanama w’Umwakagara murugwiro.
amakuru yemeza kandi akomeza avugako ngo,yaba afungiwe mu nzu bita safe house,twakwita gereza zitazwi z’Umwakagara afungiramo abantu ashaka kubica rubozo cyangwa kubaca ibihanga.
minisitiri w’ingabo Gen.James Kabarebe yirinze kuvuga byinshi ku ifungwa rya mugenzi we,Karenzi Karake,ariko amakuru twakoreye iperereza nyuma yo gusoma iyi nkuru,ayo twahawe na za magigiri z’Umwakagara biravugwa yuko ngo yaba yazize umutwe wa politike RNC utavuga rumwe na leta ya abega.
Amakuru akomeza avuga ko ngo,yafatiwe rimwe numukuru wa(Managing Director of Kigali Heights, Mr Dennis Karera). Bikaba bivugwa yuko itekinika ry’ingoma ya abega na FPR,bamaze guhimba ibyaha byo kubarega yuko bashinjwa ruswa bitwaje imyanya bari bafite muri ubwo butegetsi.
Karera akaba ashinjwa kuba yarakoresheje amafaranga menshi mu nyubakwa yitwa Kigali Heights ,iyi akaba ari ishyirahamwe ry’abaOffisiye bakuru bavuye kurugerero cyangwa kuva mu ngabo za abega.
amakuru avugako bakomeje gukorwa ho iperereza,ariko nyine nkuko bimenyerewe birumvikana yuko balimo gushaka uko babaca imitwe,bitwaje amategeko nyuma yaho bakazaburirwa irengero bakazavuga ko ngo batorotse.
irifungwa rije rikurikira irya babanjirije,aho Gen.Frank Rusagara na Col.Tom Byabagamba bamaze gukatirwa imyaka irenga [20];twibutse yuko umuryango wabibumbye wahaye amazi [6] leta y’Umwakagara kuba yamaze gufungura abo ba officers hamwe na banyapolitike batavuga rumwe na leta ya abega,ariko ayo mezi [6] akaba yararenze bivuga ko Umwakagara yahisemo gusuzugura umuryango wabibumbye uRwanda rubereye umunyamuryango.
Twibutse yuko Umwakagara yakoze ibishoboka byose ngo Kareke ntafungirwe mu gihugu cy’Ubwongereza hashize imyaka 3,maze amugarura mu gihugu hishyuwe miliyari imwe na miliyoni magana atatu zamanyarwanda zanganaga na miliyoni imwe ya mapound yicyo gihe.Byari mu mwaka wa 2015.
Ibyo Umwakagara yabikoze nyuma yo kumva yuko Ubwongereza bushobora kumugeza imbere y’ubutabera bwa SPAIN aho yaregwaga ibyaha birimo kwica abapadiri biciwe IGITARAMA KABWAYI
