10th Nov,2015 Nerekwa umuntu warufite umupanga cyangwa umuhoro,uwo muntu yararimo atema ibiti,(2);maze mu gihe atangiye gutema icya (3); mba ndahatungutse,nuko aba atagishoboye gutema igiti cya (3) nyko ndamubaza nti,urimo urakora iki?Aransubiza ati,ndimo gutema ibi biti,kuko nahawe umurimo wo kubitema (Ubutegetsi) nuko ndamubwira nti,noneho ube urekeye aho ibyo watemye wabitemye icyo kindi gisigaye ntugiteme kuko igihe cya cyo cyo gutemwa cyangwa gucibwa ku isi yabazima ntabwo cyari cyagera uko niko Uwiteka ategetse.

Ndasubiza nti nabibonye nyaguhora ku ngoma we,erega Uwiteka niwe mujenga wa byose,kandi niwe utegeka kuko isi ni biyirimo byose, ndetse n’ijuru niwe wabihanze,ibindi na byo arabirema,none se,wabwira umuremyi wawe ngo kuki wandemye gutya?Uko niko Uwiteka abaza.
Nuko wa mugabo watemaga byabiti,arambaza ati,ese ni wowe utegeka ibiti bigomba gutemwa nibitagomba gutemwa?Nuko ndamusubiza nti,ntabwo ari jye utanga amategeko kuko nanjye nd’umukozi wa shobuja uwo ukorera niwe nkorera usibye yuko wowe ushinzwe gutema ibiti,nanjye nkaba nshinzwe kugenzura ibigomba gutemwa nibitagomba gutemwa urumva yuko uramutse ubifashe gutyo waba undenganije uko niko Uwiteka akora!
Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ingabo za RDF+Umwakagara zikomeje gukora imyitegura yo guhangana nibihe bikomeye kandi ibyo bihe ntabwo bazabitsinda kuko bigiye kubaremerera kandi igihe cyabo cyo gukoreshwa ibikomeye mu isi yabazima cyararangiye uko niko Uwiteka avuga.
Ninayo mpamvu bamwe muri bo batangiye gutegura guhunga igihugu kuko bari barananiwe kwizera ibyahanuwe none babonye yuko bishoboka,ariko harimo abo Uwiteka azanangira umutima kugirango bazagwe mur’iyo ntambara kuko banenze ijambo ry’Uwiteka Imana baryita ibihuha nubu rero azakomeza kubanangira umutima kugirango ibyahanuwe bizabasohoreho uko niko Uwiteka avuga.
Dore ibyo Uwiteka abikoreye kubera yuko bishyize hejuru bibona yuko aribikomerezwa bya cyane kandi iki ari cyo gihe cyabo,naho ntibakamenye yuko igihe cyabo cyarangiye ubwo Uwiteka yamanuraga ubutumwa kubatuye isi,kugirango bamenye yuko Uwiteka afitanye urubanza nabategetsi bo muri gakondo,ariko bo bakingiye ikibaba umwakagara kugeza nubwo asuzugura izina ry’Uwiteka Imana kumugaragaro barebera.
Ese ubundi mwana w’umuntu,bakoze iki?Kugirango izina ry’Uwiteka ridatukwa?Kuko niba ritukwa uyu munsi ndetse rigasuzugurwa uyu munsi,bikorwa kubera yuko babyemeye,iyo bataza kubyemera ntabwo izina ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi,bari kuyituka,ndetse bakanashyigikira abayituka kandi bavuga yuko ariyo bakorera.abaye wowe wabigenza ute?Uko niko Uwiteka abaza!
Maze aho bari babigeneye yuko ariho byakirirwa haba hatoya cyane,maze nerekwa mbona iyo nyamaswa iva mu bwato bwari mu Nyanja ijya hakurya y’inyanja irambuka ifata kubutaka maze ihura nindi nyamaswa zombi zari zambaye ikabutura(Igisuzuguriro) maze birakina sinamkubwira karahava zombi nta nimwe yabashije gutsinda indi,ubwo zombi zahise zihinduka ikipe imwe maze zikina nindi kipe nyarwanda ziyitsinda ibitego (2);kubusa.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore iyo nyamaswa izasiga yimitse umutegetsi uzayobora gakondo yabakiranutsi,ndetse uwo nguwo izashyiraho,igihe cye nikirangira,hazakurikiraho undi,uwo nawe Navaho,aho niho hazima Umwami wabakiranutsi Mechesdech uwo Abraham yahaye icya cumi uko niko Uwiteka avuga.
Ubonye ishyano kuko umwanzi akumanukiye kandi azanye uburakari bw’inkazi buteye ubwoba nk’uko bahanuzi babihanuye niko bibaye kandi niko bisoheye uko niko Uwiteka avuga.
Ariko hanyuma yibyo umwijima uzasimburwa numucyo utangaje kuko ahari abapfu niho inkongoro ziteranira kugirango zirye inyanfu zihange nyamara Uwiteka we,ntabwo ashobora kwibagira abakomoka murubyaro rw’Abraham kuko yabahaye isezerano yuko atazabura kubatabara kumunsi wa makuba uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,elekeza amaso ibumoso bwawe,nerekeza amaso yanjye ibumoso,mbona abagore (3);ndetse bagera kuri (4);(abarozi-kazi)maze mbonamo umugore umwe(1);w’ikigina gusagusa,uwo mugore wari hagati yabagore (3);umurozi-kazi yari yicaye kurubara (Verender) rw’umukiranutsi-kazi utuye kumugabane w’IBURAYI.
Iyo nkozi y’ikibi yashakaga guhumanya uwo nyampinga kuko yaragiye gushyignirwa kuko igihe cyari gisohoye.Nuko izo nkozi zikibi zikoreshej imyuka yazo,zabashije kumenya yuko uwo Nyampinga agiye gushyingirwa n’Uwiteka Imana yabakiranutsi akazubakirwa urugo rwiza kuko icyubahiro nubwiza bw’Uwiteka bizamugaragaraho.
Kubera iyo mpamvu zahise zihuta vuba na bwangu ngo zijye gusura umubyeyi we,kandi zigenda zitwaje n’impamba y’igipfunyika cy’itabi ry’ibibabi ndetse na siggarette(amagambo) cyangwa amazimwe nuko sinakubwira bicara kurubara (Verender) kuko nabonaga iyo nzu y’uwo mukiranutsi kazi atuyemo n’inzu yo hasi ifite za Stairs zicuramye bitari cyane ariko nyine zimeze uko mvuze.iyo nkozi yikibi ikunda kwambara ikanzu itukura(Kumena amaraso)Ikunda kunywa itabi(Amagambo)Areba amaso y’ingarisi(Ishyari,urwango,ubugome,igomwa no kuroga.
Izo nkozi zikibi zari zicaye uruhande rw’IBUMOSO umuntu asohoka ava mu nzu ajya hanze,amaso y’izo nkozi zikibi,yari kuri Nyampinga,uwo Nyampinga afite style Frances akaba ikigina nkanyina,kandi akaba muremure biringaniye,akaba rero anafite uburanga buringaniye ntabwo asebye cyangwa abe akojeje isoni,ndetse akagira no mu gituza hatoya afite imyangane mitoya ijyanye n’igihe abikigihe bagezemo.
Mwana w’umuntu rero burira uwo mweneso mu Mwami wabakiranutsi kugirango amenye yuko intwari zitaka zinyinyiriwe ahasigaye arah’intwarane ariko umubwire uti,Uwiteka n’intwari kurugamba ntabwo ajya ananirwa kandi nta ntambara nimwe yigeze arwana ngo atsindwe kuko ajya aneshereza abamwiringiye niyompamvu batajya bakorwa nisoni uko niko Uwiteka avuze.