HomeNewsIntsinzi ya Donald Trump ihagaritse umutima isi yose ariko cyane kumugabane w'Africa

Intsinzi ya Donald Trump ihagaritse umutima isi yose ariko cyane kumugabane w’Africa

Ishirahamwe ryitwa Intelligence Unit rishinzwe gukora iperereza riratangaza ko mu gihe Trump yatsinda amatora ateganijwe mur’uyu mwaka agatahukana intsinzi mu matora a prezida wa Amerika.Ibyo bishobora kuzatera ingorane ku bukungu bw’isi no kongereza ingorane muri politike n’umutekano kuri Amerika.Ariko nubwo iri shyirahamwe rivuga ibi,nta bimenyetso bifatika bagaragaza ndetse abandi bakabifata nko kumurwanya kugirango babulizemo intsinzi ye imaze kwigaragaza.

Iryo shirahamwe rya Intelligence unit fikaba rifite ikizere yuko Donald Trump atazatsinda amatora y’umukuru w’igihugu.Twibutse yuko uyu muakndida ariwe uri imbere mu majwi yabaharanira umwanya w’umukuru w’igihugu uzasimbura bwana Obama Hussein uyoboye manda zigera kuri ll akaba akomoka mu muryango wabarepubulika.Iri shyirahamwe ryemeza yuko uzatsinda amatora ari madame Hillary Clinton uhagarariye abademokarates, ariko umuntu akaba yakwibaza ati,niba Trump atazatsinda amatora none uwo muryango wa Intelligence unit kuki uhagaritse umutima?

Intsinzi ya Trump Donald ifatwa ko yaba ihagaritse abantu umutima abatuye kw’isi gusumba ko Ubwongereza bwa kwivana mw’ishirahamwe ry’ubumwe bwa Burayi cyangwa ibibazo by’intambara bivugwa mu Nyanja yo mu majyepfo y’Ubushinwa.

Ukugabanuka k’ubutunzi bw’Ubushinwa cyangwa Uburusiya kwinjira mu ntambara ya Ukraine na Syria, bituma habaho gushyamirana hagati y’ibihugu bya rutura (guerre froide), ni byo bintu byonyine bifatwa ko byateye umutima uhagaze gusumba intsinzi ya Trump.

“Magingo aya, Trump amaze kuvuga ibintu bicye cyane byerekeye politike yiwe, kandi agenda ahindura aho ahagaze,” EIU ko bavuze mu cyegeranyo cyabo cy’ibintu bigeramiye isi.

Ubwo bushakashatsi kandi burihweza ingaruka y’ibintu bishobora kuzaterwa na politike ndetse namahirwe ashobora kuboneka mu byo batiteze ibyo bintu biba bifite uko bishobora kuba byose byashoboka cyangwa ntibishoboke.

EIU ikoresha igipimo cyo kuva kuri rimwe gushika 25, Trump akaba afite amanota 12, akaba anganya no “kwiyongera kw’ibitero by’iterabwoba bishobora kubangamira ubutunzi kw’isi”.

Iryo shirahamwe ryagabishije ko amagambo avuga mabi kuri Mexico n’Ubushinwa ashobora gutuma haba intambara y’ubucuruzi.Ariko se ubundi mbere yuko aza kwiyamamaza tubanze turebe niba ibyo bivugwa niba byaba bitari bisanzwe.Obama yagiye kubutegetsi avuga ko agoye kurangiza intambara y’iterabwoba ariko byagaragaraye yuko ahubwo ariwe wayishyigikiye duhsingiye kumakuru yagaragaye kuri CNN aho yavugaga ko abayislamu nabo bafatwa nk’Abanyamerica kandi ko arabanyamerica.

Trump yasabye ko, hakubakwa uruhome hagati ya Amerika na Mexico mu kuzibira abimukira kandi yaranasabye ko imiryango y’abitwaje iterabwoba yo kwicwa.Ibi abanyamerica bamwe bakaba batafata ho kimwe,ariko icyo umuntu yakwibaza ni kuki bakomeje kumugirira ikizere cyo kuba umukuru w’igihugu cy’America?Yavuze kandi ko Syria yoterwa mu ntumbero yo kurwanya umugwi wa Islamic State.

Ikindi ni uko EIU yavuze ko aho ahagaze ku mu bibazo byo mu burasirazuba bwo hagati no gusaba ko aba Islam bokwimwa uburenganzira bwo kwinjira muri Amerika, bishobora gutuma imitwe itsimbaraye ku matwara ya Islam ishobora kwiyongera.Ariko ubuhanuzi bwo mu gice cya (25) na (26) bwagaragaje ko azatsinda amatora ya mbere (preliminary) yo guhagararira umutwe wabarepubulike kumwanya w’umukuru w’igihugu.Nta gushidikanya yuko Uwiteka Imana atajya atanga igice kimwe ahubwo iyo yaguhaye araguha bikagaragara ko yaguhaye.

RELATED ARTICLES
- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments