Home News Impunzi zicuruza ijambo ry’Imana zicirwaho iteka!!!

Impunzi zicuruza ijambo ry’Imana zicirwaho iteka!!!

0

Dec 30, 2016    njyanwa mu iyerekwa mbona imilimo ikorerwa mu isi ya bazima,ibyo abatuye isi,batari biteze.Mbona umukuru w’igihugu w’IBABYLON Kenyatta agiye muri gakondo ya bakiranutsi gusaba inama z’uburyo yabigenza kuko itegeko yashakaga guhitisha rimwerera ngo azabone uko yigenza mu matora ateganijwe umwaka utaha wa 2017.Ariko nubwo yagiye gusaba inama nta cyo byamumaliye kuko bitashoboraga guhindura ijambo ry’ubuhanuzi ryamuvuzeho yuko azategeka mandate imwe gusa akaba ntayindi ya kabiri ateze kuzabona nk’uko umwuka w’Imana yabivuze uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Mbona umuryango wa family nari narashatsemo,ko bari baboshwe nikibazo cy’uwahoze ari madame Mukandirima Murekatete Odette,mbona ko gikemutse,ariko gikemuka mu buryo buteye akenga nisoni,maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore banze kwemera ijambo ry’ubuhanuzi icyo ryabavuzeho,none ibyo banze kumva,bagie kubirebesha amaso yabo kugirango bemere kandi bamenye yuko umwuka w’Uhoraho akorera kandi atuye muli wowe uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.Mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo,uneshwa burundu nyuma yuko ijambo ryabahanuweho n’umwuka w’Imana,rishyira mubikorwa ibyo ubuhanuzi bwabavuzeho uko niko Uwiteka avuga.

Mbona Umwakagara akora ibishoboka byose ngo arebe yuko yabasha kubona Umuhanuzi wa mu naniye,ndetse agerekaho gukoresha imbaraga zidasanzwe kandi nyinshi cyane,ariko biranga ijmabo ry’ubuhanuzi rimubera akaga gakomeye kuko ibyo ryavuze,ninabyo rigomba gushyira mu bikorwa niko Uwiteka avuga.

Umwuka wubukene urabahemuje!

Njyanwa mu iyerekwa mbona impunzi z’abanyarwanda zose muri rusange,ariko cyane cyane izituye muri Africa,nerekwa ko,ibyo bita gusenga babihinduye ubucuruzi bw’amamesa avangiye adatunganijwe.Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,burira impunzi zo mu gihugu cy’IBABYLON,uzibwire uti,nzi imilimo yanyu,ntabwo mushyushye kandi nta nubwo mukonje,niyompamvu muciriweho iteka kuko mwanze kumvira umwuka w’Imana ibyo musabwa gukora.

Dore umulimo wanjye mwawuhinduye igicuruzwa cyimbura mumaro,mwawutesheje agaciro,uko mwaeutesheje agaciro,niko mwamwe mwataye agaciro imbere y’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Mwanga kumva ijambo ryanjye,maze mukajya mu bitagira umumaro,mwirirwa mwishakira abagabo babaha ibitunga imibiri yanyu,nyamara ntabwo nanjye nabibimye,ahubwo mwanze kumvira ijambo ryanjye.

Mushimishwa mukugendera mugukiranirwa,mukikorera ibyo mwishakiye,mwibwira yuko,ari byo bizabagirira umumaro,dore mwirirwa ku ikoranabuhanga mushakisha uwo mwabashya cyangwa uwababeshya ngo murrebe yuko mwaramuka.Ariko ighe kiraje kandi kirasohoye ubwo muzarebesha abandi bahabwa umugisha ariko mwebweho mukicwa ninzara ivanze nagahinda kuko mwanze kumva ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Dore mwagiye mu bitagira umumaro,ubusambanyi,amarozi,kwangana,no kugambanirana.

Nyamara ibyo mbifuriza nibyiza s’ibibi,ariko mwanze kumva inama zanjye mwibwira yuko nta cyo zabamarira,ariko mwarajijwe kuko iwanjye niho hari ubutunzi bwose nicyubahiro,dore ifeza nizahabu byose biri iwanjye.Mbega ninde wabaroze?Niko Uwiteka abaza!Ko mwabaye nabi mukigira nk’ababanyamahanga biyitirira izina ry’Uhoraho kandi ari ntamugabane bafite mu byo kwizera!?Dore muciriweho iteka kuko mwigize ba ntibindeba,mukirengagiza ijambo ry’ubuhanuzi,kugirango ritabaciraho iteka.Ariko nyamara uko mwaryirengagije,ninako naryo rizabirengagiza kuko mwanze gukora ibyo ryabasabaga ngo mubishyire mubikorwa kuko nimwe mwigiriraga neza,ntawundi mwagiriraga neza.

Dore Jyewe Umuhanuzi nkarabye amaraso yanyu ku karubanda,ntabwo nzabazwa amaraso yanyu kuko nta nakimwe Uwiteka yavuze,ngo mbure kibagezaho.Aho gushakisha ibitunga ubugingo,ahubwo mwirirwa mushakisha ibyo mutabona byo gutunga umubiri w’inyuma ariko uwimbere unanutse!Dore abagore benshi babaye imaraya zicuruza imibiri yazo,nyamara imibiri yanyu ninsengero z’Uwiteka 1Corinth 3:16-18 utsemba urusengero rw’Uwiteka,nanjye nzamutsemba kuko imibiri yanyu arizo nsengero z’Uhoraho uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Nuko mbona agaco kabagore(Abarozi-Kazi) gashinzwe kuvangira insengero,no guhumanya abakiri bato(urubyiruko ngo ntibazajye bita ku ijambo ry’Imana.Nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,ciraho iteka bariya barozi kazi,bajujubije ubwoko bw’Uwiteka,kugirango batazigera bagira amahirwe yo kwihana kuko barimbuye ubugingo bwa bantu benshi cyane.Uwiteka Imana Nyiringabo,ndakwinginze ngo ntuzumve amasengesho yabariya barozi kazi,cyangwa kwihana kwabo,kuko barimbuye abantu benshi bapfa batihannnye kandi babitewe nabo.Nuko ntuzigere ubumvira gusaba cyangwa kwihana kwabo kugirango batazabona ubugingo buhoraho kandi hari abo barimbuye kandi barabikoze babigambiriye.

Ndetse numugisha ugiye kumanukira abakiranutsi,ntibazawugireho uruhare,kuko barwanije umwuka w’Uwiteka ukorera mu bantu bawe.Kuko wuzuye gukiranuka no kugira neza,niyompamvu bashatse kwitwaza ineza yawe ngo barimbure ubugingo bwa benshi nibarangiza bihane kubera kumenyera ijambo ryawe.Nuko rero ntuzigere ubumvira kandi ntuzumve gusenga kwabo kuko bigize inkozi z’ibibi bitari bikwiriye uko niko Umugaragu wawe abisabye!

Ahangaha ntizibagirwe abanyamurenge kuko bacuruje ijambo ryawe,aho gukiza ubugingo bwa benshi kandi babizi neza yuko bidakwiriye.Ariko kubera amaco yinda,yatumye biyinjiza mu byo batahamagariwemo maze bangiza izina ryawe ryera abantu bizereramo mu isi yose!!!Aba nabo ntuzabibagirwe kuko bakunze gukiranirwa cyane kandi imibabaro yabo uzarusheho kuyongera cyane abagore babo bigize abarozi kazi bakarwanya ijambo ryawe kandi bitwa ko bari murusengero(Isinagogi) nuko rero uhereye none wumvire umugaragu wawe icyo agusabye nk’uko wamugiriye ikizere ukamuha gucira imanza abatuye isi,uhereye mu muruzabibu rwawe ariwo mulimo w’Imana.Nuko rero icyubahiro kibe icyawe iteka ryose kuko uca imanza zitabera kandi mu batayu isi akaba ari ntawe uzavuga yuko wamurenganije niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Cyakora dabuja abatakiraniwe babikoranye ubugome cyangwa babigambiriye,ubagirire neza,kandi wumve gusenga kwabo,cyane abafite ubujiji bwo gushaka mu maso hawe,kuko nibihe turimo nabyo ntabwo biboroheye ahubwo birakomeye cyane ariko kandi suko batumvise,ahubwo habayeho uburangare bwo mu mitima yabo uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Save

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar