Home Inte'l Gakondo yabakiranutsi yashyizwe ku isoko ku nshuro ya lll

Gakondo yabakiranutsi yashyizwe ku isoko ku nshuro ya lll

0

kagaAmakuru aturuka ku murwa wa gakondo yabakiranutsi”KIGALI”aravuga yuko umwakagara yugarijwe n’ubukene bukoeye nyuma yo kongera gushyira gakondo kw’Isoko ngo itererwe icyamunara!

Ubuhanuzi buvuga ko kubasigaye muri gakondo bagizwe imbohe n’Umwami Ahabu na Jezebel,ko bakomeje gukiranirwa bateza icyamunara gakondo bahaweho agace kumugabane ubwo bavaga mubuhungiro aho ababyeyi babo bababyariye!
Ariko twibutse yuko umwakagara we,yakuwe Igalilaya ubwo yatwarwaga mubunyago yarafite imyaka (2) gusa,nyuma y’imyaka (35) Uwiteka atanga ihumure agaraza gakondo yari yarigaruriye nabanyamahanga, umwakagara yafasheubutegetsi ubu akaba abumazeho imyaka (25) kuvaho twaviriye mukibaya cya SINAi ku nkiko z’Egpty
Umwakagara amaze kugera mu gihugu,yishe abantu benshi cyane amena amaraso yabakiranutsi ndetse agerekaho no gutwara uruzabibu rwa “Naboth”ibyo yabikoze amaze kumuca igihanga,nyamara Naboth niwe yari yaracitse kw’Icumu
Ariko ararenga amuca igihanga kandi yarafite gakondo ihagije,ariko kubera kwifuza indamu mbi,byatumye Jezebel amugira inama zo guca igihanga nyuma yuko abagabo bindarikwa bari bamaze kurya intonorano za Jezebel bahamije icyaha Naboth ko ngo yatutse Umwami ndetse n’Imana yo mu ijuru
mwibuke yuko umwakagara yavuze yuko gakondo azayisiga uko yayisanze ngo naramuka akuwe ku ngoma,turinginga abasigaye kumurwa mukuru wagakondo abaheburayo bose hamwe n’Abayuda dufatanirize hamwe dukore amasengesho yogusaba Uwiteka kugirango aturebe ijisho ryiza kuko natwishimira azaduha gakondo yabakiranutsi nk’uko yabisezeranije basogukuruza bacu
nkimara gusoma uburyo ububiko bukuru bwagakondo yabakiranutsi bubitwemo ifeza n’izahabu bwashyizwe kwisoko kunshuro ya (3) nahise nshanyaguza imyambaro yanjye nari nambaye kumurwa mukuru w’IBABULONI maze ababinye barambaza ngo ibyo ukora nibiki?
Ndabasubiza ngo nimundeke ntewe agahinda nagakondo yabakiranutsi twasize tukazanwa hano IBABULONI kuko yamaze gutezwa icyamunara igashyirwa ku isoko,nyamara ubuhanuzi buvuga ko umwakgara azasahura utungo wose abasigaye ar’imbohe muri gakondo yabakiranutsi bakazicwa n’inzara
Byatumye ntekereza kubagore n’abana twasize mu marembo y’umurwa mukuru YERUSALEM,numva nongeye kugira agahinda mu mutima wanjye«Uwiteka Mana ndakwinginze ngo utabare abagizwe imbohe muri gakondo yabakiranutsi,twebwe twazanywe hano tugirwa imbohe,ariko noneho turarusha umudendezo abo twasize kumurwa mukuru w’uRwagasabo,dore twagucumuyeho dukora ibyaha byangwa mu maso h’Uwiteka,ndakwinginze wongere udukirishye kwa kuboko kwa Moses kuko ariwe wenyine wabaye umugwaneza mu isi yose akagaragara imbere yawe ko atunganye ugahitamo kumugira umugaragu murugo rwawe»

Murabizi mwese ko ibigo bya leta byose umwakagara yabimariye mu gifu cye indagu zavuze yuko yitwa rukirigitangwe rurya ntiruhage,naho ubuhanuzi bwo mu gice cya 1-3 buvuga ko akomoka kubadayimoni bumukonikoni kazi witwa Nyarabiyoro,urumva rero ko Nyirabiyoro arashaka kuyora gakondo yose akayisahura agasiga ayihinduye umusaka
Kugirango abarazwe gakondo yabakiranutsi batazagira icyo bazasanga muri gakondo ubwo bazaba bavuye muburetwa mu gihugu cy’IBABULONI aho batwaweho imbohe,ariko ubundi buhanuzi buvuga ko nyuma yiyo ntambara gakondo yabakiranutsi,kubazarokoka bazahinduka abakire kuko Uwiteka azatanga umugisha mwinshi cyane niyompamvu benedata tubingingira kwiyeza no kwitunganya kugirango nUwiteka atwishimire atugarurire gakondo

info@inyangenewss.com

NO COMMENTS

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar