Home Great Lakes Ese umwwana w’Umusita hamwe n’Umwakagara baba bari mu marembera?

Ese umwwana w’Umusita hamwe n’Umwakagara baba bari mu marembera?

0

Bikomeje gutera ubwoba cyane abaturage batuye mu karere kibiyaga bigari ubu kabarizwa mur’Africa y’uburasira zuba bakomeje kubura umutekano bahora mu ntambara zagiye ziterwa n’inkozi z’ibibi kubera kubangamira amahame ya demokarasi agenga abashaka gukora politike bakeneye ubwisanzure mu mibereho y’igihugu ya buri munsi.

Izi nlozi z’ibibi zikomeje guteza intugunda za buri saha za buri kanya aho usanga yaba umukire cyangwa umukene usanga badafite ejo habo hazaza heza usibye guhora bahunga bagahunguka ubanza abantu bazahora muri uwo mushinga utajya ugera kunshingano zawo ese nta bwo bazageraho bakabarambirwa?None se ubu turacyari 1986? cyangwa 1994?Kuki amateka atabigisha?Ahaaaa!!!! Nzaba mbarirwa.

Ese gukora neza bisobanura yuko wihembwa kuba Umwami mu buryo bunyuranije n’amategeko?Uko biri kose iyo mitekerereze iyo abanyafurika baharaniye ubwigenge baza kuyigira baba batakivugwa magingo aya.Ubu se twari kuba twibuka Mandera,Dr.Nkweme Nkuruma,Umwami Mutara lll Rudahigwa, cyangwa Mwalimu Nyerere Julias Kambarage nabandi benshi baharaniye ko umugabane w’Africa wigenga.

Umwana w’Umusita mur’iki cyumweru yabwiye ingabo na police yuko bakwiye kuba mason go ba mwana yaba arimo gutegura ubwicanyi ba’Abaturage ba Uganda bugiye kuba mu matora ateganijwe mur’uyu mwaka usibye ko hataraenyekana neza italiki y’itora ubusanzwe amatora yabo aterwa na komisiyo y’itora uko bayateganije gusa ayabaye mu myaka (5) ishize yabaye muri 2011 mukwezi kwa Gashyantare.

M7 kuba atinya uwahoze ari ministeri w’intebe ni mu gihe reka amutinye kuko niwe muntu umuzi neza babanye igihe kinini akaba amuzi imbere n’inyuma kuburyo kumukubita hasi aka mukura ku gatebe kubutegetsi biroroshye kuko Amama Mbabazi ashobora kwifatanya na KIZA Bisige dore ataranashinga ishyaka iryali iryo ryose bitewe nuko yarazi neza ko umwana w’umusita adashobora kwandika ishyaka rye kuko aramutse aryanditse aba yikuye kumugati.

Iyindi strategy umwana w’umusita yakoze nukwanga ko abari muri NRM bahita bayivamo bakimukira muri rya shyaka rya Amama Mbabazi iyo niyompamvu banze kwandika umutwe wa politike usibye ko abatavuga rumwe numusita nabo ngo baba barateganyaga ko atagira umutwe wa politike kugirango M7 atazapfa amenye aho ruzingiye.

Itangazo M7 yasohoye inkuru dukesha ibinyamakuru byo muri Uganda RedPaper bivuga yuko ngo M7 yasohoye itangazo ndetse akaba yanakoze inama ayikoranye na police y’igihugu hamwe na UDF ingabo za M7 zitirirwa kuba ingabo za Uganda ko bakwiye gukaza umurego mu mutekano nta kujejenka ubwo aba avuga kwica kurasa kumanywa yihangu abatavuga rumwe nawe.

Nyamara ubanza iby’ubuhsnuzi bwavuze bishobora kuba bigiye gusohora mu gice cya 1-3 ubasha kuhasanga ibyahanuwe kuri icyo gihugu hamwe n’umwana w’umusita dore ikimenyetso cyari gikomeye cyamaze gusohora kuko byaruko hazabaho ububyutse mugikorwa cy’ubusambanyi aho M7 yamaganye ubusambanyi bw’ubutinganyi agahita afungirwa ARV ibinini byabasirikare baraye SIDA agahita asinyura itegeko rihana abatinganyi nyuma yahoo abatinganyi bahise bakora umunsi mukuru bashima imana zabo ko zibagize abakomeye kuko badakorwa nitegeko rya Uganda mu gikorwa cyabo cy’ubutinganyi.

Mu gihe Amama Mbabazi azihuza n’uwahoze akuriye ingabo ndetse akaba yaranabaye umukuru w’ingabo SSejusa Tinyefuza hamwe na Dr.Besige bishobora kuzaba bibi cyane imbaraga za M7 zishobora kuzashyirwaho ishyerezo nyamara banga kumva bakanga kubona.

Ngirango birumvikana neza cyane yuko ihene mbi ntawuyizirikaho indi,umwakagara yigishijwe kwica yibwira yuko abanya Uganda arabanyaRwanda usibye ko nubundi abo bitwa abanyaRwanda ari bo banagiye kumukura kubutegetsi ubu biyise abanya Uganda kugirango barebe ko barushaho kwemerwa bakiyambura umwabaro bambitswe na M7 ko batanije gusahura igihugu biyitirira kandi atari icyabo.

Urumva yuko gusubiranamo kw’abiyicaje ku ntebe byongeye guha amahirwe abanyaUganda gutsimbura M7 ku ntebe hanyuma bakazabyimvukanaho nyuma yo kumukura kubutegetsi.Mu gihe ibyo birimo kuba abashyigikiye ubwami gakondo bwa Uganda bakomeje gutegura umugambi wabo bawutegurira munsi ya mazi kugirango ibyo bisambo by’abanyaPolitike bitazapfa bimenye gahunda zabo bakaziburizamo.

Ibi bikaba byerekana yuko Uganda yaba igiye kuba isibaniro ry’intambara iruta iyakuyeho IDDY amin Dada kuko nibura icyo gihe yarwanywaga nibihugu nubwo byari bishyize imbere abanyapolitike imbere ariko nta bwo abaturage ari bo basubiranagamo wenda byabayeho bitari cyane kuruta uko ubu bigiye kuba cyane ko icyo gihe abanyafurika bari baraharaniye ubwigenge bari bakiriho none ubu baraashize hasigaye abacanshuro bonyine batunzwe no kumena amaraso.

NO COMMENTS

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

Translate »
Exit mobile version
Skip to toolbar