Apôtre Paul Gitwaza intumwa ya SATANI,arasaba Abakristu kurushaho kwitondera abavuga ko bakorera Imana muri iki gihe , ahubwo bakarushaho kumenya ijambo ry’Imana .Intumwa y’Imana Dr. Apôtre Paul Gitwaza agaragaza ko mu madini no mu matorero by’iki gihe hadutse abayobozi , abahanuzi , abavugabutumwa n’abakora umurimo w’Imana bataye inshingano zo kugabura iby’Imana uko bikwiriye.
Asobanura ko hateye abavugabutumwa bagamije inyungu zabo bwite , bakagusha abantu batari bacye , kandi abenshi bakava mu masezerano y’Imana.Nyamara aravuga ibyo,mu gihe bimaze kumenyekana yuko asigaye yibera mu isanduka yabapfuye aho aba alimo kuganira na SATANI yibereye ikuzimu.
Intumwa y’Imana Dr. Paul Gitwaza intumwa ya SATANI, agereranya bamwe mu banyamatorero n’abafite inshingano mu matorero n’amadini kumera nk’inyamaswa y’idubu , cyangwa ibirura byica gusa bitagamije kurya , ahubwo bigamije kwishimisha .
Akomeza agaragaza ko mu madini n’amatorero harimo ibirura byo mu mwuka aribo intumwa z’ibinyoma , abahanuzi b’ibinyoma bagamije kwangiza ukwizera kw’Abera bakuramo abantu urukundo Imana yababaye , kubw’inyungu zabo bakagusha benshi mu rwobo rw’umurimbuzi satani.
Aba bakozi ba satani binjiye mu matorero , abandi bashinga ayabo bagamije guhangana n’abakristu bakomeye mu mwuka .Ariko Gitwaza afite ubwoba kuko abakilia be ngo baba bamaze kumushiraho.
Agira ati :“ Amadubu menshi aratuzengurutse , ariko nta kindi cyayatsinda uretse amaso y’umwuka wera , ndetse n’amaraso ya Yesu Kriso wapfuye akazuka. Iyo uriho amaraso ya Yesu umurimbuzi ntashobora kwinjira iwawe ”.
Umushumba mukuru w’Itorero Zion Temple ku isi Intumwa Dr. Paul Gitwaza intumwa ya SATANI,avuga ko mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa 20:29-30 hagaragaza ko amadubu azatera , ko kuyarwanya bisaba kugira amaso y’umwuka.Ibi byose bibaye nyuma yuko Intumwa ya SATANI Gitwaza ashyiriye ahagaragara ko,ashaka kongera amazina ye,mu gitabo cy’ibyakozwe n’Intumwa icyo gitabo kibarizwa mu isezerano rishya amazina ye hamwe nizindi nkozi z’ibibi zikorera Satani zishaka guhidura ijambo ry’Imana bibiliya kugirango bakore amazina yabo nabo bamenyekane nk’intumwa,zikorera Uhoraho kandi zikorera Satani.Imitwe batetse ngo ni ukongeramo igice cya (29) kuko ubusanzwe icyo gice gifite ibice (28) nabo bagakora amateka ariko bazarimbuka.
Hagira hati :” Nzi yuko nimara kuvaho, amasega aryana azabinjiramo ntababarire umukumbi. Kandi muri mwe ubwanyu hazaduka abantu bavugira ibigoramye , kugira ngo bakururire abigishwa inyuma yabo ”.
Agaragaza neza ko Satani ugereranywa n’idubu ashobora gutera ingo z’abantu , mu kazi bakora , mu gihugu , kandi ko kugirango abantu bayatsinde bikwiye nk’Abakiristo kugira amaso y’Umwuka wera , bagakomera mu kwizera Imana n’amaraso ya Yesu Kristo.
Save
Save
Save
Save
Save
Save
Save
Save
Save