Ubwo muri ako kavuyo k’intambara ibaye mu matora,mbona abaturage bahungira kuri wa musozi wubakiwe abanyarwanda bo mu bwoko bwa abatutsi,aho bubakiwe ishuli ryo kubigisha uko bubaha Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona Umwakagara hamwe na bambari be,na za magigiri bajya imahanga,bakajya bagenda bububa kubera gutinaya yuko bacibwa ibihanga.
Ariko ubanza ibyo bakora byose bisa no gushinga umuhunda ku kirenge kuko ibyo bibwira kandi batekereza bishobora kutazabatunganira nkuko babyifuza uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona noga mukiyaga cya mazi menshi bakoreshamo ubwato,maze mbona ndi koga mu mazi mfashe ubwato mu ntoki.Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,gahunda zose warufite uzihagarike kuko bitameze neza kandi abantu mwari guhura uyumunsi ubihorere kuko batazakubera umugisha ahubwo bazakubera umuvumo uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ndi muri iryo yerekwa na none mbona nashyizwe mu nzu yimbohe ndikumwe nabandi bafungwa benshi,ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’igifungo(gereza)wanutse kandi uragusatiriye,none uramenye ntugire umuntu numwe uhura nawe kuzageza integuza ya “NYAMPINGA”amaze kuva muri icyo gihugu cy’ibabyloni kugirango atazahura na kaga,amakuba,ibyago,bishobora guterwa na za magigiri zamaze kubabazwa cyane ni uko ikimenyetso kibanziriza icya nyuma kugirango Umwakagara akurwe ku ngoma kimaze gusohoza umulimo wacyo uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Aug 2, 2018 njyanwa mu iyerekwa mbona inyama zitogosheje,barangije barazifata barazotsa(ROSTO)maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane,maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ibice [2] byabagambvanyi bihuje umugambi wo gukorera hamwe kugorango bazabone uko baguta muri yombi ube maso cyane kuko Uhoraho Nyiringabo ariwe ulinda ubugingo bwawe uko niko Uwiteka abivuga.
Mbona izo nyamaza zongerwamo na magupfa kuko mbere zari inyama gusa ziminofu,numva bavuga ngo,kugirango zibashe kuryoha no kugira isupu nzia ari uko bavangavangamo namagupfa kugrango isupu iryohe cyane kubera imisokoro yayo uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ingabo z’abega zishinzwe kuba zilinda umutekano wa abaturage,zibiraramo aho kugirango zibarindire umutekano wabo nkuko bahoraga babeshya abaturage,naho bashinzwe gutsemba abaturage nkuko nubundi babikoze,uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona za magigiri zikora inama maze ziravuga ngo,zabuze Umuhanuzi,ngo zakoze uko zishoboye kose,ariko zarahebye.Numva umwe avuga ati,uyu Muha nuzi nta bwo tuzamushobora,ahubwo reka tuvugane nawe kugirango tujye tuvugana aho kwirirwa tumuhiga kandi tutanashobora no kuba twamubona uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ntangazwa nuko za magigiri za RNC,niz’Umwakaga mbona zikorana cyangwa zikorera hamwe,numva iza RNC nazo zemeza yuko ngo zikwiye gushakisha Umuhanuzi Ainesha maze bakamusaba yuko bakorana nawe aho kugirango bajye bahora bamuhiga ngo bamuce igihanga kandi badateze no kuzapfa bamubonye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.