20th Nov,2015 Ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore habayeho umugabo warufite ubutunzi bwinshi cyane.Ariko mu byo yaratunze hari habuzemo Zahabu na Diamond.Nuko bizakumenyekana yuko hariho umugabo umwe utunze ubwo butunzi bwayo mabuye yagaciro y’imboneka rimwe atabonwa na bantu bose(kibona umwe)
Nuko uwo mukire amaze kumenya ayo makuru ya koze ibishoboka byose ngo agure ubwo butunzi bw’uwo mugabo wari wifitiye Zahabu na Diamond,nibwo yashyiragaho abantu (2);umwe amushinga kujya amugurira ayo mabuye kugirango azabashe kwitwa umukire cyangwa umutunzi wuzuye kuko bidashoka yuko wakwitwa umutunzi utagira ayo mabuye yagaciro.
Undi amushinga kujya kugigira uwo mugabo uvugwa cyane ko ajya acuruza amabuye yagaciro,ariko uyu mukire yashakaga ko amenya aho uwo mugabo akura ayo mabuye maze agahita amuca igihanga kugirango azabashe kwigarurira ubwo butunzi kuko yanifuzaga kumenya aho akura ubwo butunzi kugirango namara kwimwivugana azasigare ariwe utegeka isoko y’ubwo butunzi.
Nuko afata abantu abamutumaho yuko akeneye ko yamugurisha ayo mabuye yagaciro,uwo mucuruzi wamabuye buri gihe iyo yajyaga kugurisha ayo mabuye yabanzaga kujya kugigiri uje kumugurira kuko abenshi babaga bamuhiga bashaka kumuca igihanga kugirango bamwambure ubutunzi bwe,bitari bizwi aho abukura ikindi bifuzaga kumenya iryo banga ry’ubwo butunzi kugirango nibamara kumwivugana bazasigare bakora uwo murimo.
Aragenda ava mu ishyamba (ubuhungiro)aho yahoraga yihishe maze yerekeza mu murwa aho yaragiye guhura nuwari yamuhamagaye ngo aze bahure amugurishe amabuye.Ariko kubera gukenga yuko bamugirira nabi,nawe yazanye amakenga kugirango atagwa mu mutego.Nuko akigera hafi y’umurwa babandi bahise bamubona baravumbuka bajya kumufata kugirango bamushyire shyebuja.Uwo wari yaje guhiga uwo mucuruzi yari yatumwe numugore kuko muri (2) bahawe akazi na wa mukire,umwe yarumugore.
Nuko nerekwa wa mugabo wa mabuye yagaciro yirukanka cyane ahunga kugirango abashe gukiza ubugingo bwe, baramwirukankanye afata agahanda kigitaka (gukiranirwa) ageze imbere asanga ako gahanda barimo kugatunganya bashaka gushyiramo kaburimob maze wa mugabo wa mwirukankanaga abonye ko yinjiye muri ako gahanda barimo gutunganya ngo bashyiremo kaburimbo (gukiranuka) ahita yihindura inyamaswa yo mu bwoko bw’INDONKI iyo nyamaswa isa n’inka ubusanzwe.
Ibonye yuko bidashoboka yuko yamukurikira,nibwo yahise isubira inyuma ijya kwa shebuja wari ya yitumye yayihaye akazi,igeze imbere ihinduka umuntu.Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore utumweho abantu bazaza bakubwira amagambo meza ndetse bagaragaza yuko bakubaha cyane, kandi baciye bugufi imbere yawe.Ariko umenye yuko bazaba bigira nk’abicisha bugufi kugirango babashe gusohoza umugambi wabo mubisha.
None umenye ubwenge kandi umwe muri (1) bo azaba arumugore,nuko rero umenye ubwenge kuko inyamaswa y’inyamakenga itajya yicwa numututizi.Dore barakubita agatoki ku kandi,baraguhigira hasi no hejuru bananiwe kumenya uburyo baguta mu mutego kugirango bagute muri yombi.Ariko bariyimbire kuko bisa no gushinga umuhunda ku kirenge uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa tujya mu marushanwa yo kwiruka turirukanka dusiganwa cyane kugirango hagire uwaba uwa mbere,nuko ndiruka ngeze imbere ndanyerera ndagwa,abandi banyuraho,ndongera ndabyuko ndiruka ndabafata nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,ntuzigera uhangana nabaguhagurukiye kuko udashobora kubura ibyo ubavugaho.Ariko ndekera urugamba s’urwawe ahubwo n’Uwiteka Imana ukurwanirira bareke bavuge kandi bandike kuko ibyo byose bagiye kugukorera nzabishyira kuruhanga rwabo kumanywa yihangu izuba riva,kuko nd’Uwiteka Imana yawe.Nijye wagukijije muri Uganda,nijye ukurindiye mu gihugu cy’IBABYLON nijye uguhuza nabantu banjye nuko rero nubona ibi nkubwiye uyu munsi bigusohoyeyo uzamenye yuko ari jye Uwiteka wavuganye nawe.
Naguciye imanzi mukiganza,nagiranye isezerano nawe yuko uzankorera ukambera ubwoko bukomeye nanjye nkakubera Imana ikomeye(Isaya 49:16)Behold,I have graven thee upon the palms of my hands;thy walls are continually before me.
Nuko rero ndekera urugamba nkurwanirire kugirango wongere umenye yuko nd’Uwiteka Imana yabakiranutsi,kuko nagusezeranije yuko umwanzi wawe azaba umwanzi wanjye,inshuti yawe izaba inshuti yanjye kandi uzakurwanya azaba andwanije,uzakuvuma azaba amvumye,uwo uzavuma nanjye nzamuvuma kugirango bimenyekane yuko nd’Uwiteka Imana yawe uko nuko Uwiteka avuze.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara niwe utegeka mu gihugu cy’IBABYLON,ngo yabihawe naabzungu da!Abanyagihugu bahora bitotombera uwo mugabo wigize ikinanira Mana mu isi yabazima.Ariko igihe kiraje kandi kirasoye ubwo ngiye kumushyira ku karubanda.Nuko mbona umwakagara aturuka mu gikombe cyo mu gihugu cy’IBABYLON nerekwa azamuka agasozi gato,akarangije kuko yarananiwe ahita atakaza ikote yari yambaye maze nerekwa ko umuhanuzi mukuru wari muri iyo nama yararimo gukoresha araritora maze umwakagara akomeza yizeye yuko yambaye rya koti rye(Icyubahiro) nuko numva umuhanuzi mukuru amubwira ngo,utakaje icyubahiro cyawe ubutware bwawe uyu munsi burarangiye.
Numva umwakagara abaza umuhanuzi mukuru ngo,uvuze ngw’iki?Umuhanuzi mukuru aramubwira ngo,navuaagaga yuko abantu bakwiye guhindura kamera zabo (Character’s)zabo maze umwakagara arasubiza ngo “Exactly”nuko mbona avuye mu gihugu cy’IBABYLON asuzuguritse ku buryo bukomeye maze aravuga ngo,abazungu nibo bampaye kuyobora akarere k’Africa y’uburasira zuba none abaturage b’Ibabylon barashaka iki?Nibagende basabe abo banyembaraga nabo babahe ubutware cyangwa ubutegetsi!
Nuko nongera kwerekwa umwuka w’Inzika y’Inzigo ko wongeye guhaguruka,mbona uburyo bongeye kujya mu mbaraga z’umwijima bashaka koherereza umuhanuzi ngo bamuvangire kandi bamuteze ibibazo bitandukanye birimo guhagisha umugisha we ukomoka mu bakiranutsi.Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu dore nd’Uwiteka Imana ishobora byose,mbese hariho icyananira?Yeremiya 32:27,bareke bakore ibyo bakora kuko subwa mbere bakora ibyo gukiranirwa ariko nta cyo babamariye uko niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona umudamu witwa Murebwayire Esther Marie,mbona ko atuye haruguru y’umuhanda naho umukobwa we,akaba atuye haruguru y’umuhanda.Murugo kwa Marie hari hateraniye abantu benshi cyane ngo bari baje mubukwe bwo gusaba no gukwa,ariko sinabashije kubona cyangwa kumenya umukobwa baje gusaba .
Mu gihe nkitegereza abari baje muri uwo muhango,nerekwa ko umukobwa we,aturutse muri cya gipangu kiza gifite gate y’umukara asohokamo yambaye ubusa busa,afashe telephone kugutwi arimo kuvugana n’umuntu.Nuko abari baje muri uwo muhango batangazwa no kubona uwo mukobwa mure mure wambaye ukuli ko akozwe nisoni ndetse nabari baje cyangwa batumiwe bakozwe nisoni.Nuko Marie Esther abwira abatumirwa ngo,murabona uburyo umukobwa wanjye ari mwiza?Murabona ko afite igitsina(Nyababyeyi) ninziza kandi nini?
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,nagutumye kuri Marie Esther Murebwayire,aranga araninira,none mu bwire ngo,umva uko Uwiteka avuga,kuko wiringiye imbaraga z’umwana w’umuntu,ukiyitirira ijambo ryanjye nyamara ntukore ibyo rigusaba,uku niko Uwiteka avuze.
Dore ngiye kugukoza isoni imbere yamahanga abakuzi nabatakuzi bose bazamenya ibyawe nubwo uzihagararaho ushaka kwerekana yuko nta cyo bagutwaye ariko uzaba wagaragaye.Ibyo ni mbona ko nta bikwigishije,nzazana ibindi byago birushijeho kugirango umutima wawe urusheho guhahamuka icyo gihe nta muntu numwe uzabona uzaguhumuriza kuko wemeye kugendera mu nzira za Balaam washatse kuvuma ubwoko bwanjye nkamubuza akanga kunyumvira kugeza ubwo navugishije I FARASI
None nawe dore ibyiringiro byawe mbikuyeho kandi ndabihanaguye kugirango umenye yuko ibyo umugaragu wanjye yakubwiye byose byarukuri.Dore uzashaka mu maso hanjye ntakigufitiye imbabazi,nyamara icyo gihe ibiguhanuweho nibigusohoraho nibwo uzamenya agaciro kijambo ryanjye.Wirirwa useka abafarisayo ninde ukurusha ubufarisayo?Uko niko Uwiteka abaza?Nzakurwanya nabawe bose nzabarwanya kuko wiyitiriye ijambo ry’Uwiteka ukavuga navuze kandi ntavuze uko niko Uwiteka avuga.
Ubwo maze kubwirwa ibyo,nongera kwerekwa noneho turi murugo rwa Marie,na none turimo kwitegura kujya mu mubukwe noneho ubukwe bukuru ubwo nari nakuye imyenda yanjye muri Dry cleaner ngo nyambare mbone uko njya mubukwe.Ndebye aho nari nayisize ndayibura(Imirimo)Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,dore ntuzajya mu bukwe bwa Marie burimo gutegurwa impamvu yabyo nuko yiyitiriye umurimo ukora w’ubuhanuzi kandi atar’umuhanuzi-kazi
Nyamara ubwawe yakwibwiriye yuko atar’umuhanuzi-kazi,mu gihe ubwo mwari mukiri muri gakondo yabakiranutsi,yavugaga ko Uwiteka yamushinze guhanurira abahutu atigeze atumwa kubatutsi nk’uko Umwami Yesu atigeze atumwa kubandi bantu usibye ubwoko bw’Israel.None uyu munsi yatangiye guhakana yuko atar’umuhanuzi kazi ngo ahubwo numuvugabutumwa.
Nyamara nibyo yiyitirira ntabwo abikora nk’uko byakagombye gukorwa ahubwo yihisha muri uwo murimo agakora ibikorwa by’ABANIKOLAITI.
Nongera kwerekwa umwana muto wambaye ubusa,uwo mwana yarumwana w’umukobwa(Itorero)nuko ndabwirwa ngo,amadini yo muri gakondo agiye gukorwa nisoni kuko bananiwe kwiringira Uwiteka ngo bavugishe ukuri ahubwo bahitamo kumvira Umwakagara ndetse banamutinya kurusha uko batinya Uwiteka Imana bavuga uko bakorera.None se arugutinya uwica ubugingo,nuwica umubiri watinya nde?Niko Uwiteka abaza!
21st Nov,2015 nerekwa abagore (2) umwe (1) yaratwite,undi adatwite,bombi bashaka inzu yo gukondesha kandi iyo inzu yari iyanjye(amasezerano)nuko umwe udatwite atangira gusebya ututwite(Amasezerano agiye gusohora)nuko mbona akomeje kumugirira ishyari rikomeye cyane maze aza kumusebya imbere yanjye kugirango ntamuha ya nzu ahubwo mbe ari we nyiha.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore amadini arimo gupfa cyangwa kutumvikankubuhanuzi ushyira ahagaragara hari abiyitirira ko ubwo butumwa ari ubwabo ngo nabo babuhawe.
Abandi nabo bagahakana bavuga yuko ubwo butumwa babukuye ku inyangeNews kandi umuhanuzi Majesho Leon akaba ari we wabuhanuye,bambarize ngo mbega guhanura niki?Ese wakwita kubuhanuzi,cyangwa wakwita kuwatanze ibihanurwa,mbese Majeshi Leon niki?s’umugaragu wanjye?Hanyuma se mwashatse mu maso h’Uwiteka maze murebe yuko namwe mudahabwa ibyasezeranijwe nuko rero kuko mubaye abapfapfa dore muzagubwa gitumo ni byago byahauwe kuri gakodo yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo ugiye kuguhagurukira,barimo baratunganya ibyo bagusebya kugirango umurimo ukora uzeho ikizinga kuko bamaze kumva abantu bose bemera imirimo Uwiteka agukoresha.Dore ibyo babitewe n’umwuka wishyari ubahoramo kandi bakaba baranze gukiranuka.
Humura ntutinye ahubwo ushikame kuko urugamba atar’urwawe rundekere bazagusebya inshuroimwe,nzabakubira inshuro(7)nzabarwanya ibyo bakora byose nta na kimwe kizabatunganira,umwanzi wawe numwanzi wanjye,ukuvumye nijye aba avumye,uwo uzavuma nanjye nzamuvuma,uwo uzanga nanjye nzamuvuma inshuti yawe izaba inshuti yanjye kuko nakugize umucamanza mu itorero rya Kristo niyompamvu nzi neza yuko uzaca imanza zitabera nk’izo Uwiteka ashobora guca ubwe.
Dore naguciye imanzi mukiganza ubwo wari muri gereza mu gihugu cya Uganda aho wamaze iminsi (143) ukingiraniwe mu nzu y’imbohe.Nuko rero uhereye none ugiye kongera kumenya yuko nd’Uwiteka Imana yawe kandi nagutoanije ukiri munda ya mama wawe kuko wakunze gukiranuka ni cyo cyatumye nkugira umuhanuzi wamahanga dore nta kabuza nzasohoza ibyo nakuvuzeho kugirango abakurwanya bamenye yuko nd’Uwiteka Imana yawe uko niko Uwiteka avuga.
Ariko igitangaje cyane nuko barwanya ubuhanuzi bubavugaho,nyamara byagera kubanzi babo bagahita bishima,buriya nta nubwo bajya bareka kureba inyangeNews,kuko nimba wahanuraa ibinyoma,ntabwo bakabaye basura urubuga rw’InyangeNews,ariko kandi ntibashobora kwibuza iby’imitima yabo yemera.Yego ubwenge ntabwo bubyemera ariko imitima irabyemera kuko ubwenge bwabo bafite arubwenge bw’abadayimoni niyompamvu barwanya isoko y’iby’ubugingo kuko bagifite inkovu zibyaha mu mitima yabo uko niko Uwiteka avuze.
Komera rero ushikame kumurimo kuko ahar’intumbi niho inkongoro ziteranira,bakurwanya kuko ukora imirimo myiza yo kwizera,ko batarwanya abo bandi bose biyita ko arabanyabwenge ko ibyo bakora cyose bagikora mu bwenge nyamara se Uwiteka aba abirimo?Kubera gutinya kwabo no kwizera kwabo guke hamwe no kwiyiringira bakumva yuko bashobora kuyobora Uwiteka mi mugambi ye aho kugirango Uwiteka abe ari we ubayobora mu byo bakora byose nicyo cyatumye Uwiteka abareka akabasiga mugukiranirwa kwabo kugirango Uwiteka azarebe uzikura muri uko gukiranirwa kwabo maze amugirire ibambe uko niko Uwiteka avuze.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ingo z’abashakanye bakiri batoye,maze mbona bagiye gusaba Padiri yuko yabasezeranya,Padiri amenya yuko batigeze bahabwa ISAKARAMENTU,maze abategeka kwinjira mu banyeshuri barangije amashuri abanza barimo bigira guhabwa isakaramentu maze Padiri arababwira ati,dore nemeye kubitangira ndabeshye kugirango mbashe kubagirira neza kandi Uwiteka nawe ntashobora kumbaraho icyaha kuko bantu be aribo ngiye kugirira neza.
Nuko ijambo ry’Uwiteaka Imana ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,hanaura uvuge uti,aba Padiri mubonye ishyano kuko muzajya ijyehinomu kuko mwanze gukiranuka ndetse mukiyitirira ijmabo ryanjye nyamara ntimugenze nk’uko ribasaba nuko rero dore muzarimbuka nimutihana kuko mwanze gukiranuka none mukome gukiranirwa dore aba Padiri icyaha cyo kubeshya bakigize umwuga kandi aribo birirwa bigisha abantu na ndetse abantu bakaza kubihanaho nkaho ari bo Mana.Nyamara ubabwire uti,hanze hazaba imbwa na barozi nabakunda kubeshya bakabikora kuko abo bose bamaze gucirwaho iteka kubera gukiranirwa kwabo uko niko Uwiteka avuga.









