Amakuru aturuka mu gihugu cya Kenya mu murwa mukuru wa Nairobi,abatavuga rumwe na leta Uhuru Kenyatta na William Ruto,bayobowe na RAILA Odinga bibumbiye mu mpuzamashyaka yitwa CORD barimo KALONZO MUSYOKA,WETANGULA,Marther KARUA,baraye bashoboye kubona amajwi basabwaga nitegekonshinga abemerera cyangwa abaha ububasha bwo gusaba ko itegekonshinga rihinduka.
Kumunsi wejo taliki ya 09 Ugushyingo 2015 bashoboye gushyira ahagaragara umushinga w’itegekonshinga basabaga leta ko itegekonshinga ryahinduka bagahindura ingingo zimwe na zimwe zibwererekera ruswa yamunze icyo gihugu cya Kenya.
Uyu mushinga warwanijwe cyane nuyoboye leta MUIGAI Uhuru Kenyatta na mugenzi we,SAMUEI Ruto,aho basabaga abanyaKenya ko badakwiye guha agaciro icyifuzo cyabatavuga rumwe n’ubutegetsi cyo guhindura itegekonshinga ahubwo barashaka guteza akaduruvayo kandi ko bashaka gusubiza inyuma ubutegetsi bwa JUBLEE COALITION iyobowe na UHURU Kenyatta.
Ndetse leta yanavugaga yuko idafite amashillingi yo gukora uwo mushinga aho niho batangiye guhangana n’umukambwe Raila Odinga none yatsinze leta nyuma yo kubona amajwi yabaturage bemeye gusinyira uwo munyapolitike wasabaga ko,itegekonshinga ryahinduka.
Amakuru aturuka mu murwa mukuru wa Nairobi aravuga ko,ejo hashize ari bwo umushinga waba banyapolitike bawumurikiye komisiyo ishinzwe amatora mu gihugu cya Kenya yitwa IEBC ishinjwa kuba barangwa na ruswa mbere yuko haba amatora ya 2013 bagiye mu gihugu cy’Ubwongereza bashaka societe ibakorera impapuro zamatora aho basabye intonorano zingana na million 50 z’amashilingi zikaba zingana n’ibihumbi 500 by’idollar y’america ku buryo iyo societe yarihagarariwe n’umusaza n’umuhungu we baje kwemera yuko batanze ruswa kuri komisiyo ishinzwe amatora kugirango bahabwe iryo soko.
Ubutabera bwo mu Bwongereza bwanzuye buciriye urubanza uwo mukambwe gufungwa umwaka umwe n’igice,naho umuhungu we,yakatiwe imyaka (3); y’igifungo muri gereza nyuma yurwo rubanza umunyapolitike utavuga rumwe na Leta Raila Oginga yahise arega IEBC kuba yaramwibye amajwi bafatanije n’igisirikare KDF maze bagatangaza yuko Uhuru yatsinze kandi atatsinze.
Mu muhango wo guhindura itegekonshinga,Raila yavuze yuko,bazahindura abagize komisiyo ishinzwe itegekonshinga,hamwe kugabanya budget ya leta amashillingi yakoreshaga akongererwa intara kugirango zishobora kurangiza inshingano zabo aho yavuze ko bazongererwa 45%mu gihe bahabwaga 30% yogukoresha kuko aribo bihembera abakozi.
Raila Odinga atsinze amatora ya 2017,mbere yuko akora amatora,kuko ubu afite byinshi anenga ubutegetsi bwa Uhuru birimo kuba ubukungu bw’icyo gihugu bumaze gutakaza 25% kandi akaba agifite urubanza rwa ICC I LA HAYE mu gihugu cy’Ubuhollande.