April 11, 2016 Njyanwa mu iyerekwa maze mbona umukuru w’igihugu cy’uRwanda bwana Paul Kagame,nerekwa mbona asaba ubuhungiro mu bihugu byo hanze,umuntu wese yegerega ngo amusabe ubuhungiro yahitaga amwitaza akigirayo.Ubwo akava kuruwo akajya kuwundi nawe akamwitaza.
Nuko mbona agezeho ararambirwa noneho mbona agiye kwigunga mukazitiro kameze nka karya kazu abatera makofe bakiniramo,mbona ko afite ubwoba cyane bwinshi maze mbona haje undi muntu ntabashije kwitegereza neza azana umuryango we arawumuha babana muri ako kazu ka kazitiro
Maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu uko ubonye umukuru w’igihugu cyanyu ameze niko bigiye kumugendekera mu minsi ye ya nyuma aho agiye kuzisanga ari wenyine atagira gifasha kubera kwihenura k’Uhoraho avuga intambara iramutindiye abamurwanya nibamugirire vuba wagirango niwe muhanga wenyine w’intambara”iri yerekwa ryaturutse muri gakondo y’Abakiranutsi mushiki wacu niwe waryoherereje abakiranutsi kugirango murushehongukomera mufite ibyiringiro bitanyeganyega kuko abakiranutsi bari hafi gutabarwa
Njyanwa mu iiyerekwa maze mbona urusengero rwitwa Christian Life Assemble CLA rufite icyicaro ahitwa inyarutarama mbona dossier yabo igeze imbere y’Uhoraho.Ubwo bubaka urwo rusengero umuzungu yashyizeho komite ishinzwe gukurikirana inyubako y’urusengero
Maze iyo komite ishyiraho umunyafurika uzajya akurikirana imilimo y’ubwubatsi,ariko pastor mukuru w’Umuzungu akaba yarajyaga yaka amafaranga y’ikirenga kugirango azabone agatubutse binyuze murusengero.Maze abona ko uwo munyafurika ukomoka mu gihugu cya Nigeria arumuhanga cyane kandi ko akurkirana ibyubwubatsi cyane maze abura uko azajya yiba amafaranga yagenewe ubwubatsi
Mbona habayeho guhangana gukomeye cyane hagati y’umuzungu na wa munyafurika uhagarariye inyubako z’Urusengero rw’Uhoraho.Mbona komite ko icitsemo ibice [2] bamwe bajya kuruhande rwa wa Muzungu abandi bashyigikira wa mwirabura.
Maze igihe kiza kugera wa munyaNigeria akazi yakoraga karangiye ashaka gusubira iwabo asezera urusengero maze wa muzungu agira ibyishimo cyane kuko uwo munyaNigeria asubiye iwabo maze amwishyurira ticket y’indege kuko uwamurwanyaga agiye bityo akaba agiye gusigara wenyine asigarane ni njiji zitazi iyo bigana maze azajye abona uko yikorera mu isaho.
Nkiri mur’iryo yerekwa ry’ubucamanza bw’Uhoraho,nerekwa inyamaswa ifite amahembe [2] kumutwe yahanuwe n’umuhanuzi Daniel mbona ya nyamaswa izaturuka mu butaka ihaye imbaraga ya nyamaswa ya mahembe [2] maze iha ububasha bwose bwo gutangira gukorera mu isi kuyobya abayituye kandi abatazemera kuyiyoboka bose bazacibwe ibihanga
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibyahanuwe nabahanuzi bakubanjirinje Yohana wo kukirwa cy’IPATIMOS hamwe n’Umugaragu w’Uhoraho Daniel ngobwo bugiyegusohora none andika kandi wibutse intama z’Uhoraho zitirara kuko bya bihe byavuzwe byegereje bigiye gusohora niko Uhoraho aburiye intama ze uko niko Uwiteka avuze.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwanzi arakugenza none va mu gihugu cy’Ubutayu werekeze iburengerazuba kuko wa mugambanyi yamaze kwerekana inzira zawe zose zo mu butayu wanyuragamo ugenda wihishe wamujanye mubutayu gusenga maze amenya ko ariho ujya uhungira nuko rero werekeza ahandi wimure ibirindiro byawe kugirango umwanzi abure uburali bwawe maze akomeze arindagirire mu gihugu cy’ubutayu bugufiya niko Uhoraho avuga.
Kumasaha ya nimunsi ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,haguruka ujye gushaka ifunguro kuko umwanzi namuburijemo akanurabura amaze kurambirwa ahitamo kugenda none genda ushake amafunguro kugirango ubone uko unkorera umulimo niko Uhoraho avuga.
Dore hali intasi igiye kugutata none umenye uko ugenza kwakundi ujya ubigenza kuko ntabwo zizaruhuka ngo ziguhe amahoro cyeretse nzikuye kubutegetsi kandi niwowe nashyizeho guhangana nabo kuko ntawundi wabashobora kandi nanjye sinenda kugukiza amaboko yabo igihe kitaragera muzakumeza guhangana kugeza kumunota wa nyuma w’igihe cyategetswe ubwo nzaguha gakondo yamasezerano kandi uhumure haigaye igihe gito maze Umwami akima ingoma nawe ukagera aho Uhoraho yaguteguriye.
Ntugatinye izo nkozi zikibi ujye uvugana nazo zumve kandi zimenye ko Uhoraho ar’Umwami kandi ko abamukorera batajya barimburwa nibyifuzo byabo ejo harazagira ubigira urwitwazo ngo avuge ko haba harizindi mbaraga zakulinze usibye Uhoraho kuko Ubuhamya bwawe buzakiza benshi kandi buzabatera kwizera Uhoraho kuko iyo basoma ijambo ryanjye bavuga ko ngo nabanaga na bantu ba Cyera ariko abubu ntakibana nabo.Reka rero bazatsindwe nurubanza nyuma yo kubona uburyo nabanye nawe uko niko Uhoraho avuze.
Ntibishoboka yuko umwana w’umuntu udafite umwuka w’Uhoraho,ko yarusha umuntu w’Imana ubwenge cyangwa ngo amurushe imbaraga no kumenya kuko nta mwuka w’Uhoraho ubalimo urumva rero yuko imbaraga zabo zifite aho zigarukira kuburyo umunyamubiri adashobora gutera itera bwoba umunyamwuka ngo ni uko akoresha amafaranga kuko igihe kigiye kugera ubwo abanyamafaranga bagiye kuzumirwa bagakorwa nisoni namafaranga yabo.
Ese nta somo bakuye muri jenocide yubushize aho umuntu yatangaga amafaranga ngo batamwica bakarenga bakamwica ndetse mafaranga bakayamwambura?Niki batabonye?Ariko kuko babyibagiwe ngiye kongera kubibutsa kugirango bamenye yuko ushingikiriza kumagare namafarashi adashobora kurusha uwiringiye ijambo ry’Uhoraho bityo bazamenya ko muri bo harimo umuhanuzi uko niko Uhoraho avuga.
INTAMBARA Y’ABAGORE NTIYOROSHYE!
Nuko mbona
Naho ubwo nawe yaracitse we numugore we kuko ibyahanuwe byari bitangiye gutera ibishashi byerekana ko bigiye gutera hodi hodi,mbona atunyuzeho yihuta ariko anafite ubwoba bw’ibyo yakoze mu gihe umwakagara yaragitegekesha igitugu agifite akabraga mbona aragiye dore ko umunyacyaha ahunga ari ntawumwirukanye agenda ameze nka YUDA ISKARIYOTI umugambanyi aburirwa irengero
Ubwo mbona ndamucitse ahita ajya gutabaza bene wabo bakomeye muri government y’umwakagara ubwo nanjye amashyamba ndayarangiza maze ngera aho numva amaboko atentebutse ipantalo ziragwa umukandara uralekura maze nsanga bagabo[2] bicaye baririmba indilimbo yo mu gitabo cyo gushimisha
Ivuga ngo “Ubu urugendo mfite nuguhora nkwizera no guhora ngendera mu nzira zawe ushaka,ariko kumunsi mukuru ubwo nzabona umucunguzi niringiye kuzabona ingororono yanjye”.Maze umugabo umwe abwira mugenzi we ati,uyu mugabo twarafunganywe muri 1995 kumulindi wa Byumba iyi ndirimbo ayiririmba ukundi ukaba utamenya ko ar’iyi turimo kuririmba kuko ayiririmba mu bundi buryo bitari uko tuyiririmba.
Bariya bashumba bazo wabonye n’ubwoko bwanjye bw’Israel bwaburiye mu gihugu cya Ethiopia babuzeijambo ryanjye ariko izo ntama zanjye nazo ngiye kuzibuka nzigirire neza uko niko Uhoraho avuga
Hanyuma uriya magigiri wabonye waguhigaga ubwo wari mu butayu bw’I Kampala bisobanuye yuko za magigiri zitangiye gushakisha ubuhungiro kuko bamaze kubona neza neza badafite gukekerenya yuko ingoma ya shebuja wabo umwakagara imaze kugenda iranduka imizi none ikaba igeze aho ihirima uko niko Uhoraho avuga.Naho ishashi yawed ore yaraguhize cyane kand cyane bishoboka iyo Uhoraho atarinda ubugingo bwawe aba yararimbuye ubugingo bwawe mu isi yabazima
Dore azaguhiga kuzageza wa munsi nzamukuriramo umwuka wabazima ntuzigera wirara ngo yarakuretse kuko agenda ashakisha avuga ko yabuze umutware we kugirango abashe kumenya amakuru yawe kuko ntubundi buryoa baguhigamo nuko rero igihe cyawe cyo kuruhuka ntikiragera nubwo mbona unaniwe intambara zabaye ndende kandi nyinshi impande zose ariko wibuke yuko ibyago by’umukiranutsi nubwo ar’ibyinshi Uhoraho abimukiza byose uko niko Uwiteka avuga.
