02nd Nov,2015 Ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,igihe kirageze ngo wiyambure ubuhumane bwakubayeho akarande kuko umugabo mwabanye mu gisirikare no ku Gisenyi witwa Ernest w’Umurundi uwo nguwo yagize uruhare rukomeye muguhumanya ubugingo bwawe nubwo utabimenye.Dore ukimara gutandukana nawe yahuye n’umuhanuzi-kazi maze amuhanurira yuko yahumanije umugaragu w’Imana,amutegeka kuza kugusaba imbabazi ko naramuka atabikoze atazigera agira amahoro ndetse ko nta mugisha w’Imana ateze kuzabona.

Nuko nkomeza kujyanwa mu iyerekwa maze nerekwa ndi kumwe nuwo Ernest,maze nerekwa mwambura umugisha wanjye yari yarigaruriye nerekwa mbova mva kurugerero bisobanura kubohoka kuko igisirikare kigereranywa no kuba mu nzu y’imbohe,cyangwa kuba warahumanijwe iyo ukivuyemo uba ubohotse cyangwa uhamanutse!Nuko nerekwa Malaika w’Uwiteka Imana yari yaje ku nkura muri icyo gihome cyabadayimoni nerekwa Ernest asigara amara masa kandi Uwiteka arambwira ati,mwana w’umuntu uriya Ernest nta teze kuzabona umugisha kuko yavumye ubwoko butavumika ku bwi byo aravumwe kuko yahawe uburyo bwikwihana arangije ntiyihana ibyo yagombaga kwihana ahubwo anyura kuruhande niyompamvu nyuma y’imyaka 13 Uwiteka yongeye kwibuka kugira nabi kuko yongeyeho ni cyaha cyo kwiyitirira izina ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi nyamara abavuga iryo zina bakwiye kuva mubidatunganye uko niko Uwiteka avuga.
Mu gihe mvuye mu iyerekwa ndangije kwandika ibyo nari mbwiwe nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,ubwire uriya mu byeyi musigaranye mu murimo w’Imana uti,umukobwa wawe yatangiye akazi gashya yakubwiye yuko Uwiteka ariwe wamuhaye akazi ariko s’Uwiteka ahubwo yakoresheje imbaraga z’umwijima kugirango abone uwo murimo.
Umubwire uti,umukobwa wawe Muthon Lydia yagiye mubapfumu bamuha imbaraga z’umwijima bamutegeka kujya mu marimba kujya kuryamayo arangije asabwa kuzana igitaka cyo mva yabapfuye bo mu marimba ategekwa no gukora ibindi byose bisabwa kugirango abone imbaraga zo kubona akazi ndetse azanahabwe umwanya mwiza mukazi kuko yifuza kwitwa Manager uko niko Uwiteka avuga.
Dore ubuhamya bumaze gukwira hirya no hino kuko Uwiteka yibutse ubwoko bwe,none bimaze kumenyekana yuko Uwiteka ariwe Mana dore abantu b’Uwiteka bafite inzara n’inyota yo kubona ijmabo ry’Uwiteka no kubona Uwiteka abagirira neza kuko nta handi bashobor agukura ibyiringiro uko niko Uwiteka avuga.
Uyu muzungu kazi yabuze umwana we,hashize igihe yaramubuze,nyamara numusengera jyewe Uwiteka Imana ishobora byose uwo mwana nzamugarura kugira ngo niyerekane yuko nd’Uwiteka waremye isi n’ijuru uko niko Uwiteka avuga.
Nuko rero ukore amasengesho kugirango ubwo bazakwandikira uzabe ufite igisubizo cyo kubasubiza kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka Imana yawe maze nabo barusheho gukwirakwiza impumuro nziza yo gukiranuka uko niko Uwiteka avuga.
Dore abahanuzi benshi nahagurukije bishwe no gukunda iby’isi aho niho umwanzi abategera kubera kutizera iyabahamagaye no kutarinda amasezerano bigatuma bagwa muri uwo mutego uko niko Uwiteka avuga.Niyompamvu nabanje kugucisha muruganda kugirango ubanze utunganywe kuko narinzi intambara uzahura nazo none bamaso cyane kuko abanzi bakomeje kwiyongera kuko nakubwiye yuko nzagukoresha ibikomeye mu isi yabazima.
Ibyo nkubwiye igihe cya byo nigisohora nzabyihutisha kugirango umenye yuko nd’Uwiteka Imana yawe,ntutinye ntugire ubwoba ibihe birakomeye kandi nzabana nawe nzagukoresha ibiteye ubwoba kandi nzihesha icyubahiro kugirango abantu bose bamenye yuko nd’Uwiteka Imana yawe.
Ubwo ngeze imbere gato,mpura nundi mubikira mugenzi we nawe ushaje cyane,nawe ahita arambwira ati,narinkuzaniye amafaranga bampaye kuguha none ngwino tujye hariya mu igaraje maze nguhe ubutumwa bwawe,nuko nerekwa yuko ngeze mu igarage ngezemo kumuryango mpasanga umumakanisiye warimo gukora imodoka nshyashya yari yagonzwe,mu gihe ndimo kuyireba mvugana na wa mumakanisiye maze nibagirwa ko naringiye gufata amafaranga maze mu gihe ndimo kureba ya modoka (bisobanura umurimo w’Imana cyangwa amadini,amatorero menshi kiliziya gatulika imaze kugarika ubu ayo madini akaba ari mugarage)
Dore Uwiteka azategeka abantu be,bagukorere bazaguha icyo wifuza cyose ariko ntuzafate intonorano kuko burenda gucya dore umuseke uratambitse none umwanzi agize ubwoba bwamutashye kuko Uwiteka asohoje ibyo yavuze.Niyompamvu nakubujije guhindura amazi yawe ubwo barwanyaga izina Majeshi iyo uza kurihindura ntwa bwo wari kunesha izi ntambara nuko shikama kandi ukomere kuko ndi kumwe nawe intambara zose uhura nazo ndazizi kandi ndazibona kandi umaze kurwana intambara zikomeye cyane dore ugiye kurangiza urugamba ngo maze ugororerwe ibikwiriye intwarane uko niko Uwiteka avuga
Nakubwiye yuko nzarwanya abanzi bawe,uzaguha umugisha nanjye nzamuha umugisha,uzakwanga nanjye nzamwanga,uzakurwanya nanjye nzamurwanya,uzakubera umugisha nanjye nzamubera umugisha,uwo uzavuma nanjye nzamuvuma uko niko Uwiteka avuga,abaguhiga bariyimbire kuko igihe cyabo gisohoye uko niko Uwiteka avuga.
Bariya babikira (2);n’amadini abiri agiye gukoreshwa kugirango bakugezeho intonorano nyamara ndabizi neza yuko udashobora kwakira intonorano kuko wakunze Uwiteka Imana yawe ukanga ubugome ntabwo wahemukira Uwiteka Imana yawe cyangwa ngo usenye umurimo umaze kubaka kuko inzu imaze kuzura kandi amahanga yose akaba azayitaha mu gihe cyo kuzishimira hamwe nabakiranutsi yuko wubatse inzu kandi ukaba uyirangije nuko rero bamaso cyane kandi wirinde abagenzwa na tubiri uko niko Uwiteka avuzze.