HomeNewsUbuhamya guhera 1991 nkizwa,kujya mu gisirikare,gutangura umurimo wo guhanura.

Ubuhamya guhera 1991 nkizwa,kujya mu gisirikare,gutangura umurimo wo guhanura.

Nakijijwe muri 1991 mu murwa mukuru wa Mwanza mu gihugu cya Tanzania,aho niho naboneye agakiza mbatizwa mu mazi menshi mu idini rya “Pentecostal Assembly of God”PAG,maze gukizwa nahise njya mu murwa witwa Moshi-Arusha.

Narinjyanywe no kwiga,amashuri yisumbuye ahitwa Tanga muri Tanzania ariko ntibyashobotse kubera ko ngo nakijijwe yahise yanga kunyishyurira amafaranga yo gukomeza amashuri nyamara yarimfashanyo ntabwo yaraye akura mu mufuka we!Ngo kuko navuye muri kiliziya Gatolika ngo niyompamvu yanze ku nyishyurira school fees.

Ubwo byabaye ngombwa ko,ngaruka mu murwa wa Mwanza,maze igihe gito ngeze mu murwa mwanza umuryango wa FPR inkotanyi bahise batanga amashillingi muri central police ya Mwanza iri iruhande rwa Lake victoria.

Bakoresheje umunyarwanda w’umupolice witwa Charles Kalori yari umwe mu bapolice bakomeye baba officers bakuru.Ubwo batanze amashillingi ya ruswa yo kugirango badufunge maze nitwumva tunaniwe uburoko twemere kujya kurugamba.

Ubwo baradutoraguye twese abasore babatutsi badushyira muri gereza kugeza ubwo twemeye kujya kurugamba muri fpr inkotanyi.Ngeze mu nkotanyi bahise banshyira muri High Command yo kurinda ibikomerezwa bya FPR.Intambara yo muri 1994 ya jenocide yakorewe Abatutsi

Naje gufungwa nziza amaherere nshyirwa muri gereza yo kumulindi ku wa 14th Ukwakira 1995 marayo iminsi 700 naje gufungurwa ku wa 18th Kamena 1997 ubwo bahise batujyana Gabiro kuri traingi wing aho namaze ibyumweru (2) ubwo intambara yabacengezi yaberaga mu majyaruguru ahitwa za Ruhengeri.

Ubwo nafashe inote y’igihumbi frw 1000 nyiha admin w’igisirikare maze anshyira kuri listi yabagomba kujyanwa kwa muganga Kanombe Military Hospital yadutwaye atugezayo adushyira kuri foleni ya gisirikare mugusawa,mugupande,nafikiri cha kufanya mnajua.

Ubwo abanyamujyi twahise ducaho abandi basigara ngo bategereje ko bajyanwa mu bitaro kwandikishwa amazina ubwo nsubira mu murwa mukuru wa Kigali ntangira gushka uko nava mu gisirikare cya APR-inkotanyi.

Ubundi buhamya bundi muzabusanga mu gice cya 1-3 cy’ubuhanuzi aho muzabana ibisobanuro bihagije ubwo natangiye ubuzima bwo hanze nshaka uko nava mu gisirikare banzasaba ibihumbi 8000 frw kugirango banshyire kuri listi yabazava mu gisirikare ndayatanga bankuramo muri Nzeri 1997.

Ubwo naje guhabwa akazi muri External Security service Organization( ESO) mu mushinga witwa CONGO DESK warumushinga wa gusahura amabuye ya gaciro yitwa colta gasegereti,zahabu,na Diamond.

Nakoze imyaka (3) 199-2001 banyambura amadollar ibihumbi $36000 uwitwa Col.Karuranga Gatete arambwira ngo:Our network working all the time do not tell anybody that we have your money,if you do you’ll be surprised .

Ubwo nagiye imbere y’Uwiteka Imana mubaza icyo nkwiye gukora,maze arambwira ati,zamuka ujye mu murwa rwagati hari mu masaha ya ni munsi mu masaha ya nimugoroba saa kumi n’ebyeli ni gice 6:30 maze mpagarara kuri station hateganye nahitwa kuri SIRWA corol hari urukuta runini cyane maze Uwiteka arambwira ati jyenda upfukame hariya maze usenge unsabe nguhe hari hantu uzahubake.

Ndagenda ndapfukama ndasenga ubwo byari mu masaha ya saa moya ni gice z’umugoroba,maze Uwiteka arambwira ati,aha hantu ndahaguye uzahubaka za KIOSQUE nshima Imana ndataha ubwo byari bigeze mu masaha ya saa mbiri zijoro.

Ubwo bwaracyeye njya gushaka Mironko Plastic,kumubona byari bigoye kugirango mbone telephone ze,bansabye ibihumbi 7000 by’amafaranga ndabyishyura maze bampa telephone ze,naje kumubona turavuga ampa icyo gikuta nkuko Imana yabivuze!

Nahubatse KIOSQUE (5) imwe nayikodeshaga ibihumbi 80.000*4=320000, by’ amanyarwanda ya buri kwezi ,ubwo abadayimoni barahaguruka umhungu wa Mironko witwa Erve araza anyambura umuryango umwe ndamwihorera ndakomeza ndiyigira dore ariho nakuraga school fees yo kwishyura muri KIST.

Nyuma yo kurangiza icyiciro cya mbere mu ikoranabuhanga cyitwa ICT Mironko yarahagurutse arandwanya turahangana kuburyo bukomeye cyane.Tujya kumuvunyi turaburana ndamutsinda bamutegeka kunyushyira miliyoni imwe ni gice.

Arayampa nshaka ubundi bucuruzi nkora nkomeza kwiga kugeza ndangije,ariko hagati aho niga,naje gutanga ubuhanuzi ku mwakagara uburyo azakurwa ku ntebe yabukunzi maze akazasimburwa n’Umwami w’uRwanda KIGELI V.Ndahindurwa,kandi mbere yuko ibyo byose biba hazabaho guhunga kwa Gen.KAYUMBA Nyamwasa na Col.KAregeya witabye Imana.

Ubwo Col.Karegeya amaze guhunga batangiye kuzajya bangendaho,Gen.Nyamwasa nawe akuyemo ake karenge noneho bihumira kumirari ubwo nibwo batangiye kunshakisha nk’ushaka uruhindu bavuga ngo mfatanije nawe mugukwirakwiza ibihuha by’intambara.

Yahunze ku wa 25 Gashyantare 2010 nanjye nkurikiraho ku wa 24th mata 2010,nerekeza Uganda aho namaze amezi (2) kumusozi wa Prayer mountain ahitwa Sseggukku,harabasore bari aho bahanuraga maze baravuga ngo jyewe Imana impaye inzu mu murwa mukuru wa kampala

Nyuma ya mezi (2) umwe muri bene data warimo kwiga icyiciro cya (3) cya kaminuza yahise ampesha umugisha anyoherereza $100 maze nza kuva kumusozi jya kubwiriza bunamwaya naho bampa imitwaro (20) ubwo nahise mva kumusozi mfata inzu muri kampala nkomeza umurimo w’Imana ubwo ariko za magigiri niko zicicikana zimpigira hasi kutabura hejuru.

Dore abanje kumpinga harimo Medard ,Jeff ukora muri JRS mu gihugu cya Uganda umushinga utanga ibyo kurya mu mpunzi wakoraga mukarere ka Kicukiro hamwe na Munyaneza Emmanuel wamfashije mu bukwe bwanjye kuko nanjye nari naramufashije nka mwene data.

Ariko hanyuma yaje guhabwa akazi mu karere ka kinyinya agahawe n’inzego z’iperereza rya External Security Service abifashijwemo n’umushofeur wa Pastor RICK WARREN watwaraga kagame paul kugirango ajye amuneka kuko niwe bari barahaye Warren ko yahgararira imishinga ya Warren.

Ubwo nibwo naje guhura na mwene data umwe warutuye ahitwa KIBOGA witwa Bosco,andarikira kujya kubabwiriza njyayo ngezeyo ndabwiriza ndarangiza mugutaha nibwo naje guhura na SGT.Nsabagasani Dominiko turaganira ambwira yuko Umwami w’uRwanda atashye kandi ko harabantu barimo gutegura itahuka rye.

Ubwo twahanye za telephone ambwira ko azaza akampuza nabo bantu kugirango mbahe ubuhanuzi bw’Umwami ndetse ambwira ko ngo nzavugana na Nyir’uRwanda kugirango menye ukuri kubyo ambwiye.

Yaraje turara tuganira tugeza mu gitondo urumva twese twari ingabo nta musivile waruturimo muri twe,ubwo yaje kumpunza nizo za maneko zikorera Kigali zavugaga ko ziharanira gutahuka k’Umwami w’uRwanda.

Hagati aho nkaba narahawe ubuhanuzi n’umuhanuzi witwa Jack nawe yaturutse muri Tanzania n’umuhanuzi gusa aburamo ubwenge kuko ntabanga agirira abo asengera,yari yarampanuriye ko nzahura nabasirikare tugakorana umurimo wa politike ariko nyuma bakazashaka kunyica ariko bakaba batazabishobora!

Nyuma y’imyaka (6) niho ubwo buhanuzi bwaje gusohoza,hanyuma koko twakoranye nizo ntasi za RPRK zikrera Uganda kugeza ubwo bangambaniraga ngashimutwa ku wa 22nd Nov 2011 nkamara mu nzu y’imbohe imnsi (143) nyuma nkaza kurekurwa nk’uko mubibona mubuhanuzi igice cya 1-3.

Mvuye mubutayu bwa UGANDA ,Uwiteka Imana yanyohereje mu gihugu cya Kenya mu butayu bufiya kandi bukomeye cyane mbumaramo imyaka (3) nyuma y’imyaka (6) y’ubutayu bwose niho naranmgije ubutayu ubu ndashima gitare kuko nabonye kugira neza kwe,ndetse menya amabanga menshi ntari nzi ajyanye n’iby’umwuka.

Ubu rero ntegereje iby’Uwiteka yavuze kuri gakondo yabakiranutsi aho tuzakorera Uwiteka Imana tunezerewe cyane igitugu cy’abadayimmini cyaramaze gukurwaho hejuru y’ubugingo bwacu ubwo nibwo buhamya mwasabye ngo mbasangize ibisigaye muzabisanga mu gitabo cy’ubuhanuzi.

RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments