HomeNewsUwiteka Mana niwe watangije umurimo wo kugigira(SPY Mission)

Uwiteka Mana niwe watangije umurimo wo kugigira(SPY Mission)

Igitabo cyo kubara cyanditswe numugaragu w’Uhoraho bita Moses ya cyanditse mu mwaka wa (1450-1410) B.C. Akaba yaracyandikiye mu gihugu cyo mu butayu ahitwa ‹Sinai Peninsula› iyo peninsula ikaba ibalizwa mu majyepfo yamajyaruguru y’ CANNAN. Abantu bavugwamo cyane muri iki gitabo ni Moses, Aaron,Miriam,Joshua,Caleb,Eleazar,Korah,Balaam.

Kubara ubwoko bwa Israel kunshuro ya mbere byabaye mu mwaka w’ (1444-1278),igikorwa cya mbere cyo kujya gutata igihugu cyangwa ijambo bita SPY cyangwa magigiri,maneko,Rwasili,nayandi mazina nkayo ispionaje byatangiye mu mwaka w’(1444-1277) spy mission.

Kubara ubwoko bwa Israel kunshuro ya kabili byabaye mu mwaka w’ (1407-1241) akaba ari naho Balaam yahanuye avuga ko ubwoko bwa Israel bufite amaboko ameze nkitare y’ingore,ndetse bakagira imbaraga nkizimbogo.

Joshua yahawe ubuyobozi mu mwaka w’(1406-1240) yayoboye abisrael abageza muri Cannan abayobora kugeza mu mwaka w’(1375) ubwo hatangiraga abacamanza(Abahanuzi) kugeza mu mwaka w’(1220) kugeza igihe ubwami bwa SAUL bwatangiraga mu mwaka w’(1045) niho batangiye kuyoborwa na bantu banga gukomeza kuyoborwa n’Abahanuzi(Uwiteka)

Igitabo cyo kubara tugitangiye mukwezi kwa kamena(6)2016 tugiye kurebera hamwe urugendo rw’ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Imana Israel uko rwagenze nibyabakorewe bakiri mu gihugu cy’ubutayu bwa Sinai,Paran,Kadesh.

Iki gitabo kigaragaza amazina ya hantu bagiye banyura muri ubwo butayu:reka duhere kumusozi wa SINAI,ubutayu bwa PARAN,MOAB,GILEAD,KADESH,ARAD,EDOM,AMMON,BASHAN, aha hose niho bazengurutse mbere yuko bagerakumugezi wa JORDAN bambutse binjira mu gihugu cya CANNAN.

Kadeshi niho mushiki wa Moses witwa Miriam yapfiriye,ninaho umugaragu w’Imana Moses yakubise urutare ruzana amazi ahabwa igihano cyo kutazinjira muri CANNAN kuko atagenje uko Uhoraho yamutegetse ahubwo akazabiranywa nuburakari bigatuma Uwiteka amurakarira akamubwira yuko atazinjira mu gihugu cya masezerano cy’ICANNAN.

Edom nicyo gihugu ubwoko bwa Israel bwahuriyemo nakaga gakomeye cyane baribwa ninzoka kubera kwitotombera Uwiteka Imana ya Israel maze Moses umugaragu w’Imana Moses abwirwa gukora inzoka muri SHABA maze abariwe niyonzoka bakareba iyo nzoka ikozwe muri shaba(umuringa) maze bagakira.

Ammon niho Umwami witwa SIHON yanze yuko ubwoko bwa Israel bunyura mu gihugu cye kugirango bwambuke bwekeze CANNAN maze baramurwanya bamufata mpiri maze babona iinzira banyura hagati mu gihugu badafite ababarwanya kuko bari baneshejwe.

Bashan na none mur’iki gihugu niho Umwami waho witwa OG yanze nawe ko ubwoko bw’Imana bwa Israel bunyura mur’icyo gihugu maze nawe baramurwanya nyuma yuko umugaragu w’Uhoraho Moses yohereje za magigiri kujya kugigira kugirango babashe kumenya imbaraga zuwo Mwami nuburyo bamurwanya bakamutsinda.

Moab nigihugu ubusanzwe gifitanye amateka ya hafi cyane nubwoko bw’Israel kuko Esau amaze gutandukana na YAKOBO yahise yimukira mur’icyo gihugu cya MOAB ahinduka ubwoko bukomeye buramwitirirwa cyane maze ntiyaba acyitwa ESAU ahubwo yitwa MOAB.Ni naho haboneka umukonikoni witwa Balam wakoreshwaga nimbaraga z’umwijima bita ‹Sorcerer›niwe wahamagawe na Balak Umwami wicyo gihugu kuza kuvuma ubwoko bw’Israel maze Imana iramusanga ninjoro imubuza kuvuma ubwoko bw’Israel kuko Uwiteka Imana yarazi neza ko izo mbaraga z’umwijima zizabagiraho ingaruka maze Balam amaze kwanga kumvira Imana nibwo Imana yahinduraga umuvumo yabavumaga ugahindukamo umugisha.(22:2-24:25)

GILEAD niho umuryango wa RUBEN nuwa GAD bahisemo gukambika aho hantu bamaze kubona yuko ar’igihugu cyiza gifite ubwatsi bwo matungo yabo bari bashoreye maze basaba umuyobozi wabo ko bahabwa icyo gihugu bakahasiga imiryango yabo maze bagakomeza kurwana intambara bafasha bene wabo biyindi miryango itari yabona gakondo maze Joshua wari umuyobozi wabo wasimbuye umugaragu w’Uwiteka Moses arabibemerera bahasiga imiryango yabo bakomeza kurwana intambara kugeza bafashe CANNAN maze bagaruka mu gihugu cyabo cy’IGILEAD.

Icyo gihugu baje yamburwa nyuma y’igihi kinini kubera kutumvira Imana nibwo Umwami wabisrael witwa JEHOSHAPHAT yahamgarwaga n’Umwami AHABU maze amusaba ko batabarana bakajya gutabarana I LAMOD y’IGILEAD ariko byari biturutse k’Uwiteka kugirango ahorere amaraso ya NABOTH wishwe azira uruzabibu yasigiwe nababyeyi be nka gakondo ye,maze umuhnauzi Eliya ahanura ko aho imbwa zinwereye amaraso ya NABOTH ari naho zizanywera amaraso ya AHABU.

Igice cya 3:1 niho Abalewi cyangwa abatambyi bahawe inshingano(Levites)ndetse usangamo uburyo imiryango yose ya Israel uko ari [12] uko bazajya bajya ibihe byo kurara amarondo balinda ihema ry’ibonaniro ry’Uwiteka Imana ya Israel.

Arrangement of Tribes around the tabernacle while in the wilderness

Igice cya 4:1 dusangamo aho umuryango wa KOHATHITE wahawe inshingano z’umurimo w’Imana.Duties of KOHATHITE Clan,and duties of Merarite Clan.Tuhasanga kandi kwibaruza by’imiryango ya KOHATHITE.

Igice cya 5:1 tuhasanga uburyo Uhoraho yahaye amabwiriza namahame umugaragu w’Uwiteka Moses ko umuntu wese uzajya agaragarwaho n’uburwayi ko akwiye gushyirwa hanze y’ihema ry’abisrael akazagarukrwamo aruko yakize.

Igice cya 6:1 tuhasanga uburyo hari amategeko agenga abanaziri (Nazirites law) aba na bantu babaga bitangiye kuzakorera Imana bagahinduka abantu b’Imana bagakora umurimo w’umwihariko w’Imana kuko Imana niyo yateguraga icyo bazayikorera gitandukanye nindi milimo abandi bakora usibye kenshi bahindukagamo abahanuzi ugasanga Uwiteka abahinduye abacamanza (Guhanura) ndetse bakarengera nubwoko bw’Uhoraho mu gihe cya kaga gakomeye ubwo abanzi babaga gateye igihugu cya Israel.

Muri iki gitabo tuhasanga amagambo akomeye cyane Uwiteka Imana yabwiye umugaragu we Moses uburyo azajya ahesha umugisha ubwoko bwe 6:22 title,the priestly Blessing.Then the Lord said to Moses,23”Tell Aaron and his sons to bless the people of Israel with the special blessing:

24’May the Lord bless you and Protect you.

25 May the Lord smile on you, and be gracious to you.

26 May the Lord show you his favor and give you his peace.

27 Nb: Whenever Aaron and his sons bless the people of Israel in my name,I myself will bless them

Uko niko abatambyi cyangwa abahanuzi bakwiye guhesha umugisha abo batambyi baba baratoranijwe n’Uhoraho kuzamukorera nk’uko tumaze kubibona ko atari buri wese mu bwoko bw’Israel washoboraga guhesha umugisha abantu b’Imana kandi na nubu baracyakurikiza uwo muhango cyangwa ayo mabwiriza nayo maheme yatanzwe n’Uhoraho kuko nibintu byanditswe bidashobora guhinduka na magingo aya.

Ariko twebwe umuntu arahaguruka akigaragaza ko akora umurimo w’Imana agatangira kubwira abantu ko afite ubushobozi bwo gutanga umgusha nyamara ntaburenganzira abifitiye kuko Imana yashyizeho gahunda z’umurimo wayo uko uzajya ukorwa ndasaba ko niba haba har’umuntu nasengeye nkamudabira umugisha akaba atarawubonye ashinge urubanza imbere y’Uhoraho maze menye yuko ndakorera Imana yo mu Ijuru uwaba yarampesheje umugisha atari magigiri kuko bose ndabazi mfite amazina yabo maze uwo muntu abishyire ahagaragara avuge ko atahawe umugisha maze dushinge urubanza imbere y’Uwiteka Imana yabakiranutsi.

Igice cya 8:1 hagaragaramo gutegura itabaza rizashyirwa mu ihema ry’ibonaniro ndetse hakagaragara gutegura abatambyi bamurikirwa Uwiteka Imana ndetse umugaragu w’Imana Moses abwirwa kubashyira kuruhande ntibahabwe indi milimo kuko babikiwe umurimo wabo wubutambyi.

Igice cya 9:1 habonekamo kwizihiza ibirori bya PASIKA cyangwa PASSOVER ku nshuro ya kabili bamaze umwaka bavuye mu gihugu cy’ubutayu bari murugendo rwo mu butayu birekeza mu gihugu cya masezerano cya gakondo y’Cannan bahaweho amasezerano n’Uwiteka Imana yo mu Ijuru.

Igice cya cum10:1 Uwiteka yabwiye umugaragu w’Uwiteka Moses gukora Trumpets ikozwe mu ifeza bazajya bahamagaza ubwoko bw’Israel kugirango bagezweho ibyo Uwiteka yabatumyeho umugaragu we Moses witegereje neza uzasanga ibikorerwa ku isi yabazima byose babikomora muri bibiliya,ngirango niyompamvu ubwoko bw’Israel butinywa cyane mubikorwa byo kuneka kuko byatangijwe n’Imana yo mu Ijuru kuva kera kose.

Igice cya 11:1 hagaragaramo uburyo ubwoko bwa Israel bwatangiye kwitotombera umugaragu w’uwiteka Moses maze Uhoraho abyumva ari mu Ijuru yumva buri kimwe cyose bavugaga maze yohereza umuriro uturuka mu Ijuru uraza urabatwika babonye ko bikomeye batakambira umugaragu w’uwiteka Imana Moses ngo abasabire imbabazi maze abasabira imbabazi umujinya w’Uwiteka uracururuka barakira.

Igice cya 12:1 hagaragaramo uburyo abakoranaga umurimo na Moses bamurwanije cyane harimo mushiki we Miriam na se wabo Aaron maze nabwo Uhoraho abyumva ari mu Ijuru ahita arabahana bahita batakambira Moses abasabira imbabazi nubisoma neza ubasha kubona uburyo byabagendekeye kuba ukorana na bene wanyu cyangwa abavandimwe bawe mu murimo ntibivuga ko badashobora ku kurwanya cyane iyo wahamagawe n’Imana ugatoranywa nayo kuzayikorera byanze bikunze ntibabura ku kurwanya kubera ishyari aho rero niho ubona umwana w’umuntu bikakuyobera uburyo akozwemo cyangwa uburyo Imana yamuremye.

Uramutse urwanijwe nabo hanze ushobora kuvuga ko bakwanga,ariko se ko urwanywa na bene wanyu buriya ubona biterwa niki?Nidne se wakuroga atakuzi cyanga mutaziranye mutarganye mutarakoranye mudaturanye?Ese ibyo ujya ubitekerezaho?Ese za nzozi ujya urota za bantu mwiganye abo mukorana ukeka ko zipfa kwizana?

Tabaza uwiteka agutabare umuntu n’umuntu Satani ntawe atakoresha ndetse abasha gukoresha na babyey bawe igihe cyose uzaba udafite akantu kumufuka uzasanga bubaha abafite akazi naho wowe uzumva bakwita umunebwe cyangwa ko wananiranye ndetse bishoboka ko waba warahumanijwe ariko bo ugasanga batanabyitayeho ahubwo babona ko wananiranye nyamara aho kugirango babe bakwicara hasi ngo bitegereze barebe ko imicyo yawe ufte uyu munsi yaba ihuye niyo wavukanye ahubwo ugasanga batabyitayeho maze abadayimoni bakwigarurira kakahava kuzabakira n’Uwiteka wenyine wakora ibikomeye cyane umuntu atabasha kumenya inzira zayo kuko igira inzira zirenze igihumbi ibasha gukirizamo umuntu.

Nta muntu wavutse azananirana abana bose bavuka kumwe kandi ntawuvukana ikariso ahubwo bose bavuka bambaye ubusa,kuba umuntu ashobora gukura akagenda ahinduka imico akenshi biterwa nimbaraga z’umwijima zabadayimoni zikorera mu bantu bazohereza kubo banga cyangwa bafitiye ishyari cyangwa baragiranye amahari hagati yabo kugeza ubwo bikurura inzangano mu miryango ibyo bikunda kuboneka mu batutsi aho usanga buri umwe ajya gushaka izindi mbaraga munsi yamazi kugirango amwereke ko badahuje imbaraga.

Ubwo umruyango ukahashirira niyompamvu ijambo ry’Imana riusaba ko umuntu nakugirira nabi ukwiye kumwihorera kuko Imana izi neza ko abantu ari babi babasha kugirirana nabi kubera urwango rukomoka mubadayimoni na Satani,nimba waba urumwe muri abo mvuze ndakwinginze ngo wshakire mu maso y’Imana nkorera iyangiriye neza nawe izakugirira neza kuko itarobanura ubutoni.

Igice cya 13:1 na none tubonamo kandi uburyo Imana yabwiye umuaragu wayo Moses kongera kohereza abantu kujya gutata igihugu bagiyemo kujyamo,aha ngaha ukwiye kuhakura isomo rikomeye nikuki udashobora gutata ngo umenye uburyo abanzi bawe bakugiriye nabi ndetse unamenye ibyo barimo bagutegurira ahubwo ubona ibyago na makuba bikugwaho ugasanga utangiye gusenga wirukana ibyago byamaze ku kugeraho kuki se utasenga ukanatata ukamenya ibigiye ku kubaho mbere yuko bikubaho?

Nyamara Uwiteka avugana nawe ariko ntubyiteho YOBU 33:14-18,HABBAKKUK 2:2 ariko se muzageza he kuko mubujiji?Ntawundi wagutera ibyago bidaturutse ku nshuti zawe mukorana mwabanye muziranye abo bose ukeka niko bimeze nibo banzi bawe,niba se umaze kubimenya urateganya iki?Wabarwanya ute?Ntabundi buryo wakoresha usibye ijambo ry’Imana gusenga wizeye ushingiye kwiyerekwa iyo usenze amasengesho adashingiye kwiyerekwa ntabwo ubasha kubona ibisubizo kuko udashobora gukora kumutima w’Imana iba yohereje iryo yerekwa cyangwa izo nzozi bamwe musuzugura nyamara ukwiye kwibaza aho izo nzozi zituruka kuko Satani adashobora kohereza inzozi iyo urose ibibi nuko ari byo biba bigose ubugingo bwawe kuki se ushaka ko Imana iguha inzozi nziza kandi ugoswe nibibi?

‹‹Think twice and then make decision the way you can geti break through,and then you’will see the blessings of the Lord come to you in Jesus name Amen››You should’nt struggling for nothing because of lack of knowledge Hosea 4:6

Igice cya 16:1 hagaragaramo uburyo abayobozi bakoranaga na Moses umugaragu w’Imana bakomeje kumurwanya bashaka kumukura kubuyobozi ngo bajye bivuganira n’Imana umunsi umwe uwitwa Koraho umuhungu wa Izhar ahagurukira kurwanya umugaragu w’Uwiteka Moses maze Imana igufungura ubutaka burasama burabamira umuntu ashobora kwibaza ati,kuki uyu munsi abanyamadini bahangana bakarwana Imana ntiyite ku ntambara zabo amadini agacikamo ibice bice kandi ugasanga buri wese avuga ariwe uri mukuru kandi Uwiteka ari kumwe nawe bityo ugasanga abakiristu baheze mugiharahiro

Ni kuki se Imana itabarwanirira nk’uko yarwaniriye Moses cyangwa se nabandi bagaragu b’Uhoraho batubanjirije?Iki nikibazo wakabaye wibaza kandi ukiha igisubizo udategereje yuko hari umuntu uzaguha igisubizo.Nababwiye abantu barenga [3] bandwanije ubwo nari mu gihugu cya Uganda barangiza Uwiteka akabica kumugaragaro kubera ko barwanije umuntu w’Imana kandi utariho urubanza!!

Urashaka ko Imana ikurwanirira?Banza utandukane nubujiji ndetse ureke kwiringira abana b’Abantu witan go ninshuti zawe,kuko umunsi umwanzi yagushinze ibyara bose bazakwihakana,niba se umugore asigaye yihakana umugabo ndetse akamuta agasanga abanyembaraga urumva bizagenda gute uwo wita inshuti zawe kandi nta nicyo munapfana niba se Moses yarahagurukiwe nabavandimwe be,wowe ukeka ko uzakorerwa ibingana gute kandi udafite aho uhuriye na Moses?!

Reka ndekeraho ndumva naniwe tuzasubira ubutaha turangize iki gitabo cyo kubara igitabo cya [4] cyanditswe numugaragu w’Imana Moses kandi akaba yaracyandikiye mu gihugu cyo mu butayu,niba urimo wandika igitabo wibereye I Cannan umenye ko ufite ikibazo kuko ibitabo bivuga ku Mana byandikirwa mu butayu impamvu utari mubutayu  ni uko utari muri gahunda y’Imana kuko ubaye uri muri gahunda y’Imana yakujyana mubutayu nk’uko natwe yatujyanyeyo kuko nta cyaha twari twakoze ngo tujyannwe mubutayu ahubwo umuhamagaro niwo waduteye kujyanwa kwigishirizwa mubutayu.

Nuko rero mugire uminsi mwiza na weekend nziza numva gutyo ko habaho weekend ariko ibihe byose mba ndi kumurimo ariko buriya igihe cyanjye kizagera ubwo nanjye nzamenya ko habaho weekend ku Mana ubwo nahubutaha mwari kumwe n’Umuhanuzi Majeshi Leon umugaragu w’Uwiteka Nyiringabo.

 

RELATED ARTICLES
- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments