HomeNewsPastor Budederi William yinjijwe mu butayu!

Pastor Budederi William yinjijwe mu butayu!

23rd FEB,2016 njyanwa mu iyerekwa maze mbona abagabo (3) bo mu bwoko bwa magigiri bahawe umurimo wo guhiga no kwica umuhanuzi Majeshi Leon,mbona bananiwe kumubona maze umwakagara ategeka yuko bicwa bagacibwa igihanga ngo kuko umurimo batagetswe bananiwe kuwutunganya neza kandi barahawe ibyangombwa byose bijyanye nubwicanyi.

Nkiri muri uwo mwuka nerekwa mbona Uwiteka Imana ahagurukije abagabo(3) bagiye gukoreshwa ibikomeye cyane mu isi yabazima mu byo bazakoreshwa halimo no gukuraho umwakagara ku butegetsi kugirango isi yose imenye yuko Uwiteka ari we mutware utwara amahanga yose yo mu isi uko niko Uhoraho avuga.Ibyo Uwiteka agiye kubikorera kugirango atandukaye ibishimwa mu bigawa maze abakiranutsi barusheho kubona no kumenya Uwiteka Imana bajyaga basenga cyangwa bambaza batayizi uko niko Uhoraho ategetse

Church26th FEB,2016 njyanwa mu iyerekwa mbona turi abagabo(4) tugenda mu muhanda nyabagendwa,umwe muri bo nabashije kumenya ni Pastor Budederi William mbona abagabo batatu twari twikoreye imitwaro kumutwe ariko sinabashije kuyimenya iyariyo maze mbona Pastor William afashe bibiliya mu ntoki ndamubwira ngo nagende abwiriza mu muhanda kugirango abantu bihane kuko igihe kirarangiye agakiza gasubiye iyo katurutse

Maze aranga ahubwo asaba uko turi batatu kumuha imitwaro yacu yose arayikorera ayishyira kumutwe maze turagurana ampereza bibiliya ngenda mbwiraza mu muhanda maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,Pastor Budederi William yambuwe umulimo yakoraga kuko aciriweho iteka uko niko Uhoraho avuze.

Mukanya gato nongera gusubizwa mu iyerekwa mbona na none ndikumwe na Pastor Budederi William mbona atwaye imodoka cyangwa ikinabiziga cyo mubwoko bwa JEEP mbona aturuka mu muhana amanuka yihuta imbere hari abandi bantu nabo bari batwaye amamodoka bose bamanuka ubutayu bugufiya berekeza kunyanja iri haruguru yubwo butayu maze nanjye ndabakurikira tugeze mu butayu hagati mbona babandi bari bari mbere barasize maze ageze muri ubwo butayu hagati yaramaze kugenda nka ½ arahagarara ariko niya modoka ye yari maze gushiramo imbaraga maze mbonye ko adakomeje nsubira inyuma arambwira ngo ampe iyo jeep ye ngo nkurikire abo barikumwe ndamwangira

Nuko ijmabo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Pastor Budederi William mwambuye umurimo yakoraga kubera kutumvira Uwiteka Imana no kwishyira hejuru cyane none dore mwohereje mu gihugu cyo mu butayu kuko abanyarwanda b’Abatutsi biyita abanyamurenge bancumuyeho kandi bakerensheje ijambo ry’Uhoraho banga kugendera mu nzira zabasogokuruza babo kuko bagendeye mugukiranuka ariko abana babo bakunze iby’isi niyompamvu nanjye nta zatuma bagira icyo baragarika uko niko Uwiteka avuga.

Byuka wandike ibyo nkeretse kuko byihuse gusohora kugirango ababisoma babimenye kandi bamugezeho amakuru ye y’ijambo riturutse k’Uwiteka Imana yabakiranutsi.Nuko mbere yuko ngaruka mu mubiri ndatambika erekeza mu nkokora z’ubutayu mpasanga umudamu witwa Mama Linda wakundaga uwo mu Pastor cyane akamufasha mubijyanye n’ubumubiri maze mbona nawe yarafunguye urusengero mu gihugu cy’ubutayu bugufiya ariko urusengero rwe rwali rugizwe nabagore gusa gusa (Bisobanura abarozi)nuko numva umudamu umwe(Itorero) avuga ngo nta bwo umuhanuzi Majeshi Leon ashobora gusengera murusengero rwanyu ntarukundo mufite ngo icyo nicyo kimuranga ahantu hatari urukundo ntashobora kuhinjira.Maze wa mudamu aramubaza ati,abwirwa niki ahantu hatar’urukundo?Undi aramusubiza ati,sinzi uko abimenya ariko iyo agezemo agasanga ntarukundo ruharangwa ako kanya ahita yihagurukira akisohokera nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Mama Linda yinjijwe mu butayu no gukora umurimo atahamagariwe uko niko Uwiteka avuga.

27th FEB,2016 ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,kuraho amabanga yawe kuri mudasobwa kuri (screen) kuko barushimusi bagiye gukoresha ikorana buhanga rya Rimote Access Files(RMF) maze bakabona uko binjira muri mudasobwa yawe bagahita basenya gakondo y’umuhanuzi uko niko Uwiteka avuga.

Dore barakurakariye cyane bikaje ndetse bitabaho kuko bahanganye nubuhanuzi kandi ukaba ukomeje kubahanurira ibyago bakaba ariyo mpamvu badashobora ku kureka ngo umecye nagato,ariko Uwiteka Imana yawe ntizabura ku kugirira neza uko niko Uhoraho avuga.

Dore inkozi zikibi zikozwe nisoni kuko Uwiteka akingiye umuryango hagati ya banzi bawe hamwe n’inkozi zibibi ndetse nabiyita inshuti zawe bihishe mu bwihisho nyamara abo bose Uhoraho agiye kubanika abashyire ahagaragara kugirango bamenyekane kuko iki gihe ar’igihe cy’ubucamanza hamwe n’ubutabera bw’Uhoraho kandi abakiranutsi dore imanza zabo zimaze amezi abiri zitangiye naho abakiranirwa izabo zimaze imyaka itatu zitangiye niko Uhoraho avuga

Humura erega Uwiteka niwe washatse ko bigenda gutyo kugirango atunganye kwizera kwawe ndetse nabakiranutsi bazabashe kukwigiraho kuko iyo basoma ibyanditswe bibwira yuko ibyo basoma bitabayeho cyangwa abantu bicyo gihe baba batandukanye na biki gihe,nyamara babuze ukwizera naho abantu nibabandi ndetse n’Imana ntiyigeze ihinduka niko Uwiteka avuga.

Dore barushimusi bakozwe nisoni ibyo bari kugukorera nibyo umwakagara agiye kubakorera kugirango bamenye yuko kurwanya umuntu w’Imana(Bamenya) bidashoboka kandi ko bisemerera ndetse bigatera umuvumo.Ni kenshi abantu bakoresha izina ry’Uhoraho bishakira icyubahiro ariko,ariko imbuto zibyo biyitirira ntizishobore kugaragara nyamara bavuga ko ngo arabakozi b’Uhoraho.

Ariko igihe cyose hazahagurutswa umuntu w’Imana abantu bagatangira kumujonjora,ntakabuza Uwiteka nawe ntazabura kubajonjora uko niko Uhoraho avuga.Nuko mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo woherezwa mu gihugu cyo mu butayu bugufiya kubera kunanirwa gutunganya imigmabi y’ubugome n’ubugizi bwa nabi,ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,abanzi bawe bashyizwe mu butayu bagiye kwigishwa kubaha umuntu w’Uhoraho(bamenya) kuzageza igihe Uwiteka azacururuka umujinya we nibwo azabakuraho agacuma kuzuye umujinya abasutseho niko Uhoraho avuga.

Na none nerekwa iby’umuhanuzi mukuru,mbona azamuka ahantu hazamuka cyane amaze kuharangiza,mbona hahindutse ikinogo kire kire cyane mu nzira nyabagendwa yanyuragamo,nuko ndebye hirya mbona hari mbaraga zatakaye zidafite nyirazo,mbwira umuhanuzi mukuru ngo agende azitorere ko zabuze uwazikoresha iby’umumaro nuko maze kumuburira aragenda arazitaro azishyira mu bubiko ntangazwa nuko mu bantu bose banyuragaho batigeze barabukwa iby’izo ngufu zabaye imfabusa!

RELATED ARTICLES
- Advertisment -
Google search engine

Most Popular

Recent Comments